• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»KCCA yatsinze Azam FC yegukana CECAFA Kagame Cup ku nshuro ya kabiri

KCCA yatsinze Azam FC yegukana CECAFA Kagame Cup ku nshuro ya kabiri

Editorial 22 Jul 2019 IMIKINO

Igitego kimwe rukumbi cyatsinzwe na myugariro Mustafa Kizza cyahesheje KCCA yo muri Uganda kwegukana CECAFA Kagame Cup ku nshuro ya kabiri, ni nyuma y’uko itsinze Azam FC yo muri Tanzania 1-0 ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa ryari rimaze ibyumweru bibiri ribera mu Rwanda.

Iri rushanwa ryabaga ku nshuro ya 42, ryabereye mu Rwanda ku nshuro ya gatandatu rihuzwa no kwishimira imyaka 25 u Rwanda rumaze rwibohoye ndetse rikaba riterwa inkunga na Perezida Kagame guhera mu 2002, aho ashyiramo inkunga y’asaga ibihumbi $60 agabanywa amakipe atatu ya mbere.

Mu makipe 16 yaryitabiriye, KCCA yo muri Uganda na Azam FC yo muri Tanzania yari irifite mu nshuro ebyiri ziheruka, ni yo yabashije kugera ku mukino wa nyuma wakiniwe kuri Stade ya Kigali kuri iki Cyumweru.

KCCA yihariye umukino kuva utangiye kugeza urangiye ndetse ibona uburyo bwinshi bwashoboraga kuyiha ibitego birenze kimwe yabonye.

Ku munota wa gatandatu gusa, iyi kipe yo muri Uganda yabonye igitego cyatsinzwe na Allan Okello, umusifuzi wo ku ruhande, Hakizimana Ambroise avuga ko habayeho kurarira mu gihe kandi na Sadat Anaku yateye umupira n’umutwe ugaca hejuru y’izamu.

Ahagana ku munota wa 27, Herbert Achai yananiwe gufungura amazamu ku mupira yateye mu izamu ryambaye ubusa, uramutenguha ujya hejuru y’izamu mu gihe umunyezamu Razak Abalora yari yasohotse ajya gukuraho uburyo bwari bubonywe na Allan Okello.

Azam FC n’ubundi yari yatsinzwe igitego 1-0 na KCCA mu mukino wo mu itsinda B wabereye kuri Stade ya Huye, nta buryo bwinshi bufatika yabonye mu gice cya mbere ku buryo bwari kugora umunyezamu Charles Lukwago.

KCCA yagarutse mu gice cya kabiri iri hejuru ndetse biza kuyihira ku munota wa 63 ubwo yatsindaga igitego cya Mustafa Kizza wateye ishoti ari inyuma y’urubuga rw’amahina, umunyezamu Razak Abalora akingirizwa na bagenzi be ntiyabona umupira neza.

Umutoza Mike Hilary Mutebi yahise akora impinduka, yinjizamo Sadam Juma wafashe umwanya wa Herbert Achai kugira ngo yongere imbaraga mu kibuga hagati.

Iddi Kipagwile na Bruce Kangwa bagerageje amashoti agana mu izamu ku ruhande rwa Azam FC, ariko iryatewe na Kipagwile rifatwa n’umunyezamu Charles Lukwago mu gihe umupira wa Kangwa waciye ku ruhande.

Azam FC yatwaye iri rushanwa mu nshuro ebyiri ryaherukaga kubamo mu 2015 na 2018, yasatiriye mu minota ya nyuma, ariko abakinnyi ba KCCA bashobora kurwana ku izamu ryabo ndetse igikombe gitaha i Kampala.

KCCA yaherukaga kwegukana iri rushanwa mu 1978 ubwo yatsindaga Simba SC ku mukino wa nyuma mu gihe mu 1979 yari yahatsindiwe na Abaluhya yo muri Kenya.

Green Eagles yo muri Zambia ni yo yegukanye umwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda AS Maniema de Kindu yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ibitego 2-0.

Aya makipe yombi yakiniye umwanya wa gatatu, yari yatumiwe muri iri rushanwa ubusanzwe rihuza amakipe yo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati, CECAFA.

KCCA yabaye iya mbere yahawe igikombe n’ibihumbi $30, Azam FC ihabwa ibihumbi $20 mu gihe Green Eagles yahawe ibihumbi $10, ibi byose bigaherekeza imidali yahawe aya makipe.

2019-07-22
Editorial

IZINDI NKURU

TP Mazembe yaciwe $450 000 kuko yanze kwambara “Visit Rwanda ” nk’Umuterankunga mukuru wa Africa Football League, yitwaje ibinyoma bishinja u Rwanda gushyigikira M23

TP Mazembe yaciwe $450 000 kuko yanze kwambara “Visit Rwanda ” nk’Umuterankunga mukuru wa Africa Football League, yitwaje ibinyoma bishinja u Rwanda gushyigikira M23

Editorial 18 Apr 2024
Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer  Chiefs yo muri Afurika y’Epfo

Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo

Editorial 28 Jul 2024
Amafoto – Abitabiriye imikino ya BAL 2024 bakoreye umuganda ahazubakwa ibibuga by’umupira w’Amaguru na Tennis

Amafoto – Abitabiriye imikino ya BAL 2024 bakoreye umuganda ahazubakwa ibibuga by’umupira w’Amaguru na Tennis

Editorial 25 May 2024
Uban Boys ikoze amateka yo kuba itsinda ryambere ryegukanye Guma Guma kunshuro yayo ya 6 ibera hano mu Rwanda

Uban Boys ikoze amateka yo kuba itsinda ryambere ryegukanye Guma Guma kunshuro yayo ya 6 ibera hano mu Rwanda

Editorial 13 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Kizza Besigye yatawe muri yombi ashinjwa kutubaha amabwiriza ya Polisi
POLITIKI

Uganda: Kizza Besigye yatawe muri yombi ashinjwa kutubaha amabwiriza ya Polisi

Editorial 05 Nov 2019
Polisi y’u Rwanda yagaruje mudasobwa zirenga 600 zari zarabuze
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yagaruje mudasobwa zirenga 600 zari zarabuze

Editorial 23 Oct 2016
Rusesabagina akwiye kubazwa inzirakarengane zikomeje kugirwa ingwate na MRCD zikaba ziri gupfira mu mirwano mu mashyamba ya Congo
INKURU NYAMUKURU

Rusesabagina akwiye kubazwa inzirakarengane zikomeje kugirwa ingwate na MRCD zikaba ziri gupfira mu mirwano mu mashyamba ya Congo

Editorial 04 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru