• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kagame arashima uruhare rwa Tshisekedi mu guhashya imitwe yitwaje intwaro

Kagame arashima uruhare rwa Tshisekedi mu guhashya imitwe yitwaje intwaro

Editorial 31 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yatangaje ko mugenzi we wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Felix A Tshisekedi, yakoze akazi gakomeye mu kugarura umutekano mu burasirazuba bw’igihugu cye no mu karere muri rusange, nyamara nta gihe kinini amaze ku buyobozi.

Ibi Perezida Kagame yabitangaje ku wa gatatu w’iki cyumweru ubwo yakiraga Abadiplomate bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda.

Perezida Kagame yagize ati ” U Rwanda rurashima umubano utanga umusaruro rufitanye n’igihugu cy’igituranyi cyarwo mu gice cy’Uburengerazuba. Twigeze kugirana ibibazo n’icyo gihugu mu bihe byashize. Magingo aya dufitanye ubufatanye ku bijyanye n’ubucuruzi bwambukiranya imipaka ndetse n’ibikorwa remezo duhuriyeho, ndetse no gusigasira ubuzima bw’abaturage b’u Rwanda na RDC.”

Perezida Kagame yavuze ko ibitero byatangijwe na Tshisekedi agamije guhashya burundu imitwe yitwaje intwaro yari yaragize indiri amashyamba ya Congo, irimo n’iyari igambiriye guhungabanya umutekano w’u Rwanda, byose byagenze neza.

Ati” Turashima ingufu za Tshisekedi n’ingabo za Congo mu kugarura amahoro Uburasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Ibi byatanze umusaruro mwiza cyane. Twamaze kubona imwe mu mitwe igenda isiragira mu bice bitandukanye, cyane ibyo mu bihugu bibiri duturanye. Bamwe muri bo barafashwe, turabafite aha ngaha kandi bari gukurikiranwa n’ubutabera. Turashima ubufatanye bw’abaturanyi bacu muri urwo rugendo rwo kongera kwiyubaka.”

Umubano mwiza w’u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo wagezweho, nyuma y’uko perezida Antoine Felix Tshisekedi yari amaze gutorerwa kuyobora iki gihugu.

Cyakora cyo hari abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi bamushinja guca Congo mo ibice, agamije kugira ngo bimwe muri byo bizomekwe ku Rwanda.

Ni amagambo Perezida Tshisekedi yavuze ko nta gaciro afite, ubwo yaganiraga n’Abakongomani baba mu Bwongereza mu cyumweru gishize.

Urugendo rwa Tshisekedi rwo kugarura amahiro mu Burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ntabwo ruragerwaho 100%, kuko hari imitwe yitwaje intwaro yirara mu baturage ikabica.

Nk’amakuru ahari agaragaza ko kuva ku wa gatatu w’iki cyumweru inyeshyamba za ADF zo muri Uganda zishe abaturage 36 mu gace ka Beni. Ni ibigagaragaza ko hadakwiye ukwirara, ko ahubwo ari urugamba rukomeza.

Ni mu gihe sosiyete sivile ivuga ko kuva ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo zatangira kugaba ibitero kuri ziriya nyeshyamba zimaze kwica abaturage 265 bo muri Beni.

Perezida Tshisekedi na we yagaragaje ko hakozwe byinshi mu guhashya imitwe y’inyeshyamba ariko ko umutekano udateze kugaruka vuba mu burasirazuba bwa Congo n’ubwo urugamba rugikomeza.

2020-01-31
Editorial

IZINDI NKURU

Raporo ya Loni yemejeko ingabo za Kayumba Nyamwasa na Wilson Irategeka zakubiswe inshuro na FARDC, inagaragaza ko abarwanyi ba P5 banyura mu Burundi

Raporo ya Loni yemejeko ingabo za Kayumba Nyamwasa na Wilson Irategeka zakubiswe inshuro na FARDC, inagaragaza ko abarwanyi ba P5 banyura mu Burundi

Editorial 12 Jun 2020
Twagiramungu yabuze ayo acira nayo amira mu gihe umutwe avugira wacitse umutwe n’imizi

Twagiramungu yabuze ayo acira nayo amira mu gihe umutwe avugira wacitse umutwe n’imizi

Editorial 21 Jan 2020
Kabuga yagakwiye gusogongera ku cyanga cy’Ubutabera bw’ u Rwanda nk’abandi nkawe

Kabuga yagakwiye gusogongera ku cyanga cy’Ubutabera bw’ u Rwanda nk’abandi nkawe

Administrator 16 Nov 2025
Nta kuntu ubutegetsi bwa CNDD-FDD butari gushyigikira ibikorwa bya FDLR n’utundi dutsiko tw’abicanyi,kandi benshi mu bagize iyo mitwe yose baratorejwe hamwe ingengabitekerezo ya jenoside

Nta kuntu ubutegetsi bwa CNDD-FDD butari gushyigikira ibikorwa bya FDLR n’utundi dutsiko tw’abicanyi,kandi benshi mu bagize iyo mitwe yose baratorejwe hamwe ingengabitekerezo ya jenoside

Editorial 03 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ruharwa Stanislas Mbonampeka yatawe muri yombi
Amakuru

Ruharwa Stanislas Mbonampeka yatawe muri yombi

Editorial 01 Apr 2024
AMAFOTO – APR FC yatangiye neza CECAFA Kagame Cup itsinda Singida Big Stars yo muri Tanzania
Amakuru

AMAFOTO – APR FC yatangiye neza CECAFA Kagame Cup itsinda Singida Big Stars yo muri Tanzania

Editorial 09 Jul 2024
Jean-Luc wa Habyarimana yacunze Icyunamo kirimbanyije yikoza agati munsi y’Ubugabo
Amakuru

Jean-Luc wa Habyarimana yacunze Icyunamo kirimbanyije yikoza agati munsi y’Ubugabo

Editorial 14 Apr 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru