• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kacyiru: Hatangiye amahugurwa y’abagenzacyaha mu bijyanye no gukusanya no kurinda ibimenyetso by’ahabereye icyaha

Kacyiru: Hatangiye amahugurwa y’abagenzacyaha mu bijyanye no gukusanya no kurinda ibimenyetso by’ahabereye icyaha

Editorial 09 Mar 2017 Mu Rwanda

Abapolisi 15 bakorera hirya no hino mu gihugu bo mu ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe ubugenzacyaha (CID) kuwa gatatu taliki ya 8 Werurwe, batangiye amahugurwa y’icymweru agamije kubongerera ubumenyi mu bijyanye no gukusanya ibimenyetso by’ahabereye icyaha ndetse no kurinda ahabereye ibyaha kugira ngo bifashe mu iperereza.

Ni amahugurwa yateguwe kandi azatangwa n’ishami rya Polisi y’Ubudage rishinzwe ubugenzacyaha (Bundeskriminalmt), aho ryohereje impuguke 2 zizatanga amasomo atandukanye.

Atangiza ku mugaragaro ayo mahugurwa, umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe ubugenzacyaha (CID) Assistant Commissioner of Police Morris Murigo yavuze ko kongerera ubumenyi nk’ubu abapolisi ari imwe mu ntego Polisi y’u Rwanda yihaye kugira ngo igere ku nshingano zayo.

ACP Murigo yagize ati:” Mu kazi kacu k’ubugenzacyaha, dukeneye ubumenyi buhagije mu kwikemurira ibibazo duhura nabyo ahabereye icyaha, dukeneye kuba twiteguye ubwacu kandi ibizigishirizwa muri aya mahugurwa bikadufasha gusubiza ibyo duhura nabyo nk’imbogamizi.”

-6058.jpg

ACP Morris Murigo ushinzwe ishami ry’ubugenzacyaha muri Polisi

ACP Murigo yakomeje asaba abo bagenzacyaha ba Polisi , ko na nyuma y’aya mahugurwa, basabwa kujya bikorera ubushakashatsi bujyanye n’akazi kabo ka buri munsi kandi bagahora barangwa n’ubunyamwuga mu byo bakora, aho yagize ati:” Mureke duhore dutyaza ubwenge kandi tugendane n’ibigezweho kandi tugende imbere y’abanyabyaha, kwihugura kwacu guhoreho kandi ibyigirwa hano ntibibe amasigaracyicaro.”

Yashoje avuga ko ubugenzacyaha bukozwe neza, butanga ubutabera kuko bufasha gukora neza iperereza bityo abakoze ibyaha bakabihanirwa naho abadafite ibimenyetso bibashinja bakarenganurwa.

Mathias Conell wo mu ishami ry’ubugenzacyaha rya Polisi y’Ubudage, mu ijambo rye, yavuze ko ubumenyi buzatangirwa muri aya mahugurwa ari ingirakamaro kuri buri mupolisi kugirango abashe gufasha impande zifitanye ikibazo nta kubogama. Yongeyeho ko bazabonera hamwe uburyo bwo kunoza imikoranire ya Polisi n’izindi nzego z’abafatanyabikorwa, nk’ubushinjacyaha n’izindi.

Yagize ati:” Ntushobora kugira igihugu giteye imbere udafite imiyoborere myiza ndetse n’igipolisi gikora neza nk’icy’ u Rwanda, kandi ntiwatanga ubutabera butabogamye, ubugenzacyaha na Polisi muri rusange badakora neza, ni imwe mu ntego z’aya mahugurwa.”

Abitabiriye amahugurwa bazigishwa uko bapima ibimenyetso biba byakusanyijwe ni ukuvuga hapimwa ibikumwe n’utundi tumenyetso tuva ku mubiri, ibikoresho ,…by’uwakoze icyaha cyangwa ibirenge biba byakandagiye ahabereye icyaha n’ibindi, ibyo byose bigakorerwa isuzuma hifashishijwe ibikoresho bigezweho kugira ngo abanyabyaha batabwe muri yombi.

Bazahabwa kandi amasomo ajyanye n’uko amafoto y’aho icyaha cyabereye afatwa, uko umugenzacyaha agenda neza ahabereye icyaha kugira ngo ibimenyetso byafasha gutahura umunyacyaha bitangirika ndetse n’uburyo ibyo bimenyetso bikusanywa bikanabikwa.

2017-03-09
Editorial

IZINDI NKURU

Umuririmbyi Chester Bennington wabarizwaga mu itsinda rya Linkin Park yapfuye yimanitse

Umuririmbyi Chester Bennington wabarizwaga mu itsinda rya Linkin Park yapfuye yimanitse

Editorial 21 Jul 2017
Umuhezanguni Bicahaga Abdallah yahawe gasopo ya nyuma mu bikorwa bye byo gucengeza ingengabitekerezo ya Jenoside mu Banyarwanda

Umuhezanguni Bicahaga Abdallah yahawe gasopo ya nyuma mu bikorwa bye byo gucengeza ingengabitekerezo ya Jenoside mu Banyarwanda

Editorial 03 Feb 2023
Nyamagabe: Perezida Kagame yagabiye umukecuru w’imyaka 109 inka

Nyamagabe: Perezida Kagame yagabiye umukecuru w’imyaka 109 inka

Editorial 27 Feb 2019
Bwa mbere, Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente arageza ijambo ku Nteko Ishinga Amategeko

Bwa mbere, Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente arageza ijambo ku Nteko Ishinga Amategeko

Editorial 26 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugabo yasabye urukiko gutaburura Amafaranga yashyizwe mu mva y’umugabo wa Zari kubera ko hari Abantu bakennye bayakeneye
Mu Rwanda

Umugabo yasabye urukiko gutaburura Amafaranga yashyizwe mu mva y’umugabo wa Zari kubera ko hari Abantu bakennye bayakeneye

Editorial 03 Jun 2017
Umugambi wa Nkurunziza wo gutsemba abatutsi ushobora kuba ugiye gushyirwa mu bikorwa
Mu Rwanda

Umugambi wa Nkurunziza wo gutsemba abatutsi ushobora kuba ugiye gushyirwa mu bikorwa

Editorial 04 Jun 2016
Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi
UBUKUNGU

Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi

Editorial 14 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru