• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Karasira Aimable Yirukanywe Muri Kaminuza y’U Rwanda Azira Imyitwarire ye Igayitse Itabereye Umurezi

Karasira Aimable Yirukanywe Muri Kaminuza y’U Rwanda Azira Imyitwarire ye Igayitse Itabereye Umurezi

Editorial 14 Aug 2020 INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo guhabwa inshuro nyinshi amabaruwa amusaba ibisobanuro ku myitwarire ye ihabanye n’indangagaciro zikwiye umurezi urerera u Rwanda ndetse igaragaza umusaruro mukeya, Karasira Uzaramba Aimable yamaze gusezererwa muri Kaminuza y’u Rwanda nkuko biri mu itangazo nyuma yuko ibisobanuro yari yatanze taliki 27 Kanama 2020 bitasubizaga bihagije ibibazo yari yabajijwe ngo binyure ubuyobozi bwa Kaminuza y’uRwanda.

Uyu mugabo wigeze no kuba umuhanzi yiyita Professor Nigga mu myaka ishize yakunze kurangwa n’imyitwarire idashimishije irimo no kunywa ibiyobyabwenge rwihishwa ndetse no gusindira mu ruhame, yagiye yamaganirwa kure n’abafite abana babo muri Kaminuza y’u Rwanda bavuga ko atagaragaza urugero rwiza rwo gutanga ubumenyi.

Akenshi usanga hari bamwe bamufata nk’umuntu ufite ibibazo byo mu mutwe kubera zimwe mu mvugo yagiye akoresha mu bihe binyuranye haba mu bitangazamakuru cyangwa se ku mbuga nkoranyambaga ndetse no mu mbwirwaruhame ze aho adatinya kuvuga nabi umuryango nyarwanda, aho yagiye agaragara avuga ko afite ikibazo cya depression ariko abandi babibonyemo amaco y’inda no gusabiriza kuko ibiganiro yakoraga yirirwa atangaza numero ze za Telephone bamwohererezaho amafaranga.

Muri iyi minsi kandi yasaga nk’uwigaragagaza cyane kuri Youtube aho asanzwe afite televiziyo ikorera kuri murandasi akayita Ukuri mbona (ahubwo iyo ayita amafuti ngira)aho agenda atangariza ho amagambo ashobora guhungabanya umudendezo w’abanyarwanda kuko aba akoresha imvugo zafatwa nko kwangisha abaturage ubuyobozi buriho mu Rwanda akabikora nkana kandi asanzwe ari umurezi wakarereye u Rwanda ndetse akanashishikariza urubyiruko arera gukunda igihugu.

Mu ibaruwa imwirukana burundu ku kazi hagiye hakubiyemo ingingo nyinshi zibanda ko yagiye yangiza nkana cyangwa akabisuzugura nkaho havugwamo kuba atarigeze ashyira bimwe mu bikenewe muri system yo kwiga hakoreshejwe ikoranabuhanga mu gihe amasomo yari yahagaritswe kubera icyorezo cya Covid-19, ndetse ntanatange bimwe mu byo yasabwaga mu bushakashatsi yarimo, ntamugayo rero ko atabasha gufatanya imirimo ibiri kwigisha no kujya ku mbuga nkoranyambaga avuga amagambo atari meza ku gihugu.

Mu minsi ishize kandi uyu mugabo yumvikanye avuga ko atashaka umunyarwandakazi, aho byakuruye impaka nyinshi ndetse benshi babona ko hari byinshi bidatunganyije mu mikorere y’ubwonko bwe nk’umurezi urerera igihugu, hari byinshi byagiye bimuranga muri iyi myaka nko mu gihe habaga irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka wa 2019 aho yagiye akoresha amagambo akomeretsa bamwe mu bari bitabiriye iryo rushanwa, aho yaje kwihanangirizwa ariko koko akabaye icwende ntikoga wa mugani w’Abanyarwanda.

Karasira na Barafinda muri icyo kiganiro cyabo kandi bita Ukuri mbona bagiye bavugamo amagambo ubona asanzwe akoreshwa n’abantu bafite ibibazo byo mu mutwe, dore ko uwo Barafinda we anaherutse mu bitaro byita ku barwayi bo mu mutwe I Ndera aho byaje kugaragara ko afite indwara karande yo mu mutwe, abantu benshi banagiye basabira Karasira kuba yafashwa kuvurwa kuko nawe agaragaza ibimenyetso by’indwara zo mu mutwe!

Hari hashize iminsi itari myinsi Kaminuza y’u Rwanda ihaye ibaruwa isaba ubusobanuro Karasira ku myitwarire ye itari ntamakemwa ndetse n’indangagaciro zikwiye umurezi ndetse no kumubaza impamvu atubahiriza inshingano ze, none mu mwanzuro iyo kaminuza yafashe ni ukumusezerera nk’abandi bagaragaje imyitwarire itari myiza no kutuzuza inshingano zabo

Nk’inama Rushyashya News tudahwema gutanga tumwifurije guhinduka akaba indakemwa mu mico no mu myifatire akaba Umunyarwanda ubereye Umuryango bitihi harindimutse Karasira asarishijwe n’ibiyayuramutwe Cyangwa se yerure akurikire akaryoshye ko muri YouTube n’ubundi buhendabana bw’biryabarezi bimushuka.

2020-08-14
Editorial

IZINDI NKURU

Gabon : Abateramakofe batatu b’Abarundi bafatiriwe muri Hotel kubera kubura ubwishyu

Gabon : Abateramakofe batatu b’Abarundi bafatiriwe muri Hotel kubera kubura ubwishyu

Editorial 20 May 2019
Uburyo bushya abarwanya Leta y’u Rwanda, batangije bwo gukwirakwiza ibihuha.

Uburyo bushya abarwanya Leta y’u Rwanda, batangije bwo gukwirakwiza ibihuha.

Editorial 08 Mar 2019
Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?

Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?

Editorial 05 Mar 2020
Ibiganiro bihuza Abarundi bigomba gupfundikirwa bitarenze Ukwakira 2018

Ibiganiro bihuza Abarundi bigomba gupfundikirwa bitarenze Ukwakira 2018

Editorial 16 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Azarias Ruberwa Manywa wigeze kuba Visi-Perezida wa Kongo ari mu mazi abira, azira gusa ko ari Umunyamulenge.
Amakuru

Azarias Ruberwa Manywa wigeze kuba Visi-Perezida wa Kongo ari mu mazi abira, azira gusa ko ari Umunyamulenge.

Editorial 21 Jan 2023
U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Nigeria mu gushaka itike Afrobasket 2021
IMIKINO

U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Nigeria mu gushaka itike Afrobasket 2021

Editorial 21 Dec 2019
Muzunga iri kubyinisha amashyaka yo hanze arwanya ubutegetsi bwa Leta y’u Rwanda
ITOHOZA

Muzunga iri kubyinisha amashyaka yo hanze arwanya ubutegetsi bwa Leta y’u Rwanda

Editorial 24 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru