• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kaminuza y’u Rwanda yazamuye amafaranga y’ishuri

Kaminuza y’u Rwanda yazamuye amafaranga y’ishuri

Editorial 04 Oct 2018 Mu Rwanda

Kaminuza y’u Rwanda yongereye amafaranga y’ishuri iyageza kuri miliyoni 2 kubinga amashami y’ubumenyi, ibi biciro bishya bikaba bizatangira kugenderwaho mu mwaka w’amashuri wa 2018-2019

Itangazo Kaminuza y’u Rwanda yashyize ahagaragara mu mpera z’iki cyumweru, rigaragaza ko abanyeshuri biga amasomo y’ubumenyi n’ikoranabuhanga muri Koleji y’ubuvuzi (CMHS) n’iy’Ubumenyi n’ikoranabuhanga (CST) barimo abirihira n’abarihirirwa na Leta bazajya bishyura miliyoni 2Frw.

Risobanura ko abiga amasomo y’ubugeni (Creative Design) n’andi abarizwa mu y’ubumenyi n’ikoranabuhanga mu cyiciro cya kabiri muri CST, birihira bazajya bishyura miliyoni 1,6Frw naho abishyurirwa na Leta akaba miliyoni 2Frw.

Abiga Ubumenyi n’ikoranabuhanga muri Koleji y’uburezi (CE), barihirwa na Leta bazajya bishyura miliyoni 2Frw naho abirihira bishyure miliyoni 1,6Frw. Ni mu gihe abiga andi masomo atari ubumenyi n’ikoranabuhanga bazajya bishyura ibihumbi 800 Frw bose.

Rikomeza rivuga ko abiga amasomo y’ubumenyi n’ikoranabuhanga mu ishami ry’ubuhinzi n’ubworozi (CAVM) barihirwa na Leta nabo bazajya bishyura miliyoni 2Frw, abirihira kabishyura 1,6Frw.

Iri tangazo rivuga ko abiga amasomo atari ay’ubumenyi n’ikoranabuhanga muri Koleji ya CASS, Uburezi muri CE n’abiga muri Koleji y’Icungamutungo n’ubukungu (CBE) barihirwa na Leta cyangwa birihira, bazajya bishyura ibihumbi 800Frw.

Riha umwihariko abiga amasomo atari ay’ubumenyi n’ikoranabuhanga muri Koleji ya Nyagatare na Rusizi, ariko birihira wo kuzajya bishyura ibihumbi 530Frw mu gihe abarihirwa na Leta ari ibihumbi 800Frw.

Bitandukanye n’umwaka ushize aho abanyamahanga bishyuraga barengejeho 20% ku yishyurwa n’abanyarwanda ndetse n’abaturuka muri EAC, iri tangazo risobanura ko uyu mwaka bose bazishyura angana.

Rinavuga ko amafaranga yo kwiyandikisha ku banyeshuri bashya ari ibihumbi 65Frw nabo abasanzwe biga bikaba 35Frw kandi bigakorwa bitarenze ku wa 15 Ukuboza 2018.

Rivuga ko kwishyura aya mafaranga ku gihe ari itegeko, ariko abiyishyurira bagahabwa amahirwe yo kwishyura mu byiciro bine.

Umwaka ushinze wa 2017/18 abanyeshuri b’abanyarwanda n’abo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) biga muri UR amasomo y’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga bishyuraga miliyoni imwe n’igice y’amafaranga y’u Rwanda, naho abandi banyamahanga bakishyura miliyoni imwe n’ibihumbi 800.

Icyo gihe abiga amasomo atari ay’ubumenyi n’ikoranabuhanga bo mu Rwanda na EAC bishyuraga ibihumbi 600Frw abandi banyamahanga bishyura ibihumbi 720Frw.

2018-10-04
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma yo gutangaza Addy Bukaraba nk’umutoza mushya wa Etoile de l’Est, yahise akoresha imyitozo bitegura kwakira Gicumbi FC

Nyuma yo gutangaza Addy Bukaraba nk’umutoza mushya wa Etoile de l’Est, yahise akoresha imyitozo bitegura kwakira Gicumbi FC

Editorial 15 Feb 2022
Abahanga mu mategeko, mu bukungu n’abaganga: Imboni mu bagize guverinoma nshya

Abahanga mu mategeko, mu bukungu n’abaganga: Imboni mu bagize guverinoma nshya

Editorial 17 Oct 2017
Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu  rizwi nka Rwandan Epic

Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic

Editorial 30 Nov 2025
Amafoto – Nyuma y’imyaka ibiri ari muri APR FC, kapiteni wayo Manzi Thierry yerekeje ku mu gabane w’i Burayi mu ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia

Amafoto – Nyuma y’imyaka ibiri ari muri APR FC, kapiteni wayo Manzi Thierry yerekeje ku mu gabane w’i Burayi mu ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia

Editorial 10 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubushinwa bwagerageje Igisasu cya Kirimbuzi gifite imitwe 10 mu kwitegura kurwana n’Amerika
ITOHOZA

Ubushinwa bwagerageje Igisasu cya Kirimbuzi gifite imitwe 10 mu kwitegura kurwana n’Amerika

Editorial 04 Feb 2017
Côte d’Ivoire: Perezida Ouattara mu nzira zo guhindura Itegeko Nshinga
POLITIKI

Côte d’Ivoire: Perezida Ouattara mu nzira zo guhindura Itegeko Nshinga

Editorial 08 Jan 2020
Nyamagabe: Abataramenyekana batwitse imodoka eshatu, abantu babiri bahasiga ubuzima
INKURU NYAMUKURU

Nyamagabe: Abataramenyekana batwitse imodoka eshatu, abantu babiri bahasiga ubuzima

Editorial 16 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru