• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Itangazo ry’Ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 06 Werurwe 2020

Itangazo ry’Ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 06 Werurwe 2020

Editorial 07 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU

Ku wa Gatanu, tariki ya 06 Werurwe 2020, Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

1. Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo ku itariki ya 28 Mutarama 2020.

2. Inama y’Abaminisitiri yagarutse ku cyorezo cya Coronavirus gikomeje gukwirakwira mu bihugu bitandukanye ku isi. Yemeje gushyira ingufu mu kugikumira no guhangana nacyo harimo gukomeza gukangurira abaturage gukurikiza inama zo kukirinda, kwitabaza inzego z’ubuzima mu gihe hari ugaragayemo kimwe mu bimenyetso biranga icyo cyorezo no kugabanya ingendo n’inama zitari ngombwa hanze n’imbere mu Gihugu. Icyo gikorwa kiyobowe na Serivisi za Minisitiri w’Intebe zifatanyije na Minisiteri y’Ubuzima, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu n’Inzego z’umutekano.

3. Inama y’Abaminisitiri yamenyeshejwe ibi bikurikira:

o Ku tariki ya 8 Werurwe 2020, u Rwanda ruzifatanya n’Isi mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore. Mu Rwanda, uyu munsi uzizihizwa ku nsanganyamatsiko igira iti “Umugore ku ruhembe mu iterambere.” Ibirori byo kwizihiza uyu munsi bizabera ku rwego rw’Umudugudu. Ku rwego rw’Igihugu bizabera mu mudugudu w‘Amahoro mu Mujyi wa Kigali;

o Aho imyiteguro yo kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi igeze;

o Ivugururwa ry’Amabwiriza y’Umwanditsi Mukuru agenga ibyerekeye gukodesha, kugurisha muri cyamunara ndetse no kwegukana ingwate hagamijwe kunoza uburyo busanzwe bukurikizwa mu kugurisha ingwate;

o Imiterere y’icyorezo cy’inzige zugarije akarere u Rwanda ruherereyemo n’ingamba u Rwanda rwafashe zo guhangana n’icyo cyorezo.

4. Inama y’Abaminisitiri yemeje politiki n’ingamba bikurikira:

o Ivanwaho ry’ikiguzi cya viza ku baturage bo mu bihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika (African Union), abo mu bihugu bigize Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) n’abo mu bihugu bihuriye ku rurimi rw’Igifaransa (Francophonie) hagamijwe korohereza abanyamahanga kugana u Rwanda.

o Amasezerano hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’Ikigo kigenga kitwa Lifting Families Foundation yo gucunga ishyamba rya Leta hagamijwe kurushaho kurifata neza no kuribyaza umusaruro;

5. Inama y’Abaminisitiri yemeje imishinga y’amategeko ikurikira:

o Umushinga w’itegeko rihindura itegeko rigenga imitunganyirize y’ubwisungane mu kwivuza kugira ngo umunyamuryango ajye ahita yemererwa kwivuza akimara kwishyura umusanzu;

o Umushinga w’itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano hagati ya Repubulika y’u Rwanda n’Ubwami bwa Maroc ku kohererezanya abakurikiranyweho ibyaha yashyiriweho umukono i Rabat, ku wa 19 Werurwe 2019;

o Umushinga w’itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano hagati ya Repubulika y’u Rwanda n’Ubwami bwa Maroc ku bufatanye mu butabera mpanabyaha yashyiriweho umukono i Rabat, ku wa 19 Werurwe 2019;

o Imishinga y’amategeko yemera kwemeza burundu Amasezerano ajyanye no gutwara abantu n’ibintu mu kirere hagati ya Repubulika y’u Rwanda na Repubulika Yunze Ubumwe ya Brésil, Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, Guverinoma ya Repubulika ya Namibiya, Guverinoma ya Tuniziya na Repubulika Yunze Ubumwe ya Somaliya;

o Umushinga w’itegeko ryemera kwemeza kuba kimwe mu bihugu bihuriye ku masezerano y’i Marrakesh yorohereza abantu bafite ubumuga bwo kutabona, abatabona neza cyangwa abatabasha gusoma inyandiko zicapye kubona ibihangano byasohowe, yashyiriweho umukono i Marrakesh ku wa 27 Kamena 2013;

o Umushinga w’itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano y’inyongera ku Masezerano Nyafurika yerekeye Uburenganzira bwa Muntu n’ubw’Abaturage yerekeye Uburenganzira bw’Abantu bafite ubumuga muri Afurika, yemejwe n’Inama isanzwe ya mirongo itatu, yabereye i Addis Abeba, muri Etiyopiya, ku wa 29 Mutarama 2018;

o Umushinga w’itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano y’Inyongera ku Masezerano Nyafurika yerekeye Uburenganzira bwa Muntu n’ubw’Abaturage yerekeye Uburenganzira bw’Abantu bageze mu Zabukuru muri Afurika, yemejwe n’Inama Isanzwe ya makumyabiri na gatandatu, yabereye i Addis Abeba, muri Etiyopiya, ku wa 31 Mutarama 2016.

6. Inama y’Abaminisitiri yemeje Iteka rya Perezida rikurikira:

o Iteka rya Perezida ryongera umubare w’abagize Inama Nkuru y’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB).

7. Inama y’Abaminisitiri yemeje Amateka ya Minisitiri w’Intebe akurikira:

o Iteka rya Minisitiri w’Intebe rigena uburyo bw’ikoranabuhanga bukoreshwa mu itangazwa ry’inyandiko za Leta;

o Iteka rya Minisitiri w’Intebe rishyiraho Madamu MUKARUKUNDO Agnès nk’Umushinjacyaha wo ku Rwego Rwisumbuye;

o Iteka rya Minisitiri w’Intebe rishyiraho Madamu URUKUNDO Marie Agnès na Bwana NIYONSHUTI Marcel nk’Abashinjacyaha bo ku Rwego rw’Ibanze;

o Iteka rya Minisitiri w’Intebe rivana ubutaka buherereye mu Kagari ka Rugando, Umurenge wa Kimihurura, Akarere ka Gasabo, Umujyi wa Kigali, mu mutungo rusange wa Leta bugashyirwa mu mutungo bwite wayo;

o Iteka rya Minisitiri w’Intebe ritanga ubutaka buri mu mutungo bwite wa Leta kugira ngo bukorerweho ishoramari.

8. Inama y’Abaminisitiri yemeje Amateka ya Minisitiri akurikira:

o Iteka rya Minisitiri ryerekeye irangizwa ry’inyandikompesha hakoreshejwe ikoranabuhanga;

o Iteka rya Minisitiri risubiza muri Polisi y’u Rwanda ba Su-Ofisiye na ba Police constables bari barajyanywe gukorera mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB).

9. Mu bindi.

Minisitiri w’Ubuzima yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko Ubukangurambaga bwo ku rwego rwa Afurika bwiswe “Zero Malaria

Starts with Me”, bugamije kurandura indwara ya malariya, buzatangizwa ku mugaragaro tariki ya 10 Werurwe 2020 mu Mujyi wa Kigali, Akarere ka Gasabo, Umurenge wa Rusororo.

o Kuva tariki ya 15 kugeza ku ya 23 Werurwe 2020, u Rwanda ruzizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Amashyamba, Umunsi Mpuzamahanga w’Amazi n’Umunsi Mpuzamahanga w’Iteganyagihe. Ibikorwa biteganyijwe bizafasha cyane mu bukangurambaga ku ngingo zirebana n’ibidukikije, urusobe rw’ibinyabuzima, amashyamba, amazi, n’imihindagurikire y’ikirere;
o Kuva tariki ya 26 kugeza ku ya 28 Gicurasi 2020, u Rwanda ruzakira inama yiga ku kugeza ingufu z’amashanyarazi kuri bose muri Kigali Convention Center.

Minisitiri wa Siporo yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko:

o U Rwanda rwatsindiye kwitabira irushanwa ry’imikino ya nyuma cy’igikombe cy’Afurika cy’abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo (Orange CHAN 2020). Iryo rushanwa rizaba kuva ku itariki ya 4 kugeza kuya 25 Mata 2020 muri Cameroon. U Rwanda kandi ruzakina umukino w’igikombe cy’Afurika cy’Ibihugu (AFCON 2021) uzaruhuza na Cap Vert, aho umukino ubanza uzabera muri Kapuveri ku itariki ya 25 Werurwe 2020, uwo kwishyura uzabere mu Rwanda ku itariki ya 31 Werurwe 2020;

o Amakipe y’u Rwanda mu mukino wa Volleyball ukinirwa ku mucanga azitabira imikino izabera i Rubavu kuva ku itariki ya 25 kugeza ku ya 29 Werurwe 2020 (ikiciro cy’abagore), n’i Freetown muri Sierra Leone kuva ku itariki ya 26 kugeza ku ya 30 Werurwe 2020 (ikiciro cy’abagabo.)

o Kuva ku itariki ya 16 kugeza ku ya 22 Kanama 2020, i Kigali mu Rwanda hazabera imikino y’intoki ya Basketball yiswe”The Giants of Africa Festival”, aho ibihugu 11 bizaba byarakiriye imyitozo ya Giants of Africa bizahurira mu Rwanda.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na MPAMBARA Inès
Minisitiri Ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri

2020-03-07
Editorial

IZINDI NKURU

DRC: Jenerali Afurika Jean Michel wa RUDI -URUNANA na P5., yakomerekejwe bikabije n’ingabo za FARDC abari bamurinze 14 bahasiga ubuzima.

DRC: Jenerali Afurika Jean Michel wa RUDI -URUNANA na P5., yakomerekejwe bikabije n’ingabo za FARDC abari bamurinze 14 bahasiga ubuzima.

Editorial 15 Oct 2019
Uganda: Abanyamakuru ba Red Pepper basabiwe gukomeza gufungwa

Uganda: Abanyamakuru ba Red Pepper basabiwe gukomeza gufungwa

Editorial 05 Dec 2017
Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Editorial 26 Mar 2020
CMI yashyizeho abagize komite nshingwabikorwa ya RNC muri Uganda

CMI yashyizeho abagize komite nshingwabikorwa ya RNC muri Uganda

Editorial 20 Nov 2019
DRC: Jenerali Afurika Jean Michel wa RUDI -URUNANA na P5., yakomerekejwe bikabije n’ingabo za FARDC abari bamurinze 14 bahasiga ubuzima.

DRC: Jenerali Afurika Jean Michel wa RUDI -URUNANA na P5., yakomerekejwe bikabije n’ingabo za FARDC abari bamurinze 14 bahasiga ubuzima.

Editorial 15 Oct 2019
Uganda: Abanyamakuru ba Red Pepper basabiwe gukomeza gufungwa

Uganda: Abanyamakuru ba Red Pepper basabiwe gukomeza gufungwa

Editorial 05 Dec 2017
Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Editorial 26 Mar 2020
CMI yashyizeho abagize komite nshingwabikorwa ya RNC muri Uganda

CMI yashyizeho abagize komite nshingwabikorwa ya RNC muri Uganda

Editorial 20 Nov 2019
DRC: Jenerali Afurika Jean Michel wa RUDI -URUNANA na P5., yakomerekejwe bikabije n’ingabo za FARDC abari bamurinze 14 bahasiga ubuzima.

DRC: Jenerali Afurika Jean Michel wa RUDI -URUNANA na P5., yakomerekejwe bikabije n’ingabo za FARDC abari bamurinze 14 bahasiga ubuzima.

Editorial 15 Oct 2019
Uganda: Abanyamakuru ba Red Pepper basabiwe gukomeza gufungwa

Uganda: Abanyamakuru ba Red Pepper basabiwe gukomeza gufungwa

Editorial 05 Dec 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru