• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ishyamba si ryeru mu mpuzamashyaka ‘CNARED’ y’abarwanya Leta ya Nkurunziza

Ishyamba si ryeru mu mpuzamashyaka ‘CNARED’ y’abarwanya Leta ya Nkurunziza

Editorial 02 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Amashyaka atavuga rumwe na Leta y’u Burundi yishyize hamwe mu mpuzamashyaka CNARED, nyuma yaho hakuriweho uwari ayiyoboye hagatorwa Dr Minani Jean, hatangiye kuvugwamo ugucikamo ibice.

Dr Minani Jean, yatorewe kuyobora CNARED asimbura Nditije Charles, ariko bamwe bagaragaje ko batamushyigikiye, iki kikaba ari ikimenyetso kigaragaza umwiryane uganisha ku ugucikamo ibice kw’iyi mpuzamashyaka.

Abagaragaje ko badashyigikiye Dr Jean Minani ni umuyobozi w’ishyaka PPD, Hatungimana Leonidas, uwo yasimbuye Nditije Charles uyoboye ishyaka UPRONA, umuyobozi wa FOREBU, Bamvuginyongera Frederic ndetse na Mugwengezo wa UPD.

Aba bayobozi b’amashyaka mu rwandiko banditse, ikinyamakuru The Burundian dukesha iyi nkuru gifitiye kopi, bagaragaza ko Dr Minani adakorera ibintu mu mucyo, asesagura umutungo w’aya mashyaka, gutonesha ndetse no gushaka gukoresha ikimenyane n’icyenewabo.

Iyi mpuzamashyaka CNARED ijemo umwiryane mu gihe yari ikomeje kugaragaza ko ihezwa mu biganiro bihuza Abarundi, ntitumirwe kandi nayo igizwe n’amashyaka avuga afite intego yo guharanira Demokarasi mu Burundi.

Mu nama iherutse yabereye i Arusha muri Tanzania, CNARED ntabwo yigeze yitabira ibiganiro nk’abatumirwa, gusa yatangaje ko yoherejemo intumwa zayo zo kugaragaza ibitekerezo byayo, n’umurongo wagenderwaho kugirango amahoro n’umutekano bisagambe mu Burundi.

CNARED igizwe n’amwe mu mashyaka akorera imbere mu Burundi n’andi akorera mu buhunzi ariko yose akaba atavuga rumwe na Leta y’u Burundi, iyobowe n’ishyaka CNDD FDD.

Mu nama yakozwe ku wa 3-7 Mutarama 2018, CNARED isesengura umushinga ushyigikiwe na Perezida Petero Nkurunziza wo guhindura itegeko Nshinga ry’u Burundi, abatumirwa ba CNARED barasesenguye basanga mu gihe rizaba ryavuguruwe, hazaba hashyinguwe burundu amasezerano yashyizweho umukoni i Arusha ndetse ko nta kunga abarundi kwaba kurimo.

Aba banyapolitiki n’ubwo batangiye gucikamo ibice no kuryana, bagaragaza ko guhindura itegeko Nshinga ari uguha intebe ubuyobozi bita ubw’igitugu bwa Perezida Nkurunziza, ngo waba ugiye kuyobora u Burundi ubuzima bwe bwose.

2018-02-02
Editorial

IZINDI NKURU

Umusaza Filip Reyntjens, Soma mbike wa Kinani Yambaye Rasoro yiyemeza Gutagatifuza Abajenosideri

Umusaza Filip Reyntjens, Soma mbike wa Kinani Yambaye Rasoro yiyemeza Gutagatifuza Abajenosideri

Editorial 21 Aug 2023
Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse

Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse

Editorial 03 Jun 2025
Ingabire Victoire Umuhoza yafatiwe mu buriganya bwo kwiyandikishaho ubutaka butari ubwe

Ingabire Victoire Umuhoza yafatiwe mu buriganya bwo kwiyandikishaho ubutaka butari ubwe

Editorial 28 Sep 2022
Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Editorial 07 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL
Amakuru

Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL

Editorial 24 May 2025
Dr. Rudasingwa asigaye avumwa n’umuhisi n’umugenzi ndetse ngo ahuje imyumvire n’abagororwa bo muri Gereza ya Muhanga
ITOHOZA

Dr. Rudasingwa asigaye avumwa n’umuhisi n’umugenzi ndetse ngo ahuje imyumvire n’abagororwa bo muri Gereza ya Muhanga

Editorial 19 Aug 2016
Komisiyo y’Amatora yamaganye abiyita abakandida basaba inkunga abaturage
POLITIKI

Komisiyo y’Amatora yamaganye abiyita abakandida basaba inkunga abaturage

Editorial 17 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru