• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Incamake y’ibyo Polisi y’u Rwanda yakoze mu Kwezi kwayo mu 2017

Incamake y’ibyo Polisi y’u Rwanda yakoze mu Kwezi kwayo mu 2017

Editorial 20 Jun 2017 Mu Rwanda

Ibikorwa by’Ukwezi kwa Polisi y’u Rwanda mu mwaka wa 2017 byibanze ku kugeza amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba ku batuye mu bice by’icyaro bitaragezwamo amashanyarazi asanzwe, gufatanya n’abaturage mu bikorwa by’iterambere birimo guhanga imihanda no kubaka ibiraro n’intindo; ibyo bikiyongera ku kubakangurira kwirinda ibyaha no gufatanya kubikumira.

Igikorwa cyo gusoza Ukwezi kw’ibikorwa byayo cyabereye kuri Sitade ya Kigali ku wa 16 Kamena uyu mwaka. Uwo muhango wahuriranye no kwizihiza Isabukuru yayo y’imyaka 17 imaze ishyizweho; dore ko yashyizweho ku wa 16 Kamena 2000 ihuje inzego eshatu; ari zo: Gendarmerie (Jendarumeri),Polisi Kominali ( Police Communale), n’Urwego rw’Ubugenzacyaha rwabarizwaga muri Minisiteri y’Ubutabera.

Umuhango wo kwizihiza Isabukuru yayo witabiriwe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame; akaba ari na we wari Umushyitsi Mukuru.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye uwo muhango, Perezida Kagame yagize ati,”Birumvikana ko Polisi yacu y’igihugu ikiri ntoya.Imyaka 17 gusa ni mike.Irakiyubaka. Ariko ndagira ngo mbashimire imirimo myiza ikorwa, harimo no gukomeza kwiyubaka.”

Mu bandi baje kwifatanya na Polisi kwizihiza Isabukuru yayo harimo Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, Minisitiri w’Uburezi, Papias Malimba Musafiri, n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Evode Uwizeyimana.

Witabiriwe kandi n’abafatanyabikorwa ba Polisi barimo Urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha, Abagize Komite zo kubungabunga umutekano, Abana b’ingimbi bitwa Imitavu bo mu karere ka Kirehe, Abagize Urwego rwunganira uturere mu gucunga umutekano (DASSO), n’Abagize Amahuriro yo gukumira ibyaha barimo Abahanzi , abanyeshuri n’abatwara abagenzi ku (mu) binyabiziga.

Bimwe mu byo Polisi yakoze muri uko Kwezi:

Minisitiri Busingye yabwiye abari aho ko mu byo Polisi yakoze mu Kwezi kw’ibikorwa byayo harimo kugeza amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba ku ngo zisaga 3400 n’Ibigo nderabuzima 20, kugeza amazi meza ku miryango isaga 600; kwishyurira Ubwisungane bw’ubwishingizi bwo kwivuza imiryango isaga 700, no guhanga imihanda ireshya na kilometero zisaga 60.

Yongeyeho ko mu bindi Polisi yakoze muri icyo gihe cy’ukwezi harimo gukangurira abaturage basaga 16,000 hirya no hino mu gihugu kwirinda ibyaha no gufatanya kubikumira, kuganiriza abanyeshuri basaga 92,000 ku ngaruka zo kwishora mu biyobyabwenge; kandi ko Polisi yafatanyije n’izindi nzego ndetse n’abaturage gukora ibikorwa by’iterambere birimo kubakira imiryango itishoboye amazu, ubwiherero n’ibikoni, kuyisanira amazu, gutera umuti wica nkongwa yibasiye imyaka mu bihe bishize no gutunganya imihanda itari mike mu bice bitandukanye by’igihugu.

Polisi yigishije kandi abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko y’umuhanda. Yigishije kandi abanyeshuri n’abandi banyamaguru uburyo bukurikije amategeko bwo kugenda mu muhanda; ibi byose bikaba byari bigamije gukumira impanuka ziwuberamo zihitana zikanakomeretsa abawukoresha.

Ubutumwa bw’Imitavu mu muhango wo kwizihiza Isabukuru ya Polisi

Imitavu yatanze ubutumwa bukangurira Abaturarwanda kwirinda kwishora mu biyobyabwenge, gufatanya gukumira ihohotera rikorerwa abana, kwirinda Ingengabitekerezo ya Jenoside, kwimakaza Ndi Umunyarwanda, kurengera no kubungabunga ibidukikije no kwirinda ibyaha by’uburyo bwose.

-7007.jpg

Mu butumwa bw’izo ngimbi zakunze kugaruka ku ijambo rigira riti:”Byose tubikesha Ubuyobozi bwiza.”

Abo bana bashoje ubutumwa bwabo bagira bati:”Rwanda itajengwa na sisi wenyewe. Aya akaba ari amagambo y’Ururimi rw’Igiswahili asobanura mu Kinyarwanda ngo:”Ni twe twenyine tuzubaka U Rwanda.”

2017-06-20
Editorial

IZINDI NKURU

Yafatiwe ku mupaka wa Gatuna agerageza gutoroka nyuma yo gukatirwa azira gusambanya umwana

Yafatiwe ku mupaka wa Gatuna agerageza gutoroka nyuma yo gukatirwa azira gusambanya umwana

Editorial 24 Mar 2018
Amafoto: Yannick Mukunzi yakoranye imyitozo n’ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje kwitegura imikino ibiri isoza iyo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021

Amafoto: Yannick Mukunzi yakoranye imyitozo n’ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje kwitegura imikino ibiri isoza iyo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021

Editorial 20 Mar 2021
Symphony Bond irateganya kureka gucurangira abandi bahanzi ahubwo nabo bagatangira kwitabira ibitaramo bacurangagamo

Symphony Bond irateganya kureka gucurangira abandi bahanzi ahubwo nabo bagatangira kwitabira ibitaramo bacurangagamo

Editorial 31 Mar 2021
Gasabo: Polisi y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo bahaye amazi meza n’amashanyarazi abaturage

Gasabo: Polisi y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo bahaye amazi meza n’amashanyarazi abaturage

Editorial 08 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umufana wa APR FC yarohamye mu kivu ashira mo umwuka
ITOHOZA

Umufana wa APR FC yarohamye mu kivu ashira mo umwuka

Editorial 26 Sep 2017
David Himbara kuri uyu wa Gatanu arongera kwitaba Urukiko rwa Toronto East Court
ITOHOZA

David Himbara kuri uyu wa Gatanu arongera kwitaba Urukiko rwa Toronto East Court

Editorial 17 Jul 2016
Amakipe 78 aturutse hirya no hino ku isi agiye guhurira mu karere ka Rubavu muri IFVB Beach Volleyball 2-star World Tour tournament.
Amakuru

Amakipe 78 aturutse hirya no hino ku isi agiye guhurira mu karere ka Rubavu muri IFVB Beach Volleyball 2-star World Tour tournament.

Editorial 09 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru