• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kagame avuga kuri Makuza: “Namumenye mu bihe bibi kandi mumenya nk’umugabo muzima”

Kagame avuga kuri Makuza: “Namumenye mu bihe bibi kandi mumenya nk’umugabo muzima”

Editorial 07 Nov 2016 Mu Mahanga

Perezida Kagame yavuze ko nyakwigendera Makuza Bertin, nyir’uruganda Rwanda Foam, yamumenye mu bihe bibi igihugu cyarimo, akamumenya nk’umuntu w’umugabo kandi muzima.

Ibi yabitangarije mu rugo rwa Makuza mu ijoro ryo kuri iki cyumweru tariki ya 6 Ugushyingo, ubwo we na madamu we bari bifatanyije n’umuryango wa nyakwigendera ndetse n’inshuti n’abavandimwe mu kababaro batewe n’urupfu rwe.

Perezida Kagame yavuze ko Makuza yari umugabo mwiza kandi waranzwe no gufasha igihugu mu bihe bikomeye cyarimo.

Yagiza ati “Makuza ntabwo muzi imyaka myinshi cyane ariko imyaka namumenye ni myinshi irahagije. Namumenye mu bihe bibi igihugu cyarimo. Iyo umenye umuntu mu bihe bibi ukamumenya neza akaba muzima mu bihe bibi, Makuza rero namumenye mu bihe bibi kandi mumenya nk’umuntu w’umugabo muzima, ndetse aranafasha ubwo twatangiye kubaka igihugu, ni umwe mu bantu twitabazaga, yari afite abandi bantu babanye b’inshuti ze bakoranye mu bihe birebire bindi kenshi mu gushaka inkunga, gushaka abikorera kugira ngo barusheho gukora neza cyangwa se batera inkunga ibikorwa by’igihugu, akarere turimo, kongera kwiyubaka.”

Umukuru w’Igihugu yunzemo ati “Yari muri ba bandi bazaga imbere cyangwa se akazana n’abandi imbere baje gufasha. Kandi ni koko banifashaga kuko bumvaga ko iyo utanze inkunga yawe mu bikorwa rusange, inkunga igera kuri benshi.”

Perezida Kagame yavuze ko ibyo Makuza yakoraga atari we wabaga yikorera gusa ku giti cye, aho ngo uruganda yari afite ibyavagamo yabigezaga no ku bandi, ndetse akanafasha n’umuryango we agafasha igihugu, agakorana n’abandi kugira ngo igihugu gitere imbere.

Yakomeje avuga ko ibyo Makuza yakoze ari urugero rwiza n’abandi bantu bakwiye kumwigiraho, aho ngo nubwo yitabye Imana azahora yibukirwa amateka meza asize. Aha Perezida Kagame yasabye abantu bose ko baharanira kuzajya basiga amateka meza.

Yagize ati “Ibyo ni urugero rwiza ku bandi bakiriho, cyangwa se kunoza gufatanya n’abandi kugira ngo igihugu cyacu gitere imbere. Buri wese azagira umunsi we, ariko buri munsi uko ugera ku bantu cyangwa uko bagera ku munsi wabo, ngira ngo hari ukundi bakomeza kubaho, uko bakomeza kubaho ni izina uba usize nk’uku turi hano, twaje kwifatanya n’umuryango, ubu ni ugukomeza kubaho kwa Makuza, buri wese rero aba akwiriye kutabaho rimwe gusa ngo birangire aho, gukomeza kubaho biva mu mateka uba usize mu byo wakoze n’ukuntu wifashe n’ukuntu wafashije abandi cyangwa se n’ukuntu wakoranye n’abandi kandi ibikorwa byiza ubwabyo bikomeze kuguha iryo zina.

Makuza yari nyir’umuturirwa M Peace Plazza wafunguwe ku mugaragaro na Perezida Kagame umwaka ushize. Wafunguriwe umunsi umwe n’inyubako Umujyi wa Kigali ukoreramo.

-4598.jpg

Perezida Paul Kagame na Nyakwigendera Makuza Bertin bafungura kumugaragara umuturirwa ” M Peace Plazza”

Nyakwigendera Makuza Bertin wari ufite imyaka 73, yitabye Imana mu masaha ya saa sita z’ijoro zo ku wa kane tariki ya 3 Ugushyingo mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal, akaba asize umugore n’abana 6.

Biteganyijwe ko kuri uyu wa 7 Ugushyingo ari bwo habaho umuhango wo kumushyingura, aho haza no gusomwa Igitambo cya Misa cyo kumusabira kuri kiriziya ya Regina Pacis Remera.

Source: Izuba rirashe

2016-11-07
Editorial

IZINDI NKURU

Iradukunda Bertrand ukinira Township Rollers yo muri Botswana azamara ukwezi adakina kubera imvune

Iradukunda Bertrand ukinira Township Rollers yo muri Botswana azamara ukwezi adakina kubera imvune

Editorial 10 Dec 2021
RDC yashyikirije u Rwanda abaturage 16 bafatiwe mu mukwabu i Goma

RDC yashyikirije u Rwanda abaturage 16 bafatiwe mu mukwabu i Goma

Editorial 12 Jan 2020
CNLG yagize icyo ivuga kubihano byahawe Ngenzi Octavien na Barahira Tito

CNLG yagize icyo ivuga kubihano byahawe Ngenzi Octavien na Barahira Tito

Editorial 07 Jul 2016
CNLG yatunze agatoki  umucamanza Meron warekuye abahamwe n’icyaha cya Jenoside

CNLG yatunze agatoki umucamanza Meron warekuye abahamwe n’icyaha cya Jenoside

Editorial 16 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuriro watse nyuma yaho dushyiriye ahagaragara imishyikirano ya Kayumba Nyamwasa , Rusesabagina na muganga Eliel Ntakirutimana
ITOHOZA

Umuriro watse nyuma yaho dushyiriye ahagaragara imishyikirano ya Kayumba Nyamwasa , Rusesabagina na muganga Eliel Ntakirutimana

Editorial 15 Feb 2016
Patrick Mazimhaka yasezeweho mu cyubahiro
INKURU NYAMUKURU

Patrick Mazimhaka yasezeweho mu cyubahiro

Editorial 30 Jan 2018
Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Desalegn yeguye
POLITIKI

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Desalegn yeguye

Editorial 15 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru