• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Miss Uwase Honorine ’IGISABO’ yanze kwambara Bikini bituma abura umudari mu marushanwa ya ’Miss Earth 2017’

Miss Uwase Honorine ’IGISABO’ yanze kwambara Bikini bituma abura umudari mu marushanwa ya ’Miss Earth 2017’

Ubwanditsi 15 Oct 2017 SHOWBIZ

Ku wa 7 Ukwakira, 2017 nibwo Miss Uwase Hirwa Honorine ’IGISABO’ nibwo yahagurutse i Kigali yerekeza muri Philippines mu marushanwa ya ’Miss Earth 2017’. Mu marushanwa yo kwambara umwenda wo kogana mu mazi kamwe mu bigize iri rushanwa Miss Igisabo yanze kwambara iyi myinda ahitamo kwambara ikanzu bituma abura umudari.

Agace ko kwambara umwenda wo ku mazi uzwi nka ’Bikini’ ni kamwe mu duce tw’irushanwa dukorwa n’abitabira aya marushanwaya Miss Earth.

Abahatana basabwa kwiyerekana bambaye utwenda duhishe ibice by’ibanga gusa tumenyerewe koganwa ku mazi bagatambuka imbere y’inteko y’abacamanza (judges) noneho uwiyeretse neza cyangwa watambutse neza muri utu twenda akegukana umudari wa zahabu. Kuri uyu wa gatandatu tariki 14 Ukwakira, 2017 nibwo abakobwa bari muri ’Miss Earth 2017’ biyeretse bambaye bikini ariko ubwo umunyarwandakazi Miss Uwase Hirwa Honorine yagerwagaho, yaje yambaye ikanzu ndende aho kwambara ibiteganywa n’amategeko agenga iri rushanwa.

Bisa n’ibitaratunguranye kuko abanyarwandakazi bagiye bitabira amarushanwa mpuzamahanga y’ubwiza bangaga kwambara ’Bikini’ kubera impamvu z’umuco (nk’uko babivugaga). Na Miss ’Igisabo’, n’ubwo ubwo twandikaga iyi nkuru tutari twakabashije kuvugana nawe, birashoboka ko yanze kwambara ’Bikini kubera impamvu zisa n’iza bagenzi be.

Abambaye uyu mwambao batahanye umudari

Kwanga kubahiriza amabwiriza agenga irushanwa, byatumye Uwase Hirwa Honorine abura mudari.

Igihembo cy’umudari wa zahabu gitwarwa n’uwiyeretse muri Bikini kurusha abandi cyegukanwe na Nyampinga Karla Aponte waruhagarariye Puerto rico, umudari wa feza wegukanwa Sarah Laura Peyrel wo mu Busuwisi mu gihe umwanya wa gatatu wegukanwe na Nyampinga waruhagarariye USA wegukanye umudari w’umuringa.

Miss Igisabo agihinguka abari bakurikiye iri tushanwa ku mbuga nkoranyambaga baguye mu kantu bitewe nuko yambaye.

Amarushanwa ya ’Miss Earth 2017’ azasozwa tariki 4 Ugushyingo, 2017 ari nabwo hazamenyekana Nyampinga uzegukana iri kamba.

Miss Uwase Hirwa Honorine ’IGISABO’ yitabiriye aya marushwana nka Nyampinga ushyigikiwe kurusha abandi ’Miss Populaire 2017’.

Miss Igisabo ni uku yaserutse yanze guta umuco gakondo

2017-10-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.

Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.

Ubwanditsi 19 May 2021
Umuhanzi Intore Masamba yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Sosiyete icuruza ibikomoka kuri Peteroli ya ENGEN

Umuhanzi Intore Masamba yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Sosiyete icuruza ibikomoka kuri Peteroli ya ENGEN

Ubwanditsi 20 Nov 2021
Dore inyungu ziri mukonka amabere y’ umugore wawe

Dore inyungu ziri mukonka amabere y’ umugore wawe

Ubwanditsi 15 Jun 2018
Ben Kayiranga yahishuye uko yasabwe kureka kuririmba injyana gakondo, akabwirwa kuririmba indirimbo zijya gusa n’izabafaransa ngo nizo zicuruza

Ben Kayiranga yahishuye uko yasabwe kureka kuririmba injyana gakondo, akabwirwa kuririmba indirimbo zijya gusa n’izabafaransa ngo nizo zicuruza

Ubwanditsi 03 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Lt Gen. Tumukunde niwe wari nyirabayazana y’umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda
INKURU NYAMUKURU

Lt Gen. Tumukunde niwe wari nyirabayazana y’umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 26 Mar 2018
Real Madrid yandikiye amateka kuri Bayern Munich (Amafoto)
IMIKINO

Real Madrid yandikiye amateka kuri Bayern Munich (Amafoto)

Ubwanditsi 26 Apr 2018
Umujenosideri kabombo, Kabuga Felisiyani, aritaba urukiko rw’i La Haye mu Buholandi kuri uyu wa gatatu tariki 11 Ugushyingo 2020.Ese aratinyuka guhakana ibyo isi yose ifitiye ibimenyetso ?!
Amakuru

Umujenosideri kabombo, Kabuga Felisiyani, aritaba urukiko rw’i La Haye mu Buholandi kuri uyu wa gatatu tariki 11 Ugushyingo 2020.Ese aratinyuka guhakana ibyo isi yose ifitiye ibimenyetso ?!

Ubwanditsi 11 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru