• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Karongi: Abamotari bibukijwe kubahiriza amategeko y’umwuga wabo

Karongi: Abamotari bibukijwe kubahiriza amategeko y’umwuga wabo

Editorial 02 Jan 2016 Mu Mahanga

​Ku wa 30 Ukuboza 2015, Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Karongi, Superintendent of Police (SP) Vita Hamza,yagiranye inama n’abamotari bagera ku ijana bakorera mu murenge wa Bwishyura, wo muri aka karere, abakangurira kubahiriza amategeko n’amabwiriza bigenga umwuga wabo kugira ngo birinde guteza impanuka zo mu muhanda.

Abo bamotari bibumbiye muri Koperative ebyiri, ari zo : COTAMOKA (Cooperative de Taxi Motos – Karongi) na COTRAMOKA (Cooperative de Transport par Moyen de Motos-Karongi).

Iyo nama abo bamotari bagiranye n’ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda muri aka karere yabereye mu kagari ka Kibuye.

SP Hamza yababwiye ko impanuka zo mu muhanda ziterwa akenshi no kwica amategeko yo kuwutwaramo ibinyabiziga no kuwugendamo.

Yababwiye ko mu bizitera harimo gutwara moto ku muvuduko urengeje uwagenwe ndetse no gukoresha terefone uyitwaye. Yatanze urugero rwo kwitaba uyiguhamagayeho utwaye moto, cyangwa kuyihamagaza utwaye moto.Mu bindi biteza impanuka yababwiye harimo; guheka abagenzi barenze umwe, kuvanga abagenzi n’imitwaro, ndetse no gutwara moto wasinze cyangwa unaniwe.

SP Hamza yabwiye kandi abo bamotari kubaha amatara n’ibimenyetso byo ku muhanda, kwambara ingofero z’akazi zabugenewe, kudatwara imitwaro kuri moto, guhagarara mu gihe bahagaritswe n’umupolisi cyangwa undi muntu wese ubifitiye ububasha, no kwambara umwambaro ubaranga mu gihe bari gukora umwuga wabo.
Yagize ati:” Mwibuke ko iyo impanuka ibaye idatoranya. Mu gihe ibaye, ishobora namwe kubahitana cyangwa ikabakomeretsa. Rero, kubahiriza amategeko agenga umwuga wanyu bibafitiye inyungu ndetse n’abandi bakoresha umuhanda muri rusange.”

Na none, SP Hamza yababwiye kwirinda gutwara moto badafite uruhushya rwo kuyitwara, kandi bakirinda gutwara umuntu ugiye gukora ibikorwa binyuranyije n’amategeko, ahubwo bagahita bamenyesha Polisi y’u Rwanda bakimenya ko ari byo agiyemo.

Yabashimiye uruhare bagira mu kwucungira umutekano, maze abasaba gukomeza gufatanya na Polisi y’u Rwanda mu kurwanya no gukumira ikintu cyose kinyuranyije n’amategeko.

Yongeye kwibutsa ko kugira ngo umuntu atangire gukora uyu mwuga agomba kuba afite ibyangombwa bibimwemerera birimo uruhushya rwo gutwara moto, urumwemerera gukora uyu mwuga, hamwe n’ubwishingizi, kandi ababwira kujya babigendana igihe cyose bayitwaye.

Umuyobozi w’Impuzamashyirahamwe yabo ku rwego rw’akarere yitwa Union de Cooperatives de Taxi Motos Kanguka- Karongi (UCTMKK) Ngamije Modeste yagize ati:”Nta mpamvu yo kugira ngo impanuka zikomeze guhitana no gukomeretsa abantu cyangwa ngo zangize ibikorwa by’iterambere kandi dushoboye kuzirinda no kuzikumira.”

Nyuma yo gushima Polisi y’u Rwanda muri aka karere ku nama yabagiriye, Ngamije yasabye abo bamotari bagenzi be gukurikiza inama bagiriwe no gushyira mu bikorwa ibyo biyemeje.

RNP

2016-01-02
Editorial

IZINDI NKURU

Abajenosideri n’ibigarasha byo muri Mozambique mu bihuha bitagira epfo na ruguru basebya RDF

Abajenosideri n’ibigarasha byo muri Mozambique mu bihuha bitagira epfo na ruguru basebya RDF

Editorial 09 Feb 2022
Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe

Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe

Editorial 16 Jul 2019
Ferwafa irahakana amakuru avuga ko mu Rwanda habereye inama yo guhigika Issa Hayatou

Ferwafa irahakana amakuru avuga ko mu Rwanda habereye inama yo guhigika Issa Hayatou

Editorial 25 Oct 2016
Charles ONANA wigize akahebwe, ni muntu ki? 

Charles ONANA wigize akahebwe, ni muntu ki? 

Editorial 18 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyaruguru: Polisi yafatanye abagabo batanu amafaranga y’amiganano
Mu Rwanda

Nyaruguru: Polisi yafatanye abagabo batanu amafaranga y’amiganano

Editorial 27 Jun 2017
#TAS2017: Kigali yabaye Umujyi ku bw’impanuka – Kagame
Mu Rwanda

#TAS2017: Kigali yabaye Umujyi ku bw’impanuka – Kagame

Editorial 11 May 2017
Umuhanzi Rayvanny ugiye kuza mu Rwanda yeretse ababyeyi umukazana wabo mu muryango
SHOWBIZ

Umuhanzi Rayvanny ugiye kuza mu Rwanda yeretse ababyeyi umukazana wabo mu muryango

Editorial 23 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru