• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Induru yo kwa Rusesabagina ipfuye ubusa, bidasubirwaho Johnson Busingye ni Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza

Induru yo kwa Rusesabagina ipfuye ubusa, bidasubirwaho Johnson Busingye ni Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza

Editorial 21 Mar 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Muri Kanama 2021 ubwo Leta y’u Rwanda yatangazaga ko Johnson Busingye wari umaze igihe ari Minisitiri w’Ubutabera, agizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, ibigarasha n’abajenosideri basimbukiye ku isunzu ry’inzu, badashaka ko Bwana Busingye ajya muri uwo mwanya.

Abari ku isonga mu kuvuza iyabahanda, ni abo mu muryango wa Paul Rusesabagina n’abanyamahanga bamushyigikiye mu bikorwa bye by’iterabwoba. Abana n’umugore wa Rusesabagina ndetse n’udutsiko nka Lantos Foundation usanzwe ari inkoramutima ya “Bin Laden w’Umunyarwanda”, barasaze barasizora ngo Johnson Busingye ntiyemererwe guhagararira u Rwanda mu Bwongereza, ngo kuko yagize uruhare mu itabwa muri yombi rya Rusesabagina.

Byari ukwikirigita bagaseka ariko, kuko umubano w’ibihugu udashobora gushingira ku marangamutima y’abantu ku giti cyabo. Byagera kuri Paul Rusesabagina bwo, bikumvikana ko Ubwongereza butari kwemera gutakaza ubucuti hagati yabwo n’u Rwanda, kubera icyihebe cyahamwe n’ibyaha byo kwica abaturage b’inzirakarengane, abandi abagira ibimuga, imitungo yabo irononwa, indi irasahurwa.

Kuwa gatanu ushize rero, tariki 18 Werurwe 2022, nibwo Ubwongereza bwatangaje ko Busigye Johnson yemerewe guhagararira uRwanda muri icyo gihugu. Abo kwa Rusesabagina, ibigarasha, abajenosideri n’ababatera inkunga, bahise bajya mu cyunamo, ikimwaro kirabakora, babona ko politiki bakina ari iya giswa cyane.

Abazi neza izi nkorabusa, cyane cyane izibundabunda mu Burayi, Amerika na Canada, baduhishuriye ko zatangiye gusubiranamo, zishinjanya ubushishozi buke. Abo baswa baritana bamwana, bamwe barega abandi kubagusha mu kimwaro n’igisebo, ngo kuko byabonekaga ko kwamagana Bwana Busingye ari urugamba batari gutsinda.

Nta gihe Abanzi b’uRwanda batatsinzwe, ariko noneho uyu mwaka ubanza uzasiga n’abari bagihanyanyaza bazinutswe ibyo gushotora uRwanda. Aya mezi 3 gusa ashize yagombye kubereka ko iminsi yabo ibaze,
Bimwe mu byashegeje inyangabirama, ni inkuru y’Umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni akaba n’Umugaba w’Ingabo Zirwanira ku Butaka, umaze kugirira uruzinduko mu Rwanda ubugira kabiri. Gen Muhoozi Kainerugaba yatanze ubutumwa ko Uganda yifuza kubana neza n’u Rwanda, maze abari bafite inyungu mu bushyamirane bw’ibihugu byombi batangira kubunza imitima.

Ikindi cyashenguye ibigarasha n’abajenosideri, ni icyemezo cy’ubutabera bwo mu Bufaransa bwatangaje ko urubanza rw’ihanurwa ry’indege ya Yuvenari Habyarimana ruteshejwe agaciro burundu.

Ibi bivuze ko ntawe uzongera gushyira ku nkeke abayobozi ba RPF-Inkotanyi, bari bamaze imyaka bashinjwa ibinyoma, bagerekwaho ihanurwa ry’iyo ndege. Ibiramambu ahubwo, abari bagize “Akazu”, ari nabo bateguye bakanashyira mu bikorwa umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu nibo barushijeho kwikorera umutwaro w’urupfu rwa shebuja Habyarimana, kandi rurabahama.

Indi nkuru yaranze aya mezi 3 gusa, ni iyashimangiye ko inama ya CHOGM, ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza, bidapfa bidapfusha izabera mu Rwanda muri Kamena uyu mwaka wa 2022. Inshuro 2 ziheruka iyi nama ikomeye cyane yagiye isubikwa kubera icyorezo cya COVID-19, maze ibigarasha n’abajenosideri bakikomanga ku gatuza ngo bagize uruhare muri iryo subikwa. Aho bumviye rero ko noneho izabera i Kigali, amenyo bayamariye mu nda.

Abagizi ba nabi rero n’ubwo ari ingumba z’amatwi, bari bakwiye kubona ko bakina n’ikipe batazi. Bakwiye kureka guta igihe bagataha, cyane ko benshi n’imyaka ibajyanye, ejo batazagwa Igihugu igicuri, kandi cyo cyiteguye kubakira. Ibyaye ikiboze irakirigata!

2022-03-21
Editorial

IZINDI NKURU

Rubavu: Abaturage bashimishijwe na serivisi bahabwa zo gupimisha imodoka zabo

Rubavu: Abaturage bashimishijwe na serivisi bahabwa zo gupimisha imodoka zabo

Editorial 16 Sep 2016
Umuhanzi Bonhomme ari mu gahinda ko kubura umubyeyi umubyara

Umuhanzi Bonhomme ari mu gahinda ko kubura umubyeyi umubyara

Editorial 25 Jun 2021
Uganda: Umupolisi yafashwe yibye inka 2 azitwaye muri ‘pandagari’

Uganda: Umupolisi yafashwe yibye inka 2 azitwaye muri ‘pandagari’

Editorial 03 May 2018
Brussels Airlines yizihije umunsi w’abagore ibaha kuyobora ingendo z’indege zayo

Brussels Airlines yizihije umunsi w’abagore ibaha kuyobora ingendo z’indege zayo

Editorial 08 Mar 2018
Rubavu: Abaturage bashimishijwe na serivisi bahabwa zo gupimisha imodoka zabo

Rubavu: Abaturage bashimishijwe na serivisi bahabwa zo gupimisha imodoka zabo

Editorial 16 Sep 2016
Umuhanzi Bonhomme ari mu gahinda ko kubura umubyeyi umubyara

Umuhanzi Bonhomme ari mu gahinda ko kubura umubyeyi umubyara

Editorial 25 Jun 2021
Uganda: Umupolisi yafashwe yibye inka 2 azitwaye muri ‘pandagari’

Uganda: Umupolisi yafashwe yibye inka 2 azitwaye muri ‘pandagari’

Editorial 03 May 2018
Brussels Airlines yizihije umunsi w’abagore ibaha kuyobora ingendo z’indege zayo

Brussels Airlines yizihije umunsi w’abagore ibaha kuyobora ingendo z’indege zayo

Editorial 08 Mar 2018
Rubavu: Abaturage bashimishijwe na serivisi bahabwa zo gupimisha imodoka zabo

Rubavu: Abaturage bashimishijwe na serivisi bahabwa zo gupimisha imodoka zabo

Editorial 16 Sep 2016
Umuhanzi Bonhomme ari mu gahinda ko kubura umubyeyi umubyara

Umuhanzi Bonhomme ari mu gahinda ko kubura umubyeyi umubyara

Editorial 25 Jun 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru