• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Iyo mutabinsaba mba niteguye kubana namwe mu buryo busanzwe _Perezida Kagame

Iyo mutabinsaba mba niteguye kubana namwe mu buryo busanzwe _Perezida Kagame

Editorial 15 Jul 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 15 Nyakanga 2017 ku isaha ya saa sita n’iminota cumi n’itanu nibwo umukandida wa FPR Inkotanyi yari asesekaye mu karere ka Nyaruguru aho yari amaze akanya ategerejwe n’abaturage aje kwiyamamaza.

Mu ijambo yabagejejeho, Kagame yabijeje ko icyizere bamugiriye binyuze mu cyifuzo cya referendum.

Yagize ati “mwarabanje murabisaba, iyo mutabisaba mba niteguye kubana namwe mu buryo busanzwe nanjye nkagira umusanzu wanjye ntanga ku bundi buryo nk’uwo mutanga uwo ari wo wose, ibyo niko byari gukenda kandi nta cyo byari bintwaye nubu ntacyo bintwaye. Ariko mwarabisabye, mwabisabye mujya kujya muri referendumu.”

Akomeza agira ati “Uyu munsi ntabwo ari igikorwa cyo kwiyamamaza gusa, ntabwo ari igikorwa kiganisha ku matora gusa, uyu munsi tubanza no kwibuka aho u Rwanda ruvuye n’aho rugeze. Buriya mwese muri hano uko mukeye, uko mwabukereye, bivuze aho tuvuyen’aho tugeze. Bivuze u Rwanda rumaze kongera kuba igihugu cya ba nyiracyo, bose nta n’umwe usigaye inyuma.”

Referendumu ibafasha ko mwemeza igitekerezo cyanyu, icyifuzo cyanyu. Nanjye ubwanjye ntaho najyaga gushingira handi atari ukubahiriza icyifuzo cyanyu, ndetse mbyemera mvuga ngo nimureke noneho twongere dukore, turusheho ibyiza tumaze kugeraho, tugere ku bindi byinshi tunakore ku buryo ikindi gihe n’iyo icyifuzo cyaba ikindi, icyo gihe u Rwanda ruzakomeze rube u Rwanda ruteye imbere rudafite ikiruhungabanya.

Ibyo rero nizeye ko tugiye kubifatanya, kubyubaka, kubaka u Rwanda ku buryo no mu gihe kizaza, n’ikindi kifuzo kijyanye n’icyo twafashe ubungubu gishobora kuba kigarura u Rwanda. Sibyo?”

Perezida Kagame akomeza atangaza ko mu nshingano abanyarwanda bafite mu bihe biri imbere n’iyo ngiyo irimo, yo gukomeza umusingi, inshingano, yo kubakira kuri uwo musingi, ibikomeye bikaramba, bityo bagakomeza kujya imbere.

Ati “ubwo ndumva ko mubyiteguye, mumbyumva, twese tugiye gufata inzira yo gukorera hamwe ibyiza byose muri iyi myaka iri imbere. Sibyo?”

Yakomeje agira ati “ibyo tumaze kunyuramo nabyo ni urugero, byatubereye urugero rw’ibishoboka, ibyo abantu bashobora gukora, ibyo abantu bashobora kwigezaho; ingero turazifite, nabivuga ntashidikanya ko uko muri hano mwese n’aba bana bavutse ejobundi nta muntu n’umwe ushobora kuvuga ko uko umwaka washiraga ushyira undi, tuvuge mu myaka 22, 23 ishize, ko hari uwarushijeho gutakaza kurusha kunguka.”

Buri wese uri hano ashobora kuvuga aho avuye hatari heza n’aho ageze hashimishije.

Mu gusoza yijeje abaturage ko bagiye gukomeza kubaka u Rwanda mu gihe cy’imyaka irindwi iri imbere.

-216.png

Umukandida wa FPR-Inkotanyi Perezida Paul Kagame

Agira ati “niyo ntego rero muri iyi myaka irindwi igiye kuza, ndabivuga kandi ntashidikanya kuko imyaka irindwi iri imbere ni FPR, ni umukandida wayo, ni abamushyigikiye, ni bo bagiye gusubiraho bakayobora igihugu […] Ntabwo rero numva ikindi cyabihindura ngo bujye gucya habaye…, ntabwo nzi ibyo ari byo. Ariko ubu impamvu inzana guhura namwe, kuganira namwe, ni ukuzuza, ni ugushima icyo cyizere mwagize kuva rugikubita kugeza n’ubungubu.”

Burasa J. G/ Rushyashya.net

2017-07-15
Editorial

IZINDI NKURU

Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Editorial 29 Aug 2023
Perezida Trump yahagaritse abamugiraga inama mu by’ubucuruzi

Perezida Trump yahagaritse abamugiraga inama mu by’ubucuruzi

Editorial 17 Aug 2017
Ni iki cyatumye Royal TV nayo ihagarika  ibiganiro mu Rwanda

Ni iki cyatumye Royal TV nayo ihagarika ibiganiro mu Rwanda

Editorial 20 Sep 2017
Nyuma y’imvune yagiriye muri CHAN, Tuyisenge Jacques yavuze ko ubu ameze neza, ngo yiteguye gutanga umusanzu we mu ikipe ya APR FC.

Nyuma y’imvune yagiriye muri CHAN, Tuyisenge Jacques yavuze ko ubu ameze neza, ngo yiteguye gutanga umusanzu we mu ikipe ya APR FC.

Editorial 10 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mushikiwabo yagarutse ku myitwarire igomba kuranga Abanyarwanda mu gihe cya CHAN
IMIKINO

Mushikiwabo yagarutse ku myitwarire igomba kuranga Abanyarwanda mu gihe cya CHAN

Editorial 11 Jan 2016
Tombola ya 1/4 cya CAF Champions League yasize Simba izakina na Kaizer Chief naho muri CAF Confederations Cup Orlando Pirates izakine na Raja Cassablanca
Amakuru

Tombola ya 1/4 cya CAF Champions League yasize Simba izakina na Kaizer Chief naho muri CAF Confederations Cup Orlando Pirates izakine na Raja Cassablanca

Editorial 30 Apr 2021
Abakuru b’ibihugu by’Afrika 5 mu Burundi
Mu Rwanda

Abakuru b’ibihugu by’Afrika 5 mu Burundi

Editorial 27 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru