• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) n’Uruganda rwa Bralirwa basinye amasezerano y’imikoranire.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) n’Uruganda rwa Bralirwa basinye amasezerano y’imikoranire.

Editorial 05 Mar 2021 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa kane ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryasinyanye amasezerano na Bralirwa nk’umuterankunga mukuru wa shampiyona y’icyiciro cya mbere, ni amasezerano afite agaciro ko kuzamara imyaka ine, aya amasezerano kandi akaba azaha uburenganzira Bralirwa kwitirirwa shampiyona.

Ni amasezerano yasinywe ku ruhande rwa FERWAFA ihagarariwe na perezida wayo Rtd Brig Gen. Sekamana Jean Damscene ndetse nabari bahagarariye urwo ruganada rwenga ibinyobwa bisembuye ndetse n’ibidasembuye

Amakuru ahari aravuga ko uru ruganda rwa Bralirwa rwemeye ko rugomba gutanga miliyoni 640 z’amafaranga y’u Rwandamu gihe cy’iyo myaka ine bazamara bakorana na FERWAFA, ndetse kandi uyu muterankunga akazagira uburenganzira bwo kwitirirwa shampiyona y’umupira w’amaguru mu cyiciro cya mbere aho izahita yitwa Primus National League.

Ibi bikaba bisobanuye ko Bralirwa izatangirana n’umwaka w’imikino wa 2020-2021, ku ikubitiro mu mwaka wa mbere ikazahita itanga miliyoni 180 z’amafaranga y’u Rwanda, mu gihe umwaka uzakurikiraho hazatangwa miliyoni 160 Frw.

Si ubwambere ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda , FERWAFA risinyanye amasezerano yo gukorana na Bralirwa kuko mu mwaka w’imikino wa 2004/05 basinye amaserano y’imikoranire ku mpande zombi, ni amasezerano yahagaze mu mwaka wa 2009 ndetse aza kongera gusubukurwa mu mwaka w’imikino wa 2012-2013 asozwa nyuma y’umwaka umwe.

Uruganda rwa Bralirwa rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye rusinyanye amasezerano na FERWAFA nyuma yaho uwari umuterankunga wa shampiyona y’u Rwanda AZAM TV batandukanye mu mwaka wa 2019.

2021-03-05
Editorial

IZINDI NKURU

Mu gihe cy’iminsi itatu, Inyubako ya BK Arena igiye kwakira imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball, “2023 FIBA Basketball World Cup, African Qualification”

Mu gihe cy’iminsi itatu, Inyubako ya BK Arena igiye kwakira imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball, “2023 FIBA Basketball World Cup, African Qualification”

Editorial 01 Jul 2022
KCCA yatsinze Azam FC yegukana CECAFA Kagame Cup ku nshuro ya kabiri

KCCA yatsinze Azam FC yegukana CECAFA Kagame Cup ku nshuro ya kabiri

Editorial 22 Jul 2019
Abangavu b’u Rwanda begukanye igikombe cy’irushanwa ry’Akarere ka Gatanu muri Handball basesekaye i Kigali

Abangavu b’u Rwanda begukanye igikombe cy’irushanwa ry’Akarere ka Gatanu muri Handball basesekaye i Kigali

Editorial 02 May 2023
Tuyishime Placide uyobora ikipe ya Musanze FC yamaganywe n’urugaga rw’abatoza kubera kwirukana Seninga Innocent.

Tuyishime Placide uyobora ikipe ya Musanze FC yamaganywe n’urugaga rw’abatoza kubera kwirukana Seninga Innocent.

Editorial 26 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

UBUHANUZI:Abashaka guteza umutekano muke mu Rwanda ndetse n’impfu za hato na hato i Burundi bigiye kuburizwamo.
HIRYA NO HINO

UBUHANUZI:Abashaka guteza umutekano muke mu Rwanda ndetse n’impfu za hato na hato i Burundi bigiye kuburizwamo.

Editorial 11 Dec 2017
Rayon Sports yatangaje Serumogo Omar na Mitima Isaac nk’abakinnyi bayo kugeza mu mpeshyi za 2025
Amakuru

Rayon Sports yatangaje Serumogo Omar na Mitima Isaac nk’abakinnyi bayo kugeza mu mpeshyi za 2025

Editorial 04 Jul 2023
Amashyaka Green Party na PS -Imberakuri yabonye imyanya mu Nteko Nshinga Amategeko y’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Amashyaka Green Party na PS -Imberakuri yabonye imyanya mu Nteko Nshinga Amategeko y’u Rwanda

Editorial 04 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru