• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Incamake y’amakuru yatangajwe na Polisi y’u Rwanda mu cyumweru gishize

Incamake y’amakuru yatangajwe na Polisi y’u Rwanda mu cyumweru gishize

Editorial 20 Feb 2017 Mu Mahanga

Amakuru Polisi y’u Rwanda yatangaje mu cyumweru gishize ku rubuga rwayo rwa murandasi; ari rwo:www.police.gov.rw yakanguriraga abaturarwanda kwirinda ibyaha no kugira uruhare mu kubirwanya no kubikumira, hagamijwe gukomeza gufatanya kubungabunga umutekano.

Aya ni yo makuru y’ingenzi yaranze Polisi y’u Rwanda mu cyumweru gishize:

Urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira no kurwanya ibyaha rwahuriye mu mwiherero

Komite nyobozi n’abayobozi b’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira no kurwanya ibyaha ku rwego rw’akarere baturutse mu gihugu hose, babitewemo inkunga n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere (RGB), na Polisi y’u Rwanda, ku wa gatandatu tariki 18 Gashyantare, rwakoze umwiherero w’umunsi umwe, basuzumira hamwe aho bageze bashyira mu bikorwa intego yabo nyamukuru yo gukumira no kurwanya ibyaha.

Uyu mwiherero wabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru. Mu kiganiro bahawe n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP) Emmanuel K. Gasana, yashimiye uru rubyiruko ibyo bamaze kugeraho mu gukumira no kurwanya ibyaha, abasaba gukomeza gukorera ku ntego. Ibikurikiyeho.

Kirehe: Abarobyi bafashe umusore winjizaga urumogi mu gihugu

Ku itariki ya 17 Gashyantare, abarobyi bakorera akazi kabo mu ruzi rw’Akagera bafashe umugabo witwa Ntibaziganya Emmanuel w’imyaka 28, ubwo yinjizaga mu gihugu urumogi rw’ibiro 20, agerageza kurucisha ku cyambu cya Rushonga kiri mu murenge wa Mpanga, akarere ka Kirehe. Ibikurikiyeho.

Polisi y’u Rwanda irihanangiriza abantu batanga ruswa ngo bahabwe uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga

Polisi y’u Rwanda mu karere ka Nyanza, ku wa gatatu tariki ya 15 Gashyantare yafashe umugore ukekwaho kugerageza guha ruswa umupolisi wakoreshaga ibizamini by’impushya zo gutwara ibinyabiziga ngo amufashe kurubona.

Uyu mugore witwa Tuyizere Claudine w’imyaka 33 ubu ufungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Busasamana, akaba yarafashwe ageragezaga guha ruswa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi ijana na mirongo itanu (150,000Frw) uwo mupolisi wakoreshaga ibizamini kugira ngo amuhere musaza we witwa Imanishimwe Valens w’imyaka 23 uruhushya rwo gutwara moto kuko yari amaze gutsindwa ikizamini cyateganyijwe. Ibikurikiyeho.

Abayobozi b’Urubyiruko rw’Abaisilamu biyemeje kugira uruhare mu gukumira ubutagondwa

Abayobozi b’Urubyiruko rw’Idini ya Isilamu mu Rwanda rwiyemeje kuba abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu gukumira ingengabitekerezo y’ubutagondwa n’ubuhezanguni.

Ibi rwabyiyemeje ku itariki 16 z’uku Kwezi mu mahugurwa y’umunsi umwe yabereye ku Cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru; akaba yaritabiriwe n’abagera kuri 75. Ayo mahugurwa yateguwe n’Umuryango w’Abaisilamu mu Rwanda (RMC) ufatanije na Polisi y’u Rwanda. Ibikurikiyeho.

Isange One Stop yatangirije ubukangurambaga ku gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu bitaro bya Rwinkwavu

Ku wa kane tariki ya 16 Gashyantare, Polisi y’u Rwanda ibinyujije mu Isange One Stop Center, yatangije ubukangurambaga ku gukumira no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, butangirizwa mu bitaro bya Rwinkwavu biri mu murenge wa Rwinkwavu, mu karere ka Kayonza.

Ubu bukangurambaga bufite insanganyamatsiko igira iti:” Twese hamwe dufatanye mu kurandura ihohoterwa iryo ari ryo ryose rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.” Ibikurikiyeho.

Gusesengura no guhanahana amakuru ku gihe ni ishingiro ryo gukumira ibyaha – CP Butera

Komiseri ushinzwe ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda no kugarura ituze, Commissioner of Police (CP) Emmanuel Butera yabwiye abagize Komite zo kubungabunga umutekano bo mu karere ka Rwamagana ko gusesengura amakuru bahawe no kuyaha izindi nzego zibishinzwe ku gihe ari ingenzi mu kurwanya ibyaha.

Ibi yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’abo mu murenge wa Nzige 82 ku itariki 15 z’uku Kwezi; aho yababwiye ati,”Ukumira ibyaha kuko wamenye ko hari umugambi wo kubikora. Niba ubonye amakuru yerekeye ikintu kinyuranije n’amategeko, yasesengure; hanyuma ayasangize izindi nzego zibishinzwe kugira ngo habeho gufatanya kubikumira.” Ibikurikiyeho.

Rulindo: Umubitsi w’Umurenge SACCO afunzwe akekwaho kunyereza amafaranga

Ku itariki ya 14 Gashyantare, Umubitsi w’Ikigo cy’imari iciriritse cyo mu murenge wa Base”Umurenge SACCO”, akarere ka Rulindo (SACCO Izuba Base), yafashwe na Polisi y’u Rwanda acyekwaho kunyereza amafaranga y’icyo kigo arenga miliyoni.

Ufunzwe acyekwaho iki cyaha ni uwitwa Habaguhirwa Jean Claude; akaba yarafashwe nyuma y’ubugenzuzi bwakozwe n’ubuyobozi bw’ iyo Sacco, bikaza kugaragara ko hari amafaranga ari kubura, ubwo buyobozi buhita bubimenyesha Polisi. Ibikurikiyeho.

Nyabugogo: Abakoraga ubujura butandukanye bashyizeho ihuriro ryo gukumira ibyaha

Urubyiruko rugera ku 157 rwahoze rukora ibikorwa by’ubujura bitandukanye mu gace ka Nyabugogo mu Mujyi wa Kigali rwiyemeje kubireka; ubu rukaba rwarashyizeho ihuriro ryabo ryitwa” Hinduka uhindure abandi” rigamije gutanga umusanzu mu kurwanya ibyaha bakoraga. Ibikurikiyeho.

Ikoranabuhanga rishya mu kugenzura umutekano wo mu muhanda ryafashije gufata impushya z’impimbano

Uburyo bushya bw’ikoranabuhanga bufasha muri serivisi z’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda buzwi nka Hand Held Terminal (HHT), bumaze kubyara umusaruro, dore ko mu mpera z’iki cyumweru bwatumye hafatwa abagabo 2 bakekwaho gukoresha impushya zo gutwara ibinyabiziga z’impimbano. Ibikurikiyeho.

Polisi y’u Rwanda irimo gupima SIDA Abapolisi n’abafatanyabikorwa mu kubungabunga umutekano bo muri Karongi

Itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bakora mu Ishami ryayo ry’ubuvuzi barimo gupima ku buntu agakoko gatera SIDA abapolisi n’abafatanyabikorwa mu kubungabunga umutekano bo mu karere ka Karongi.

-5789.jpg

Iki gikorwa cyatangiye ku itariki 10 z’uku Kwezi. Biteganyijwe ko kizamara iminsi icumi. Iyi serivisi irimo guhabwa abagize Komite zo kubungabunga umutekano, abagize Urwego rwunganira akarere mu gucunga umutekano (DASSO), Inkeragutabara , Abajyanama b’ubuzima, n’imiryango y’abagize ibi byiciro. Ibikurikiyeho.

RNP

2017-02-20
Editorial

IZINDI NKURU

Kicukiro:  Umugabo yatawe muri yombi ashinjwa kwica atwitse mushiki we babyaranye

Kicukiro: Umugabo yatawe muri yombi ashinjwa kwica atwitse mushiki we babyaranye

Editorial 27 Oct 2016
Inama zabereye muri Rwamagana na Kicukiro zafatiwemo ingamba zo kubumbatira umutekano

Inama zabereye muri Rwamagana na Kicukiro zafatiwemo ingamba zo kubumbatira umutekano

Editorial 29 Oct 2016
Murukiko rwa Gisilikare Brig.Gen. Rusagara yagaramye ibyo ashinjwa n’abatangabuhamya

Murukiko rwa Gisilikare Brig.Gen. Rusagara yagaramye ibyo ashinjwa n’abatangabuhamya

Editorial 09 Jan 2016
Rwamagana: Polisi yafashe abagabo babiri basabaga abaturage amafaranga biyitirira akazi badakora

Rwamagana: Polisi yafashe abagabo babiri basabaga abaturage amafaranga biyitirira akazi badakora

Editorial 26 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Turebere hamwe Uruhare rw’izahoze ari Ingabo z’u Rwanda mu itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Turebere hamwe Uruhare rw’izahoze ari Ingabo z’u Rwanda mu itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 04 Mar 2024
U Rwanda rwabyakiriza yombi Uganda isabye abaturage bayo bakora magendu kurwirinda
POLITIKI

U Rwanda rwabyakiriza yombi Uganda isabye abaturage bayo bakora magendu kurwirinda

Editorial 24 Jan 2020
Youtube igiye gushora miliyoni 20$ mu guteza imbere uburezi
IKORANABUHANGA

Youtube igiye gushora miliyoni 20$ mu guteza imbere uburezi

Editorial 25 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru