• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Israel igiye gufunga ibiro n’imirongo by’igitangazamakuru mpuzamahanga cya Al-Jazeera

Israel igiye gufunga ibiro n’imirongo by’igitangazamakuru mpuzamahanga cya Al-Jazeera

Editorial 07 Aug 2017 Mu Rwanda

Minisitiri wa Israel ushinzwe itumanaho, Ayoob Kara, kuri iki Cyumweru yatangaje ko ashaka gufunga ibiro n’imirongo bikoreshwa n’igitangazamakuru mpuzamahanga cy’Abanya-Qatar, Al-Jazeera, kubwo gutangaza inkuru zibogamye no gushyigikira iterabwoba.

Nk’uko Deutche Welle yabitangaje, Kara yavuze ko ashaka gufunga ikoreshwa ry’amakarita y’itangazamakuru y’abakozi ba Al-Jazeera n’ibiro byayo i Jerusalem. Yongeyeho ko yamaze gusaba abatanga umurongo gufungira Al-Jazeera kandi nabo bamaze kumwemerera gukuraho imirongo yayo y’Icyarabu n’Icyongereza.

Kara avuga ko Al-Jazeera ikoreshwa n’imitwe y’iterabwoba mu guhembera umwuka mubi no kuyitera inkunga ari nacyo ibindi bihugu by’Abarabu byayifungiye.

Yagize ati “Mu gihe gishize hafi ibihugu byose byo mu karere kacu byemeje ko Al-Jazeera ishyigikiye iterabwoba n’ubuhezanguni. Ibi ni igihamya cy’uko ari igikoresho cy’imitwe nka Islamic State, Hamas, Hezbollah na Iran. Ni twe gusa tutari twarayifashe gutyo kandi bishobora kuduteza ibibazo.”

Jordan na Arabia Saudite biherutse gufunga ibiro bya Al-Jazeera, ni mu gihe imirongo yayo yafunzwe muri Arabia Saudite, Leta zunze ubumwe z’Abarabu, Egypt na Bahrain kubera gushyigikira ubuhezanguni.

-7491.jpg

Nta gihe ntarengwa cyo gufunga Al-Jazeera muri Israel cyatangajwe; iki gitangazamakuru cyakunze kunengwa n’abategetsi ba Israel nka Minisitiri w’ingabo, Avigdor Lieberman, wavuze ko inkuru zacyo zibanda ku icengezamatwara ry’Abanazi b’Abadage na Minisitiri w’Intebe, Benjamin Netanyahu, wavuze ko gitiza umurindi ibikorwa by’ihohoterwa.

2017-08-07
Editorial

IZINDI NKURU

Abandi basirikare 140 ba RDF boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique

Abandi basirikare 140 ba RDF boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique

Editorial 26 Sep 2017
Abafana ba Nikuze wo muri “City Maid” bahura na we bagaturika bakarira

Abafana ba Nikuze wo muri “City Maid” bahura na we bagaturika bakarira

Editorial 21 Jul 2017
Guha Ijambo mu bitangazamakuru Barafinda Sekikubo ni ugushinyagura,RIB yasabye abanyamakuru kugira ubumuntu

Guha Ijambo mu bitangazamakuru Barafinda Sekikubo ni ugushinyagura,RIB yasabye abanyamakuru kugira ubumuntu

Editorial 29 Jul 2020
Imikino ya Afrobasket irakomeza hakinwa iyo gushaka itike yo kujya muri 1/4, kuri uyu wa mbere u Rwanda rurakina na Guinea

Imikino ya Afrobasket irakomeza hakinwa iyo gushaka itike yo kujya muri 1/4, kuri uyu wa mbere u Rwanda rurakina na Guinea

Editorial 30 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tour du Rwanda mu Burengerazuba: Edwin Avila yegukanye agace Rubavu- Karongi (AMAFOTO)
IMIKINO

Tour du Rwanda mu Burengerazuba: Edwin Avila yegukanye agace Rubavu- Karongi (AMAFOTO)

Editorial 27 Feb 2019
Himbara  ashenguwe n’agahinda kuko BBC yagaragaje neza isura y’u Rwanda
ITOHOZA

Himbara ashenguwe n’agahinda kuko BBC yagaragaje neza isura y’u Rwanda

Editorial 28 Apr 2019
Umubare w’abarwayi ba COVID-19 mu Rwanda wiyongereyeho bane ugera kuri 54
HIRYA NO HINO

Umubare w’abarwayi ba COVID-19 mu Rwanda wiyongereyeho bane ugera kuri 54

Editorial 28 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru