• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ishyaka rya Nkurunziza ryasabiye ibihano Pierre Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi

Ishyaka rya Nkurunziza ryasabiye ibihano Pierre Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi

Editorial 22 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Umunyamabanga mukuru w’ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi (CNDD FDD), Gen. Evaritse Ndayishimiye, yasabye ko Pierre Buyoya wigeze kuba Perezida, afatirwa ibihano kubera ibikorwa bibangamira Demokarasi, birimo kudeta yakoze.

Yabitangaje ku wa 20 Ukwakira 2018, ubwo hibukwaga ku nshuro ya 25, intwari zaharaniye Demokarasi mu Burundi.

Ndayishimiye avuze ko ‘Ishyaka CNDD-FDD ritungurwa no kubona Pierre Buyoya akomeza guhabwa inshingano muri AU na Loni nta soni n’ubwoba, aho kumufatira ibihano, nk’aho ibyo yakoreye Abarundi ari urugero rwiza ku Isi’.

Mu 2012 Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wahaye Pierre Buyoya, inshingano zo kuwuhagararira muri Mali no mu gace k’ubutayu bwa Sahara.

Ndayishimiye asanga Buyoya ubwe yishinja, cyane cyane mu gitabo yanditse cyavugaga ko ibiganiro hagati y’Abarundi ari inzira ndende igana ku mahoro.’

Uyu muyobozi yavuze ko asanga Buyoya ari intwaro isenya Demokarasi ndetse ko yanabyigaragarije ishuro ebyiri zose akora kudeta zirimo iyo yahiritsemo Perezida Bagaza mu 1987, bwo yari yitabiriye inama mpuzamahanga muri Canada.

Uretse ibyo Ndayishimiye yanibukije ko nyuma yo gutsindwa amatora na Melchior Ndadaye mu 1993, Buyoya yongeye gukora indi kudeta mu 1996, ahirika Perezida Ntibantunganya.

Ibyo ngo ni bimwe mu byo Ndayishimiye ashingiraho yemeza ko ingoma ya Buyoya yaranzwe no gukandamiza demokarasi, akibaza impamvu adafatirwa ibihano.

Ati “Buyoya yahiritse Ntibantunganye imiryango mpuzamahanga irebera…ibyo byaha byose yabikoze ashyigikiwe kandi atewe inkunga n’u Bubiligi.”

Nubwo ishyaka rya Perezida Nkurunziza, ryasabiye Buyoya guhanwa, mu 2014 Guverinoma y’u Burundi yari imushyigikiye nk’umukandida ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’ibihugu bivuga Igifaransa.

Pierre Buyoya (iburyo) yagiye ahabwa inshingano n’imiryango mpuzamahanga

 

2018-10-22
Editorial

IZINDI NKURU

Jean Paul Ntagara yabwiye Kayumba Nyamwasa ko umuyaga w’impinduka nawe ugomba ku muhuha, RNC atari akarima ke

Jean Paul Ntagara yabwiye Kayumba Nyamwasa ko umuyaga w’impinduka nawe ugomba ku muhuha, RNC atari akarima ke

Editorial 11 Feb 2020
Mali yateye ikirenge mu cya Niger, igaragaza ko itifuza gucumbikira abajenosideri b’Abanyarwanda

Mali yateye ikirenge mu cya Niger, igaragaza ko itifuza gucumbikira abajenosideri b’Abanyarwanda

Editorial 04 Feb 2022
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump

Editorial 26 Jan 2018
Perezida Kagame azafungura ku mugaragaro Stade Amahoro hakimwa umukino uzahuza APR na Police

Perezida Kagame azafungura ku mugaragaro Stade Amahoro hakimwa umukino uzahuza APR na Police

Editorial 30 Jun 2024

2 Ibitekerezo

  1. nkotanyi
    October 22, 20184:37 pm -

    abarundi mwataye umutwe ibyo mushinja H.E Buyoya yabikoreye africa cg isi ??!&! nkeka yarabikoreye u burindi??! kuki mwebwe se mutamukurikirana?!Sha muracyari inyuma mu myumvire mwibwira ko amahanga ariyo azajya abakemurira ibibazo?!!! muzumirwa

    Subiza
  2. nini
    October 23, 20189:38 am -

    Hhhh! uwo mugabo ni uko yabaye yuzuye ibigambo gusa vyo guturira nta nibikorwa bagira. Arinda abimusabira ntiyomusanga iyo ari akabimuha. mbega ico gihe yakubita nya ma coup d’Etat’s Ndayishimiye ntiyari bwavuke ko batahise bamufata bakamuhana. Uwo biburiye ntabura ibyo avuga. Toka

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kicukiro: Perezida Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora
Mu Rwanda

Kicukiro: Perezida Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora

Editorial 03 Jun 2017
APR FC yatsinze Mogadishu City Club yo muri Somalia ibitego 2-1, ikomeza mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League
Amakuru

APR FC yatsinze Mogadishu City Club yo muri Somalia ibitego 2-1, ikomeza mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League

Editorial 19 Sep 2021
Ibigo by’ubwishingizi byigenga byatangiye gushora imari mu bindi kubera ibihombo
UBUKUNGU

Ibigo by’ubwishingizi byigenga byatangiye gushora imari mu bindi kubera ibihombo

Editorial 29 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru