• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryagaruje imisoro y’arenga miliyari

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryagaruje imisoro y’arenga miliyari

Editorial 25 Sep 2017 Mu Rwanda

Umuyobozi w’ Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu Senior Superintendent of Police (SSP) Alphonse Businge, yatangaje ko mu mezi icyenda ashize, iri shami ryagaruje imisoro y’amafaranga y’u Rwanda arenga miliyari ebyiri na miliyoni magana abiri.

Aya mafaranga akaba akomoka ku mande yaciwe abantu bari binjije ibicuruzwa mu Rwanda mu buryo butemewe n’amategeko kuva muri Mutarama kugeza muri Nzeri uyu mwaka.

SSP Businge yavuze ko 70% y’ibicuruzwa byafashwe ari iimyenda ya Caguwa, uku gushaka kwinjiza iyi myenda mu buryo butemewe n’amategegeko bikaba byariyongereye kubera gahunda Leta yafashe yo kuzamura imisoro yayo ikava kuri 0.5 by’amadorari ikajya kuri 2.5 ku kilo kimwe, ibi bikaab biri muri gahunda yo guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda bizwi nka ‘Made in Rwanda’.

Imibare itangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahooro ikaba igaragaza ko kuva muri Mutarama kugeza muri Gicurasi hafashwe toni zirenga 80 z’iyi myenda.

Yavuze kandi ati:” Uretse iyi myenda ya Caguwa, ibindi bicuruzwa bikunze gufatwa byinjiye mu buryo butemewe n’amategeko ni ibitenge, ibinyobwa bidasembuye n’inzoga, cyane cyane imivinyo, amavuta yo guteka, amata y’ifu n’ibyuma by’imodoka, kandi ibi byose bifatwa kubera amakuru tuba twahawe n’abaturage.”

Kuri iyi mikoranire myiza n’abaturage yavuze ati:”Twongereye imikwabu, ariko cyane cyane tunakora ubukangurambaga mu baturage aho tubashishikariza kuduha amakuru, ari nabyo bituma batubwira aho ibi bicuruzwa bipakirirwa ndetse no mu bihugu duturanye, ndetse bakanatubwira aho bipakrurirwa.”

Yakomeje avuga ko ibyinshi muri ibi bicuruzwa byinjizwa bipakiye mu mifuka ipakirwamo umuceri, ifu y’ibigori n’iy’myumbati.

SSP Businge yanaburiye abacuruzi bashaka gukwepa imisoro bagaha igiciro gito ibicuruzwa byabo n’abakoresha nabi utumashini tuzwi nka ‘EBM’ (Electronic Billing Machine).

Mbera Emmy, umukozi ushinzwe imikoreshereze y’utu tumashini mu kigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahooro (Rwanda Revenue Authority (RRA), yasabye abaturage ko buri gihe bagize icyo bagura bajya baka inyemezabuguzi zitangwa n’utu tumashini kuko aribo batanga umusoro ku nyungu.

Kuri iyi ngingo yavuze ati:”Burya umuguzi niwe utanga umusoro ku nyungu, niyo mpamvu tubakangurira kujya baka inyemezabuguzi zitangwa n’utu tumashini, kuko iyo atayanze ntaba ataze umusanzu we mu iterambere ry’igihugu. Abacuruzi nabo batazitanga bamenye ko bafatwa nk’abanyereza imisoro kandi ufifatiwemo ahanwa hakurikijwe amategeko.”

Kuri ubu, ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahooro (RRA) kigiye guteza cyamunara imodoka n’ibindi bicuruzwa byafashwe byinjiye mu buryo bwa magendu mu myaka yashize.

Kuba umujyi wa Kigali warubatse ibigo ndersbuzima birindwi kuri miliyari imwe na miliyoni icyenda, bivuze ko iyi misoro yafashwe yakubaka ibindi bigo nderabuzima nka bitanu.

-8107.jpg

Mbera Emmy, umukozi ushinzwe imikoreshereze y’utu tumashini mu kigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahooro (Rwanda Revenue Authority (RRA)

2017-09-25
Editorial

IZINDI NKURU

Urubanza Mbabazi aregamo Perezida Museveni ruratangira uyu munsi

Urubanza Mbabazi aregamo Perezida Museveni ruratangira uyu munsi

Editorial 07 Mar 2016
Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Editorial 26 Nov 2021
Eagles Fan Club yiyongereye kuri za Fan Clubs zigize ikipe y’ingabo z’igihugu APR FC.

Eagles Fan Club yiyongereye kuri za Fan Clubs zigize ikipe y’ingabo z’igihugu APR FC.

Editorial 07 Jun 2021
Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa  ahantu hataramenyekana

Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa ahantu hataramenyekana

Editorial 01 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugabo afunzwe akurikiranyweho kunyereza imisoro irenga miliyoni 861
Mu Mahanga

Umugabo afunzwe akurikiranyweho kunyereza imisoro irenga miliyoni 861

Editorial 25 Mar 2016
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 05 Jan 2023
Mu mukino we mbere wa Rwatubyaye Abdoul mu ikipe ya FC Schkupi yo muri Macedonia batangiye bawutsinda igitego kimwe ku busa.
Amakuru

Mu mukino we mbere wa Rwatubyaye Abdoul mu ikipe ya FC Schkupi yo muri Macedonia batangiye bawutsinda igitego kimwe ku busa.

Editorial 04 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru