• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ingabire Victoire n’ibindi bigarasha n’abajenosideri bazicwa n’agahinda kubera icyizere amahanga akomeje kugirira u Rwanda

Ingabire Victoire n’ibindi bigarasha n’abajenosideri bazicwa n’agahinda kubera icyizere amahanga akomeje kugirira u Rwanda

Editorial 14 Apr 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Ingero zerekana ko u Rwanda rufitiwe icyizere mu ruhando rw’amahanga zigaragarira buri wese ushaka kuzibona, zirimo amasezerano y’ubufatanye ibihugu byinshi byagiranye cyangwa byifuza kugirana n’u Rwanda, mu bijyanye n’ ubucuruzi, gucunga umutekano, ubuvuzi, ikoranabuhanga n’izindi nzego nyinshi.

Urugero rwa hafi ni amasezerano u Rwanda rumaze kugirana n’Ubwongereza, akubiyemo gahunda yo kwakira abimukira babaga mu Bwongereza mu buryo bunyuranye n’amategeko, u Rwanda rukaba rwiyemeje kubabera nk’iwabo, kuko ntacyo bazaruburana.

Ibi byemejwe kuri uyu wa kane, tariki 14 Mata 2022, na Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, Boris Johnson, bikaba binahuriranye n’ uruzinduko Minisitiri w’ icyo gihugu ushinzwe Umutekano, Priti Patel, arimo mu Rwanda.

Aya masezerano ashimangira intambwe ikomeye u Rwanda rukomeje gutera mu kurengera uburenganzira bwa muntu, yashegeshe imitima y’abanyeshyari, biganjemo ibigarasha n’abajenosideri batifuza ko hari icyiza cyavugwa ku Rwanda.

Inyangabirama ya mbere yabababajwe n’ubu bufatanye hagati y’u Rwanda n’Ubwongereza, ni Ingabire Victoire alias IVU, umufatanyabikorwa w’imitwe y’iterabwoba nka FDLR/FDU. Mu nyandiko utamenya n’uwo igenewe, uyu mugore uhora ashotorana yamaganye kuba u Rwanda rugiye kuvana mu gihirahiro aba bimukira babagaho byo kurenza umunsi, batazi uko ejo habo hazaba hameze. IVU yagarutse kuri ya ndirimbo we n’izindi nkorabusa bahoza mu kanwa, ngo mu Rwanda nta burenganzira bwa muntu buhaba, ngo abaturage ntibishimye, ukaba wagirango abantu bose ni ingumba z’amaso n’amatwi nka we.

Uyu munyabyaha wafunguwe n’imbabazi za Perezida wa Rebubulika niwe koko ukwiye kwihandagaza akavuga ko uburenganzira bw’umuturarwanda butubahirizwa? Cyeretse icyakora niba ashaka kuvuga ko amategeko y’u Rwanda akabya kwihanganira abagizi ba nabi, kuko ubundi we ubwe yagombye kuba yarasubiye muri gereza kubera isubiracyaha yagize umwuga. Uyu mugome yihutiye gusebya u Rwanda asohora ibitakaragahinga ngo ni amatangazo, nyamara kuva icyunamo cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi cyatangira, nta n’ijambo na rimwe yigeze avuga ngo yifatanye n’ abandi Banyarwanda.

Yakwifatanya nabo ate se kandi ahora apfobya akanahakana iyo Jenoside? Yakwamagana abajenosideri ate se, kandi nyina umubyara ari ruharwa, abarwanashyaka be hafi ya bose bajejeta amaraso ku ntoki?

Inyandiko ya Ingabire Victoire iramutamaza, kuko igaragaza ko akorana ku mugaragaro n’abagizi ba nabi. N’ikimenyimenyi amahomvu ye arasa neza n’ayo abandi banyeshyari bashyize ku mbuga nkoranyambaga, bashenguwe n’uko ijambo ry’u Rwanda rikomeje kumvikana mu ruhando rw’amahanga.

Icyakora abashyira mu gaciro bashubije IVU n’abambari be mu myanya yabo, uretse ko ntawe utokora ifuku. Abantu benshi bababwiye ko Ubwongereza atari igihugu cy’impumyi ku buryo cyakohereza abantu mu Rwanda kizi ko bazafatwa nabi. Babibukije ko atari uwa mbere u Rwanda rugiye kwakira abimukira, kuko abasaga igihumbi bamaze kugera mu Rwanda bavanywe mu menyo ya rubamba muri Libiya, aho bageze bagerageza kujya mu bihugu by’Uburayi ariko bikabangira, ubu bakaba bafashwe neza cyane mu Rwanda.

Urundi rugero rw’ubumuntu rwatanzwe ni uburyo u Rwanda rwiyemeje gutabara abari mu ngorane hirya no hino ku isi, nko muri Darfour, Santarafurika, Cabo Deldado ho muri Mozambike, n’ahandi.

Mu minsi yashize ubwo inama y’Ibihugu bya Commonwealth yasubikwaga ubugira kabiri kubera icyorezo cya COVID-19, ibigarasha n’abajenosideri barabyishimiye cyane, bagera n’aho biyitirira ko aribo bayibujije kuba. Aba ba IVU, umunywarumogi David Himbara n’abandi bataye umutwe babyiniye ku rukoma, ariko baza gukubitwa n’inkuba aho byemerejwe ko bidakuka inama ya Commonwealth izabera mu Rwanda muri Kamena uyu mwaka wa 2022.

Birumvikana umwanzi ntiyakwifuriza ko uvugwa neza, kuko ahora aharanira guhindanya isura yawe. Ariko aba biha kugambanira u Rwanda bagombye kubona ko bata igihe rwose, kuko buri gihe babona ibinyuranye n’ibibi barwifuriza. Nibakomeze bomongane, Abanyarwanda bazima bakomeze barukorere, ubwo amateka azaca urubanza, Umwanzi agucira akobo Imana igucira akanzu!

2022-04-14
Editorial

IZINDI NKURU

Muri Kenya abayobozi b’Imbuga nkoranyambaga baraburirwa kwirengera ingaruka z’inyandiko zibiba urwango mu gihe cy’Amatora

Muri Kenya abayobozi b’Imbuga nkoranyambaga baraburirwa kwirengera ingaruka z’inyandiko zibiba urwango mu gihe cy’Amatora

Editorial 25 Oct 2017
Rwamagana: Abayisiramu bashima Perezida Kagame wabahaye ijambo ntibongera kwitwa Abaswayire

Rwamagana: Abayisiramu bashima Perezida Kagame wabahaye ijambo ntibongera kwitwa Abaswayire

Editorial 10 Jun 2017
Mu mikino ya gishuti, ikipe ya Police FC yatsinze Gasogi United, AS Muhanga itsindwa na AS Kigali naho Bugesera FC na Sunrise bagwa miswi.

Mu mikino ya gishuti, ikipe ya Police FC yatsinze Gasogi United, AS Muhanga itsindwa na AS Kigali naho Bugesera FC na Sunrise bagwa miswi.

Editorial 07 Jun 2021
AMAFOTO – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye muri BK Arena

AMAFOTO – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye muri BK Arena

Editorial 22 Feb 2025
Muri Kenya abayobozi b’Imbuga nkoranyambaga baraburirwa kwirengera ingaruka z’inyandiko zibiba urwango mu gihe cy’Amatora

Muri Kenya abayobozi b’Imbuga nkoranyambaga baraburirwa kwirengera ingaruka z’inyandiko zibiba urwango mu gihe cy’Amatora

Editorial 25 Oct 2017
Rwamagana: Abayisiramu bashima Perezida Kagame wabahaye ijambo ntibongera kwitwa Abaswayire

Rwamagana: Abayisiramu bashima Perezida Kagame wabahaye ijambo ntibongera kwitwa Abaswayire

Editorial 10 Jun 2017
Mu mikino ya gishuti, ikipe ya Police FC yatsinze Gasogi United, AS Muhanga itsindwa na AS Kigali naho Bugesera FC na Sunrise bagwa miswi.

Mu mikino ya gishuti, ikipe ya Police FC yatsinze Gasogi United, AS Muhanga itsindwa na AS Kigali naho Bugesera FC na Sunrise bagwa miswi.

Editorial 07 Jun 2021
AMAFOTO – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye muri BK Arena

AMAFOTO – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye muri BK Arena

Editorial 22 Feb 2025
Muri Kenya abayobozi b’Imbuga nkoranyambaga baraburirwa kwirengera ingaruka z’inyandiko zibiba urwango mu gihe cy’Amatora

Muri Kenya abayobozi b’Imbuga nkoranyambaga baraburirwa kwirengera ingaruka z’inyandiko zibiba urwango mu gihe cy’Amatora

Editorial 25 Oct 2017
Rwamagana: Abayisiramu bashima Perezida Kagame wabahaye ijambo ntibongera kwitwa Abaswayire

Rwamagana: Abayisiramu bashima Perezida Kagame wabahaye ijambo ntibongera kwitwa Abaswayire

Editorial 10 Jun 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru