• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • “FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR   |   28 May 2025

  • Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026   |   28 May 2025

  • APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo   |   26 May 2025

  • Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila   |   26 May 2025

  • Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca   |   26 May 2025

  • Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu   |   25 May 2025

 
You are at :Home»KWAMAMAZA»Israel Mbonyi yasohoye indirimbo ya mbere kuri album ye nshya ’Sinzibagirwa’

Israel Mbonyi yasohoye indirimbo ya mbere kuri album ye nshya ’Sinzibagirwa’

Editorial 13 May 2017 KWAMAMAZA

Umuririmbyi Mbonyicyambu Eric uzwi nka Israel Mbonyi wakundiwe gukora indirimbo zikungahaye ku butumwa bwo kuramya no guhimbaza Imana yashyize ahagaragara indirimbo ya mbere mu zigize album agiye gusohora.

Izina Israel Mbonyi si rishya mu matwi ya benshi, cyane ko ibihangano bye byamaze gucengera mu buzima bw’Abanyarwanda bakunda ijambo ry’Imana rinyuze mu ndirimbo. Ibi byagaragariye mu gitaramo cya mbere uyu musore yakoze amurika album ye ya mbere, cyabereye muri Serena Hotel i Kigali, mu ijoro ryo ku wa 30 Kanama 2015, cyitabirwa n’amagana y’abantu bari bamufitiye amatsiko.

Icyo gihe hari bamwe batahanye agahinda ko kutamubona kubera ubwinshi bw’abitabiriye imyanya igashira n’aho guhagarara, ariko ababashije kwinjira batahanye umutima ukeye n’ibyishimo bidasanzwe ku bwo kubyinana n’uyu muvugabutumwa wamamaza imbaraga za Yesu abinyujije mu mudiho uherekejwe n’amagambo yomora ibikomere ku mitima ya benshi.

Israel Mbonyi nyuma y’igihe acecetse yongeye gukora mu nganzo, ashyira ahagaragara indirimbo nshya yise ’Sinzibagirwa’ yakoze agendeye ku buhamya bw’abantu batandukanye. Avuga ko igaruka cyane ku butumwa buri no muri Zaburi 107 guhera ku murongo wa kane akabuhuza n’ubuzima ndetse n’amateka Abanyarwanda banyuzemo.

-6576.jpg
-6575.jpg

Igitaramo cya mbere Mbonyi yakoreye i Kigali cyanyuze benshi


Indirimbo nshya ya Israel Mbonyi yise ’Sinzibagirwa’

Yagize ati “Sinzibagirwa ni indirimbo ikubiyemo ubuhamya bw’abantu benshi batandukanye […] nabijyanishije n’amateka yacu twanyuzemo nk’abanyarwanda n’abandi bose bafite ubuhamya bwo kuvuga. Abantu benshi iyo bageze mu byiza bakunda kwibagirwa ibyo banyuzemo mbere, iyi ni indirimbo ikangura abantu kutibagirwa ibyo Imana yabakoreye n’aho yabakuye.”

Uyu muhanzi yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko iyi ndirimbo ari imwe zigize album amaze igihe ategura abifashijwemo n’umuhanga mu gucuranga witwa Mihigo Bruce ari na we bari bakoranye mu ndirimbo zose zatumye amenyekana. Uyu musore bakoranye asanzwe anacurangira Korali Hoziyana ya ADEPR Nyarugenge.

Mbonyi yagize ati “Album izaba yitwa ’Intashyo’ izaba igizwe n’indirimbo umunani, ndumva muri Nyakanga zose zizaba zaragiye hanze, hanyuma mu mezi ari imbere Imana nimfasha nkazategura n’igitaramo. Igihe nzayimurikira ntabwo ndagitangaza, ndacyabitekerezaho mbitegura neza.”

Yakomeje avuga ko kugeza ubu indirimbo zigize album ’Intashyo’ zarangiye, ’hasigaye nk’imwe cyangwa ebyiri’ bakirimo kunoza neza.

Ati “Ubutumwa buri kuri iyi album ni ubwo gukomeza abakirisitu n’abandi bantu bose cyane cyane Abanyarwanda. Ndababwira gukomera mu bihe byose ducamo, ni nayo mpamvu nayise ’Intashyo’, ni uko irimo amakuru avuga ubutumwa bw’uko ejo ibihe byiza bigiye kuza kandi Imana ishobora kutugirira neza.”

Ubwo aheruka kumurika album ye, CD y’indirimbo z’uyu muhanzi abafana bayiguze amafaranga akabakaba miliyoni ebyiri ndetse benshi mu bamureze kuva agitangira gucuranga bamugabira inka eshatu bashima ubutumwa atanga binyuze mu bihangano bye.

Mbonyi avuga ko mu mishinga afite Imana nimushoboza azakora n’amashusho y’indirimbo ze, gusa agahamya ko icyo yibandaho cyane ari ubutumwa aba yatanze bwumvikana mu majwi kurusha gukora amashusho ngo yamamare.

2017-05-13
Editorial

IZINDI NKURU

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 02 Mar 2023
RGB

RGB

Editorial 25 May 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 04 May 2023
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 23 Feb 2023
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 02 Mar 2023
RGB

RGB

Editorial 25 May 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 04 May 2023
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 23 Feb 2023
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 02 Mar 2023
RGB

RGB

Editorial 25 May 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru