• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kaminuza y’u Rwanda yazamuye amafaranga y’ishuri

Kaminuza y’u Rwanda yazamuye amafaranga y’ishuri

Editorial 04 Oct 2018 Mu Rwanda

Kaminuza y’u Rwanda yongereye amafaranga y’ishuri iyageza kuri miliyoni 2 kubinga amashami y’ubumenyi, ibi biciro bishya bikaba bizatangira kugenderwaho mu mwaka w’amashuri wa 2018-2019

Itangazo Kaminuza y’u Rwanda yashyize ahagaragara mu mpera z’iki cyumweru, rigaragaza ko abanyeshuri biga amasomo y’ubumenyi n’ikoranabuhanga muri Koleji y’ubuvuzi (CMHS) n’iy’Ubumenyi n’ikoranabuhanga (CST) barimo abirihira n’abarihirirwa na Leta bazajya bishyura miliyoni 2Frw.

Risobanura ko abiga amasomo y’ubugeni (Creative Design) n’andi abarizwa mu y’ubumenyi n’ikoranabuhanga mu cyiciro cya kabiri muri CST, birihira bazajya bishyura miliyoni 1,6Frw naho abishyurirwa na Leta akaba miliyoni 2Frw.

Abiga Ubumenyi n’ikoranabuhanga muri Koleji y’uburezi (CE), barihirwa na Leta bazajya bishyura miliyoni 2Frw naho abirihira bishyure miliyoni 1,6Frw. Ni mu gihe abiga andi masomo atari ubumenyi n’ikoranabuhanga bazajya bishyura ibihumbi 800 Frw bose.

Rikomeza rivuga ko abiga amasomo y’ubumenyi n’ikoranabuhanga mu ishami ry’ubuhinzi n’ubworozi (CAVM) barihirwa na Leta nabo bazajya bishyura miliyoni 2Frw, abirihira kabishyura 1,6Frw.

Iri tangazo rivuga ko abiga amasomo atari ay’ubumenyi n’ikoranabuhanga muri Koleji ya CASS, Uburezi muri CE n’abiga muri Koleji y’Icungamutungo n’ubukungu (CBE) barihirwa na Leta cyangwa birihira, bazajya bishyura ibihumbi 800Frw.

Riha umwihariko abiga amasomo atari ay’ubumenyi n’ikoranabuhanga muri Koleji ya Nyagatare na Rusizi, ariko birihira wo kuzajya bishyura ibihumbi 530Frw mu gihe abarihirwa na Leta ari ibihumbi 800Frw.

Bitandukanye n’umwaka ushize aho abanyamahanga bishyuraga barengejeho 20% ku yishyurwa n’abanyarwanda ndetse n’abaturuka muri EAC, iri tangazo risobanura ko uyu mwaka bose bazishyura angana.

Rinavuga ko amafaranga yo kwiyandikisha ku banyeshuri bashya ari ibihumbi 65Frw nabo abasanzwe biga bikaba 35Frw kandi bigakorwa bitarenze ku wa 15 Ukuboza 2018.

Rivuga ko kwishyura aya mafaranga ku gihe ari itegeko, ariko abiyishyurira bagahabwa amahirwe yo kwishyura mu byiciro bine.

Umwaka ushinze wa 2017/18 abanyeshuri b’abanyarwanda n’abo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) biga muri UR amasomo y’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga bishyuraga miliyoni imwe n’igice y’amafaranga y’u Rwanda, naho abandi banyamahanga bakishyura miliyoni imwe n’ibihumbi 800.

Icyo gihe abiga amasomo atari ay’ubumenyi n’ikoranabuhanga bo mu Rwanda na EAC bishyuraga ibihumbi 600Frw abandi banyamahanga bishyura ibihumbi 720Frw.

2018-10-04
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame niwe wongeye gutsinda amatora ku majwi 98,66%

Perezida Kagame niwe wongeye gutsinda amatora ku majwi 98,66%

Editorial 07 Aug 2017
Amavubi y’abagore ntakitabiriye amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika

Amavubi y’abagore ntakitabiriye amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika

Editorial 13 Oct 2021
Gatare na Tom Ndahiro bati “Hari Abanyamakuru b’ Abanazi, Ingabire Victoire akwiye gusaba imbabazi abanyarwanda

Gatare na Tom Ndahiro bati “Hari Abanyamakuru b’ Abanazi, Ingabire Victoire akwiye gusaba imbabazi abanyarwanda

Editorial 13 Sep 2021
As Kigali ikomeje mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup itsinze Olympique de Missiri Sima igiteranyo cy’ibitego 8-1

As Kigali ikomeje mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup itsinze Olympique de Missiri Sima igiteranyo cy’ibitego 8-1

Editorial 18 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Stade Malien yegukanye umwanya wa gatatu mu mikino ya Basketball Africa League itsinze Petro de Luanda amanota 73-65
Amakuru

Stade Malien yegukanye umwanya wa gatatu mu mikino ya Basketball Africa League itsinze Petro de Luanda amanota 73-65

Editorial 27 May 2023
LIN MUYIZERE YAKORESHEJE IBIRORI BYO KWISHIMIRA IFUNGWA RYA INGABIRE VICTOIRE.
ITOHOZA

LIN MUYIZERE YAKORESHEJE IBIRORI BYO KWISHIMIRA IFUNGWA RYA INGABIRE VICTOIRE.

Editorial 16 Mar 2016
Israel: Abimukira bava muri Eritrea bateguye imyigaragambyo ikomeye imbere ya Ambasade y’u Rwanda
HIRYA NO HINO

Israel: Abimukira bava muri Eritrea bateguye imyigaragambyo ikomeye imbere ya Ambasade y’u Rwanda

Editorial 22 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru