• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Iryavuzwe Riratashye :Uganda Ibaye Indiri Y’abanzi B’u Rwanda

Iryavuzwe Riratashye :Uganda Ibaye Indiri Y’abanzi B’u Rwanda

Editorial 16 Nov 2017 ITOHOZA

Ubutegetsi bwa Perezida Museveni bukomeje gushaka guteza umutekano muke ku Rwanda.

Mukwezi kwa Kabiri uyu mwaka Ikinyamakuru Rushyashya cyatangaje inkuru ivuga ko mu ishyamba rya Kijuru muri District ya Kibaale hari inkambi yarimo imyitozo y’abashaka gutera u Rwanda, bayobowe na Kayumba Nyamwasa, Rujugiro n’Abafaransa. Nyuma yaho iyi nkuru isohokeye amakuru avugako ibibirindiro byiyo myitozo byimuriwe mu mjyaruguru ya Uganda kumupaka wa Sudan na Congo. Nyamara n’ubwo bimeze gutyo, iyi nkuru  yabaye nkiciye inka amabere cyane cyane ku ruhande rwa Uganda. Ari nako umwuka mubi n’urwikekwe bikomeza kwiyongera.

Ingabo za uganda

Soma iyi nkuru hano: Uganda:Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda

Amakuru aturuka ahantu hizewe, avuga ko muntangiriro z’uyu mwaka Perezida Museveni yagiriye uruzinduko rw’ibanga mu Bufaransa , uru ruzinduko rwari urwo gushimangira umubano n’ubufatanye mu bya gisilikare. Uganda yagiranye amasezerano  mu bya gisirikare n’ubufaransa, ubu ingabo z’abafaransa  ziri muri Uganda mubice bya Kasese zitoza iza Uganda zirwanira mumisozi (alpine brigade).

Ingabo z’Abafaransa na Perezida Museveni

Mu minsi ishize Perezida Museveni  kandi yagiranye ibiganiro byihariye n’umujenerali w’umufaransa bava Entebbe State House bajya guhurira Kisozi muri Gomba, iyo nama y’ibanga yarimo Gen (Rtd) Henry Tumukunde na Gen Salim Saleh (Caleb Akandwanaho). Aya makuru avuga ko iyi nama yari iyo kureba uko ingabo z’ubufaransa zakwegera gato  hafi y’umupaka  w’u Rwanda.

Nyuma y’ibi biganiro uyu mu Jenerali w’umufaransa yamaze iminsi ibiri Kampala aragenda agana I Kinshasa muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo gushyikiriza Perezida  Kabila ubutumwa bwa Museveni buvuga ko Ingabo za Uganda zingana na Bataillons eshatu z’umtwe wa Special forces zigomba gutangira kujya muri Congo n’ibikoresho byazo bikomeye guhashya umutwe w’inyeshyamba wa ADF-NALU, urwanya Museveni, ukaba ukorera mu Burasirazuba bwa Congo ahitwa Beni,Butembo naza Bunia. Uyu mutwe wari uyobowe na Jamil Mukulu ,akaza gufatirwa Tanzania. Ariko ibi n’amayeri yo kugirango izi ngabo za Uganda n’ibikoresho byazo bibone uko byinjira muri Congo byegerezwe umupaka wa Congo n’u Rwanda mu rwego rwokwitegura intamba ishobora kwaduka hagati y’ibi bihugu byombi no  gutera  ingabo mu bitugu  imitwe ikorera muri Congo igamije gutera u Rwanda nka FDLR, Imbonerakure n’Ingabo bivugwa ko ari iza Kayumba  Nyamwasa.

Ibi biravugwa mugihe Perezida Museveni yirukanye ingabo zahoze ari iza M23 zirenga 1000, zari zarahungiye ahitwa Ramwanja mu majyepfo y’uburengerazuba bwa Uganda  ziyobowe na Gen. Makenga  Sultan. Nyuma y’uko aba barwanyi bamwangiye kwinjira mu mugambi wo gufatanya na Kayumba gutera u Rwanda. M23 yo yabonye iyo ntambara itayitsinda kandi ubwo ibyabo byaba birangiye, nibwo Perezida Museveni yabirukanye akabohereza hafi y’umupaka wa Congo n’u Rwanda, kugirango bahungire mu Rwanda hagati aho biteze umubano mubi na Congo.

M23

Perezida Museveni abonye ko binaniranye aragenda yohereza abashimuta abarwanyi ba M23 bagera kuri 20, abashyira Kabila, abandi  bagera ku 100,Kabila abaha amafaranga barijyana. M23, ibibonye iravuga ngo nukomeza tugiye kwirwanaho, niko gutatana basubira muri Congo. Iyo Museveni avuga ko u Rwanda rushimuta abantu wibaza impamvu zabyo, nta nasobanure uko yashimuse abari abarwanyi ba M23, akabashyikiriza Kabila.

Amakuru atandukanye amaze iminsi atangazwa n’itangazamakuru ryo muri Uganda nka Chimpreports n’ibindi aravuga ko Kayumba Nyamwasa, utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda akunze gukorera ingendo muri Uganda ndetse afitanye umubano ukomeye n’abayobozi ba Uganda barimo perezida Museveni ubwe ndetse na Minisitiri w’umutekano, Gen (Rtd) Henry Tumukunde.

Kayumba Nyamwasa

Kayumba amaze kujya Kampala inshuro ebyiri, ubwa kabiri yaciye Tanzania ajya Uganda, ageze Kampala, yakoranye  inama n’abantu be asubira mu nzu ya gisirikare aba acumbikiwemo. Muri Uganda rimwe na rimwe Nyamwasa yagiye abonana n’agatsiko k’abarwanyi ba FDLR n’abandi bantu bahunze u Rwanda baba muri icyo gihugu.

Cyiza Davidson

2017-11-16
Editorial

IZINDI NKURU

Rulindo: Umugabo w’imyaka 22 yishe umugore we w’imyaka 30 amukebye ijosi nawe ariyahura bapfa amafaranga y’ubukwe

Rulindo: Umugabo w’imyaka 22 yishe umugore we w’imyaka 30 amukebye ijosi nawe ariyahura bapfa amafaranga y’ubukwe

Editorial 23 May 2017
‘Jenoside yakorewe Abahutu’: Iturufu rya Rudasingwa

‘Jenoside yakorewe Abahutu’: Iturufu rya Rudasingwa

Editorial 21 Sep 2016
Bombori bombori mu ngabo z’u Burundi kubera gukubitwa na M23 muri Congo bakibaza icyo iyi ntambara ibamariye 

Bombori bombori mu ngabo z’u Burundi kubera gukubitwa na M23 muri Congo bakibaza icyo iyi ntambara ibamariye 

Editorial 31 Jan 2024
Adolphe Muzitu watangaje ko igihugu cye cya Kongo-Kinshasa kigomba gutera u Rwanda yahuriye mu nama n’abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi

Adolphe Muzitu watangaje ko igihugu cye cya Kongo-Kinshasa kigomba gutera u Rwanda yahuriye mu nama n’abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 10 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

N’uwanga Urukwavu yemera ko ruzi kwiruka, Twagiramungu yashimye ibyiza U Rwanda rwagezeho
ITOHOZA

N’uwanga Urukwavu yemera ko ruzi kwiruka, Twagiramungu yashimye ibyiza U Rwanda rwagezeho

Editorial 09 Jan 2017
Nyarugenge: Yafatanywe Impushya ebyiri zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano
Mu Rwanda

Nyarugenge: Yafatanywe Impushya ebyiri zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano

Editorial 08 May 2017
Nyagatare: Uko yubatse inzu ya miliyoni 35Frw abikesha FPR
INKURU NYAMUKURU

Nyagatare: Uko yubatse inzu ya miliyoni 35Frw abikesha FPR

Editorial 15 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru