• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kayibanda washimutiwe i Kampala yagejejwe mu Rwanda nyuma yo kumara iminsi 49 muri gereza

Kayibanda washimutiwe i Kampala yagejejwe mu Rwanda nyuma yo kumara iminsi 49 muri gereza

Editorial 02 Mar 2019 ITOHOZA

Umunyarwanda Rogers Donne Kayibanda washimuswe n’Urwego rushinzwe Ubutasi mu Ngabo za Uganda, CMI, ubwo yajyaga muri icyo gihugu atashye ubukwe bw’umuvandimwe we, yagejejwe mu Rwanda nyuma yo kumara iminsi 49 afunzwe mu buryo butabereye ikiremwa muntu.

Kayibanda avuga ko asanzwe nta kazi agira gahoraho uretse ako gucuruza amavuta ya moteri y’imodoka mu mujyi wa Kigali.

Kayibanda yageze i Kampala ku wa Kane tariki 10 Mutarama 2019, atashye ubukwe bw’umuvandimwe we wasezeranye mu mategeko bukeye bwaho ku wa 11 Mutarama 2019.

Mu buhamya bwe, yavuze ko tariki 11 Mutarama uyu mwaka ari bwo yasinyiye uyu muvandimwe, ubwo iyo gahunda yari irangiye we n’abavandimwe be bajya kwiyakira ari 13 muri Kampala.

Nyuma yo gusoza iki gikorwa buri umwe ngo yafashe inzira ze, ajya ku nshuti ye guhindura imyenda yari yambaye.

Yavuze ko nyuma yahamagaye indi nshuti ye ituye ahitwa Kisaasi ni muri Kampala amuyobora aho bicaye ajyayo.

Yagize ati “Ngeze aho kuri iyo nshuti yanjye barishimye cyane bakajya bambaza amakuru ya Kigali, nkababwira ko nta kibazo ariko ukabona abantu bari aho bibatangaje kuba bumva ko mvuye i Kigali.”

Muri ubu buhamya, Kayibanda yavuze ko muri iki kiganiro hari bamwe bari bicaye aho, batangiye kuvuga ko ngo mu Rwanda bafunga cyane abantu, ariko we akababwira ko nta muntu bafunga nta kosa yakoze.

Yagize ati “Hashize umwanya umwe muri abo bantu yantanzeho urugero ati, ubu murabona uyu Kayibanda kubera ko ari afande, ashobora gutuma abantu ngo baze bagufate, ako kanya nahise mubwira nti ibyo bintu uvuga ntiwakagombye kubimvugaho kuko sinkora ako kazi.”

Hari umugambi mubisha atari azi

Kayibanda yavuze ko uko uwo muntu yakomezaga kuvuga ayo magambo, inyuma ye hari undi muntu wo muri (CMI), urwego rw’ubutasi rwa Uganda.

Bakomeje kuganira ngo yabonye umuntu uturutse hanze y’akabari barimo araza aramwegera ndetse atangira kumwisuhurisha.

Ati “Uwo muntu yaraje arambaza ati nshobora kukuvugisha, sinari muzi, twateye intambwe nk’eshanu ku ruhande ahita ambwira ati nshinzwe umutekano, mbyumvise nahise numva ko banjyanye, yahise ambwira ngo hari ibibazo bashaka kumbaza, nababwiye ko ndi umushyitsi ariko mu gihe nshaka ko nsubira inyuma kubwira abo mpasize nahise mbona abantu 6 baranteruye banjugunya mu modoka.”

Yavuze ko ako kanya bamwambitse ikigofero ku mutwe n’amapingu.

Inzego z’umutekabo za Uganda ngo zamujyanye kumufungira kuri gereza ya Jinja iherereye Kampala.

Ahagejejwe yakomeje kubazwa n’inzego z’umutekano impamvu yavuye mu gisirikare cy’Ingabo z’ u Rwanda, ariko we yakomeje kubabwira ko atigeze aba mu gisirikare.

Yagize ati “Ndi mu mapingu nabwirwaga ko ibyo bambaza ngomba kubisubiza uko bashaka, ntabyubahiriza nkakubitwa inkoni icumi, kandi ko ningerageza gushaka kubareba mu maso nkubitwa izindi 20.”

Yavuze ko inzego z’umutekano za Uganda zakomeje kumubwira ko afite ipeti rya Majoro mu ngabo z’u Rwanda ariko we akomeza kwemeza ko ari umusivili.

Kayibanda yavuze ko nyuma yo gukomeza kubazwa ibibazo bitandukanye no kugenzura imbuga nkorambaga akoresha bagasanga nta kimenyetso gihamya ko ari umusirikare, aribwo bafashe umwanzuro wo kumurekura.

Yavuze ko Kugeza ubu hari abanyarwanda batari bake bafungiye muri iki gihugu.

Imikoranire ya Uganda na RNC

Kayibanda yavuze ko aho yari afungiye, hari abo baganiraga bakamubwira ko bazanwe muri iki gihugu kuri gahunda yo kujya mu gisikare cya RNC.

Yagize ati “Inzego z’igisirikare hari abantu zizana ariko ako kanya ntitumenye aho babajyanye ariko harahari, hari kandi umwe mu bapolisi wavuze ngo abashaka gusubira mu Rwanda turabasubizayo ariko utabishaka dufite ahandi tumujyana.”

Abanyarwanda bamaze gufungirwa muri Uganda no gukorerwa iyicarubozo umubare wabo ukomeje kwiyongera ubutitsa. Bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda mu gihe baba ari abaturage bashaka imibereho mu bikorwa bitandukanye nk’ubucuruzi bakorera mu bihugu by’abaturanyi.

2019-03-02
Editorial

IZINDI NKURU

David Himbara yashenguwe n’agahinda kubera uruganda rwa Volkswagen rwatangijwe mu Rwanda

David Himbara yashenguwe n’agahinda kubera uruganda rwa Volkswagen rwatangijwe mu Rwanda

Editorial 28 Jun 2018
Hitabajwe Ambasade Ya Norvège Kubera Abana Bafatiwe Muri Uganda Bajyanywe Muri RNC

Hitabajwe Ambasade Ya Norvège Kubera Abana Bafatiwe Muri Uganda Bajyanywe Muri RNC

Editorial 28 Jan 2018
Televiziyo y’u Bubiligi irerekana filime ndangamateka ‘Inkotanyi’ ya Christophe Cotteret

Televiziyo y’u Bubiligi irerekana filime ndangamateka ‘Inkotanyi’ ya Christophe Cotteret

Editorial 26 Sep 2017
Abandi Banyarwanda biganjemo abana bajugunywe ku mupaka wa Gatuna

Abandi Banyarwanda biganjemo abana bajugunywe ku mupaka wa Gatuna

Editorial 09 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abamotari bafatanye urumogi mugenzi wabo
Mu Mahanga

Abamotari bafatanye urumogi mugenzi wabo

Editorial 26 Aug 2016
Ubwoba ni bwose mu Banyarwanda bakorera muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Ubwoba ni bwose mu Banyarwanda bakorera muri Uganda

Editorial 25 Jul 2018
CECAFA y’ibihugu y’abatarengeje imyaka 23 igomba kubera muri Ethiopia yegejwe inyuma ibyumweru bibiri, ni mu gihe Amavubi yatangiye imyiteguro.
Amakuru

CECAFA y’ibihugu y’abatarengeje imyaka 23 igomba kubera muri Ethiopia yegejwe inyuma ibyumweru bibiri, ni mu gihe Amavubi yatangiye imyiteguro.

Editorial 28 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru