• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kantengwa Angélique wayoboraga RSSB agizwe umwere ari mu Buhinde kwivuza

Kantengwa Angélique wayoboraga RSSB agizwe umwere ari mu Buhinde kwivuza

Editorial 09 Aug 2016 Mu Mahanga

Hagiye gushira ukwezi Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rusomye imyanzuro y’Urubanza Ubushinjacyaha bwaregagamo Kantengwa Angélique rumugira umwere kuko rwasomwe tariki 15 Nyakanga 2016, icyo gihe twashakishije Kantengwa umuryango we utubwira ko ari mu Buhinde aho yagiye kwivuza.

Imyanzuro y’urukiko yemeje ko yagizwe umwere, ndetse ubu hasigaye iminsi itageze ku cyumweru ngo iki cyemezo cy’urukiko kibe ihame, Ubushinjacyaha nibutajurira mu minsi micye isigaye.

Mu kwezi kwa Nzeri 2014, nibwo Kantengwa Angélique yatawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha birimo icyo gukoresha nabi umutungo wa Leta, itonesha no gutanga amasoko mu buryo budakurikije amategeko.

-3576.jpg

Kantengwa Angélique

Mu byo yashinjwaga gutanga ku buntu ari umutungo wa Leta, harimo amafaranga y’u Rwanda asaga 26.000.000 yatanzwe ku gishushanyo mbonera cy’inyubako y’ikigo cy’igihugu cy’ubwishingizi RSSB yayoboraga, ndetse n’amafaranga asaga miliyari ebyiri (2.000.000.000) yatanzeho amasoko mu buryo budakurikije amategeko.

Mu ntangiriro z’umwaka wa 2015, Kantengwa Angélique yafunguwe by’agateganyo ngo ajye kwivuza kuko yari arwaye cyane, ndetse ninabwo yaherukaga kugaragara imbere y’urukiko, kugeza ubwo yaje gusomerwa tariki 15 Nyakanga 2016 akagirwa umwere.

Amategeko ateganya ko nyuma yo gusomerwa, umwe mu baburanyi aba ashobora kujuririra icyemezo cy’urukiko bitarenze iminsi 30. Kuri Kantengwa wagizwe umwere, byumwikana ko atapfa kujurira, nyamara ubushinjacyaha bwamuregaga bwo bushobora kujurira.

Faustin Nkusi, umuvugizi w’ubushinjacyaha bw’u Rwanda, yabwiye ikinyamakuru Ukwezi.com ko mu minsi micye isigaye bakirimo gusesengura ibyo urukiko rwagendeyeho rumugira umwere, bakaba bashobora kujurira cyangwa se ntibajurire.

-3575.jpg

Faustin Nkusi, umuvugizi w’ubushinjacyaha bw’u Rwanda

Iki cyumweru nikirangira nta bujurire bwari bwemezwa, bivuze ko Kantengwa Angélique azaba abaye umwere bidasubirwaho.

Umuvugizi w’Inkiko mu Rwanda, Itamwa Emmanuel nawe yabwiye Igihe.com ko Kantengwa yagizwe umwere ku byaha byose yari akurikiranyweho.

Kantengwa yari akurikiranweho ibyaha birimo gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda inyungu, gutangira ubuntu umutungo w’ikigo gishamikiye kuri Leta yayoboraga, gutonesha ndetse no gutanga amasoko ya Leta mu buryo butemewe n’amategeko.

Umwanditsi wacu

2016-08-09
Editorial

IZINDI NKURU

Pascal Nyamurinda niwe utorewe kuyobora Umujyi wa Kigali

Pascal Nyamurinda niwe utorewe kuyobora Umujyi wa Kigali

Editorial 17 Feb 2017
Gatsibo  : Umuyobozi w’Intara y’I Burasirazuba n’uwa Polisi y’u Rwanda batashye ku mugaragaro sitasiyo za Polisi 10

Gatsibo : Umuyobozi w’Intara y’I Burasirazuba n’uwa Polisi y’u Rwanda batashye ku mugaragaro sitasiyo za Polisi 10

Editorial 03 Feb 2017
Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Editorial 09 May 2023
Abaturage  bitabiriye ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu karere ka Gatsibo

Abaturage bitabiriye ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu karere ka Gatsibo

Editorial 21 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Vision FC na Rutsiro FC niyo makipe yabonye itike yo gukina icyiciro cya mbere mu mwaka w’imikino wa 2024-2025
Amakuru

Vision FC na Rutsiro FC niyo makipe yabonye itike yo gukina icyiciro cya mbere mu mwaka w’imikino wa 2024-2025

Editorial 06 Jun 2024
RDC: Abashinwa babiri batawe muri yombi nyuma yo gufatwa batwaye imodoka y’igipolisi
Mu Rwanda

RDC: Abashinwa babiri batawe muri yombi nyuma yo gufatwa batwaye imodoka y’igipolisi

Editorial 08 May 2017
Nyuma yo guhamwa n’icyaha cya ruswa abahoze ari abakozi ba WASAC bakatiwe imyaka 3 y’igifungo
Mu Mahanga

Nyuma yo guhamwa n’icyaha cya ruswa abahoze ari abakozi ba WASAC bakatiwe imyaka 3 y’igifungo

Editorial 16 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru