• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ?    |   29 May 2025

  • INGABIRE VICTOIRE AKOMEJE KUBA UMUYOBORO UNYUZWAMO AMAFARANGA ATERA INKUNGA FDLR   |   29 May 2025

  • Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza   |   29 May 2025

  • AMAFOTO: APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025, kiba igikombe cya 6 itwaye yikurikiranya   |   29 May 2025

  • “FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR   |   28 May 2025

  • Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026   |   28 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ingabire Victoire n’ibindi bigarasha n’abajenosideri bazicwa n’agahinda kubera icyizere amahanga akomeje kugirira u Rwanda

Ingabire Victoire n’ibindi bigarasha n’abajenosideri bazicwa n’agahinda kubera icyizere amahanga akomeje kugirira u Rwanda

Editorial 14 Apr 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Ingero zerekana ko u Rwanda rufitiwe icyizere mu ruhando rw’amahanga zigaragarira buri wese ushaka kuzibona, zirimo amasezerano y’ubufatanye ibihugu byinshi byagiranye cyangwa byifuza kugirana n’u Rwanda, mu bijyanye n’ ubucuruzi, gucunga umutekano, ubuvuzi, ikoranabuhanga n’izindi nzego nyinshi.

Urugero rwa hafi ni amasezerano u Rwanda rumaze kugirana n’Ubwongereza, akubiyemo gahunda yo kwakira abimukira babaga mu Bwongereza mu buryo bunyuranye n’amategeko, u Rwanda rukaba rwiyemeje kubabera nk’iwabo, kuko ntacyo bazaruburana.

Ibi byemejwe kuri uyu wa kane, tariki 14 Mata 2022, na Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, Boris Johnson, bikaba binahuriranye n’ uruzinduko Minisitiri w’ icyo gihugu ushinzwe Umutekano, Priti Patel, arimo mu Rwanda.

Aya masezerano ashimangira intambwe ikomeye u Rwanda rukomeje gutera mu kurengera uburenganzira bwa muntu, yashegeshe imitima y’abanyeshyari, biganjemo ibigarasha n’abajenosideri batifuza ko hari icyiza cyavugwa ku Rwanda.

Inyangabirama ya mbere yabababajwe n’ubu bufatanye hagati y’u Rwanda n’Ubwongereza, ni Ingabire Victoire alias IVU, umufatanyabikorwa w’imitwe y’iterabwoba nka FDLR/FDU. Mu nyandiko utamenya n’uwo igenewe, uyu mugore uhora ashotorana yamaganye kuba u Rwanda rugiye kuvana mu gihirahiro aba bimukira babagaho byo kurenza umunsi, batazi uko ejo habo hazaba hameze. IVU yagarutse kuri ya ndirimbo we n’izindi nkorabusa bahoza mu kanwa, ngo mu Rwanda nta burenganzira bwa muntu buhaba, ngo abaturage ntibishimye, ukaba wagirango abantu bose ni ingumba z’amaso n’amatwi nka we.

Uyu munyabyaha wafunguwe n’imbabazi za Perezida wa Rebubulika niwe koko ukwiye kwihandagaza akavuga ko uburenganzira bw’umuturarwanda butubahirizwa? Cyeretse icyakora niba ashaka kuvuga ko amategeko y’u Rwanda akabya kwihanganira abagizi ba nabi, kuko ubundi we ubwe yagombye kuba yarasubiye muri gereza kubera isubiracyaha yagize umwuga. Uyu mugome yihutiye gusebya u Rwanda asohora ibitakaragahinga ngo ni amatangazo, nyamara kuva icyunamo cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi cyatangira, nta n’ijambo na rimwe yigeze avuga ngo yifatanye n’ abandi Banyarwanda.

Yakwifatanya nabo ate se kandi ahora apfobya akanahakana iyo Jenoside? Yakwamagana abajenosideri ate se, kandi nyina umubyara ari ruharwa, abarwanashyaka be hafi ya bose bajejeta amaraso ku ntoki?

Inyandiko ya Ingabire Victoire iramutamaza, kuko igaragaza ko akorana ku mugaragaro n’abagizi ba nabi. N’ikimenyimenyi amahomvu ye arasa neza n’ayo abandi banyeshyari bashyize ku mbuga nkoranyambaga, bashenguwe n’uko ijambo ry’u Rwanda rikomeje kumvikana mu ruhando rw’amahanga.

Icyakora abashyira mu gaciro bashubije IVU n’abambari be mu myanya yabo, uretse ko ntawe utokora ifuku. Abantu benshi bababwiye ko Ubwongereza atari igihugu cy’impumyi ku buryo cyakohereza abantu mu Rwanda kizi ko bazafatwa nabi. Babibukije ko atari uwa mbere u Rwanda rugiye kwakira abimukira, kuko abasaga igihumbi bamaze kugera mu Rwanda bavanywe mu menyo ya rubamba muri Libiya, aho bageze bagerageza kujya mu bihugu by’Uburayi ariko bikabangira, ubu bakaba bafashwe neza cyane mu Rwanda.

Urundi rugero rw’ubumuntu rwatanzwe ni uburyo u Rwanda rwiyemeje gutabara abari mu ngorane hirya no hino ku isi, nko muri Darfour, Santarafurika, Cabo Deldado ho muri Mozambike, n’ahandi.

Mu minsi yashize ubwo inama y’Ibihugu bya Commonwealth yasubikwaga ubugira kabiri kubera icyorezo cya COVID-19, ibigarasha n’abajenosideri barabyishimiye cyane, bagera n’aho biyitirira ko aribo bayibujije kuba. Aba ba IVU, umunywarumogi David Himbara n’abandi bataye umutwe babyiniye ku rukoma, ariko baza gukubitwa n’inkuba aho byemerejwe ko bidakuka inama ya Commonwealth izabera mu Rwanda muri Kamena uyu mwaka wa 2022.

Birumvikana umwanzi ntiyakwifuriza ko uvugwa neza, kuko ahora aharanira guhindanya isura yawe. Ariko aba biha kugambanira u Rwanda bagombye kubona ko bata igihe rwose, kuko buri gihe babona ibinyuranye n’ibibi barwifuriza. Nibakomeze bomongane, Abanyarwanda bazima bakomeze barukorere, ubwo amateka azaca urubanza, Umwanzi agucira akobo Imana igucira akanzu!

2022-04-14
Editorial

IZINDI NKURU

Minisitiri Busingye yatashye ku mugaragaro icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba

Minisitiri Busingye yatashye ku mugaragaro icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba

Editorial 14 Oct 2016
Uganda : Perezida Museveni  yasinye Itegeko Nshinga rimwemerera manda ya gatandatu

Uganda : Perezida Museveni yasinye Itegeko Nshinga rimwemerera manda ya gatandatu

Editorial 03 Jan 2018
Impamvu impunzi  z’Abanyecongo mu nkambi ya Kiziba ziri gutera ubwoba Leta y’u Rwanda

Impamvu impunzi  z’Abanyecongo mu nkambi ya Kiziba ziri gutera ubwoba Leta y’u Rwanda

Editorial 21 Feb 2018
Abakozi 10 b’ibitaro batawe muri yombi bakekwaho gukoresha nabi umutungo

Abakozi 10 b’ibitaro batawe muri yombi bakekwaho gukoresha nabi umutungo

Editorial 13 May 2016
Minisitiri Busingye yatashye ku mugaragaro icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba

Minisitiri Busingye yatashye ku mugaragaro icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba

Editorial 14 Oct 2016
Uganda : Perezida Museveni  yasinye Itegeko Nshinga rimwemerera manda ya gatandatu

Uganda : Perezida Museveni yasinye Itegeko Nshinga rimwemerera manda ya gatandatu

Editorial 03 Jan 2018
Impamvu impunzi  z’Abanyecongo mu nkambi ya Kiziba ziri gutera ubwoba Leta y’u Rwanda

Impamvu impunzi  z’Abanyecongo mu nkambi ya Kiziba ziri gutera ubwoba Leta y’u Rwanda

Editorial 21 Feb 2018
Abakozi 10 b’ibitaro batawe muri yombi bakekwaho gukoresha nabi umutungo

Abakozi 10 b’ibitaro batawe muri yombi bakekwaho gukoresha nabi umutungo

Editorial 13 May 2016
Minisitiri Busingye yatashye ku mugaragaro icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba

Minisitiri Busingye yatashye ku mugaragaro icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba

Editorial 14 Oct 2016
Uganda : Perezida Museveni  yasinye Itegeko Nshinga rimwemerera manda ya gatandatu

Uganda : Perezida Museveni yasinye Itegeko Nshinga rimwemerera manda ya gatandatu

Editorial 03 Jan 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru