• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Iyi nyubako ukumva ko waza ukayishyira hasi, oya nakwica mbere- Perezida Kagame

Iyi nyubako ukumva ko waza ukayishyira hasi, oya nakwica mbere- Perezida Kagame

Editorial 14 Sep 2016 Mu Mahanga

Mu mpanuro Umukuru w’Igihugu yagejeje ku rubyiruko 2090 rwari ruteraniye mu nyubako ya Kigali Convention Center yagize ati “Kurwana urugamba ntawe bikwiriye gutera impungenge, umuntu arwanira ikintu cye yumva gifite agaciro, umuntu arakirwanira. Nk’ibi mujya mwumva abantu bashobora gutobanga ibyo abantu bubaka, nk’iyi nyubako ukumva ko waza ukayishyira hasi, oya nakwica mbere y’uko ubigeraho.”

Mu ijambo rye umukuru w’Igihugu yabwiye « Intagamburuzwa z’icyiciro cya gatatu » yeruriye abanyarwanda ko abandika, abavuga n’abakora ubusa cyangwa ibisenya batajya basinzira, asaba abanyarwanda kutaryumaho na bo bagatekereza kandi bagakora, bakazirikana ko nta mwanya w’imfabusa uri mu Rwanda.

Perezida Kagame yihanangirije abanyarwanda ku gupfukirana ibitekerezo byabo, anababwira ko bashobora kwitirirwa ibitekerezo bibi, bisenya biba byagaragajwe n’abanzi b’u Rwanda, aboneraho no kubibutsa ko hari itandukaniro ku watekereje agakora n’uwatekereje akaryumaho.

Ati “Hari ikinyuranyo kinini cyane rero, hagati yo kugira imbaraga, kugira ibitekerezo byiza, ukicecekera no kugira imbaraga, ukagira ibitekerezo byiza ukabishyira mu bikorwa. Ibyo washyize mu bikorwa ni byo bitanga umusaruro, ibindi byabaye imfabusa.”

-4047.jpg

Perezida Kagame ageza impanuro ku Intagamburuzwa z’icyiciro cya gatatu

-4046.jpg

Yakomeje avuga ko izo mfabusa nta mwanya zifite mu Rwanda, bityo abateye batyo bagomba guhindura imitekerereze n’imibereho, ati “Ntabwo twifuza kuba igihugu rero cy’abantu b’imfabusa cyangwa bakora ibintu by’imfabusa… si nifuza ko mwajya mu mfabusa, nta mwanya w’imfabusa dufite mu gihugu cyacu, mugire icyo mukora [Do one thing or another; do something].”

-4045.jpg

Perezida Kagame yabwiye urwo rubyiruko ko iyo umuntu atavuze cyangwa ngo yandike, uwabitinyutse akabikora, ibye bihabwa agaciro ndetse bikanitirirwa abatavuze kabone n’ubwo byaba ari amanjwe.

Umukuru w’Igihugu yabanje gusobanurira urwo rubyiruko uburyo rushyize hamwe rugahuza amaboko nta wapfa kurumeneramo ngo adindize u Rwanda mu ntego yarwo y’iterambere.

Ati “Murebe uko mungana hano, ntabwo muri bake n’ubwo igihugu gifite abanyarwanda benshi cyane kurusha abicaye hano, ariko n’abari hano ntabwo ari bake. Ariko mpereye kuri mwe muri hano, ingufu ziri hano muri iki cyumba ni nyinshi cyane,[…] Ingufu mvuga ntabwo ari za zindi zo guterura, na zo ni nyinshi, ndavuga ingufu z’ibitekerezo. Ndavuga ingufu z’ibikorwa bihereye ku bitekerezo biri muri iki cyumba.”

Icyakora kandi ngo n’ubwo izo ngufu ari nyinshi cyane, “iyo utazubatse neza, ushobora kuzihindura ubusa, cyangwa bake bakazihindura ubusa.”

Perezida Kagame yakomeje agira ati “Ubahagarariye kare yigeze kuvuga ikintu cya social media (imbuga nkoranyambaga), umuntu ashobora kuba umwe gusa cyangwa babiri muri mwe, bagakoresha ikoranabuhanga risigaye ririho, bigasa nk’aho abavugira mwese, kandi atari byo, cyangwa se akarwanya ibyo mutekereza, mukora, mushaka mwese, ku buryo bigaragara nk’aho koko ari we watsinze. Uzi aho bituruka? Ni ukuvuga ngo yakoresheje uburyo bumwe buri wese muri mwe ashoboye gukoresha, ariko we yabikoresheje mwe ntimwabikoresheje.”

Yakomeje agira ati “Ni ukuvuga ngo abantu babiri batatu hano iyo bashiritse ubute cyangwa iyo bafite umugambi wo kwandika bakawuzuza cyangwa bakawunoza, kubera ko yashiritse ubute akandika, abandi bakagira ubute, bakiryamira bakisinzirira, uwanditse, igitekerezo cye ni cyo cyumvikana, ni cyo kigaragara, ni cyo abantu bazatega amatwi, ni cyo bazumva ko ari cyo, cyitirirwe na wa wundi utanditse kandi batekereza mu buryo butandukanye.”

Yakomeje avuga ko abafite ubute bwo kwandika “ibyabo ntaho bizajya, ntabwo bizumvikana. Abazabona bya bindi bya babiri bya batatu, bazabona ko ari cyo gitekerezo kizima, bazabona ko ari cyo gihagarariye na ba bandi basinziriye batanditse, icyo gitekerezo ni cyo kizimakazwa. Murabyumva? Murabizi kandi Social media (imbuga nkoranyambaga) ni ko ikora.”

Gukoresha imbuga nkoranyambaga ndetse n’ikoranabuhanga muri rusange, ni umwe mu mihigo Intagamburuzwa z’icyiciro cya gatatu zahigiye imbere ya Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

Ndayisaba Eustache wari uzihagarariye yagize ati “Duhize kurinda umutekano n’ubusugire by’igihugu, turwanya iterabwoba, ubuhezanguni n’abagambanira igihugu aho bava bakagera, cyane cyane tunyomoza abasebya igihugu cyacu twifashishije ikoranabuhanga.”

-4048.jpg

Intagamburuzwa

2016-09-14
Editorial

IZINDI NKURU

Umutwe wa FPU7 wagiye gusimbura undi muri Haiti

Umutwe wa FPU7 wagiye gusimbura undi muri Haiti

Editorial 24 Jul 2016
“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

Editorial 31 Mar 2024
Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Editorial 08 Jul 2016
Nyagatare: Umugabo w’imyaka 33 yatawe muri yombi azira gutanga ruswa

Nyagatare: Umugabo w’imyaka 33 yatawe muri yombi azira gutanga ruswa

Editorial 23 Feb 2016
Umutwe wa FPU7 wagiye gusimbura undi muri Haiti

Umutwe wa FPU7 wagiye gusimbura undi muri Haiti

Editorial 24 Jul 2016
“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

Editorial 31 Mar 2024
Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Editorial 08 Jul 2016
Nyagatare: Umugabo w’imyaka 33 yatawe muri yombi azira gutanga ruswa

Nyagatare: Umugabo w’imyaka 33 yatawe muri yombi azira gutanga ruswa

Editorial 23 Feb 2016
Umutwe wa FPU7 wagiye gusimbura undi muri Haiti

Umutwe wa FPU7 wagiye gusimbura undi muri Haiti

Editorial 24 Jul 2016
“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

Editorial 31 Mar 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igitutu cya M23 cyasohoye Tshisekedi mu bitaro adakize, none uburwayi bumuvugishije amangambure.
Amakuru

Igitutu cya M23 cyasohoye Tshisekedi mu bitaro adakize, none uburwayi bumuvugishije amangambure.

Editorial 07 Aug 2024
Abakobwa 20 bari mu mwiherero i Nyamata babuze uko bahura n’abakunzi babo kuri St valentin
SHOWBIZ

Abakobwa 20 bari mu mwiherero i Nyamata babuze uko bahura n’abakunzi babo kuri St valentin

Editorial 15 Feb 2018
Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda
POLITIKI

Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Editorial 04 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru