• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kenya yahagurukiye abanyamahanga batujuje ibyangombwa bashinjwa kwiba imirimo y’abanyagihugu

Kenya yahagurukiye abanyamahanga batujuje ibyangombwa bashinjwa kwiba imirimo y’abanyagihugu

Editorial 22 May 2018 Mu Mahanga

Abanyamahanga bakora mu gihugu cya Kenya bahawe iminsi 60 yo kuba bashyize mu buryo ibyangombwa bibemerera gukorera muri iki gihugu mu gihe guverinoma yatangije umukwabu wo gushaka abanyamahanga bakorera mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Minisitiri w’umutekano, Fred Matiang’i, avuga ko guverinoma yiyemeje kwirukana abanyamahanga bakorera muri Kenya badafite ibyangombwa kuko ngo ari ikibazo ku mutekano ndetse bakaba batishyura imisoro bakongeraho kwiba imirimo y’abaturage ba Kenya.

Igenzura rigiye gukorwa mu minsi 60 iri mbere rikazafasha igihugu kwikiza abakozi b’abanyamahanga bakorera muri Kenya nta byangombwa bafite nyuma yo kubaha igihe cyo kubishaka. Abazananirwa kubikora muri icyo gihe bazafungwa nk’uko bitangazwa na minisitiri Matiang’i.

Iyi nkuru dukesha Africanews iravuga ko guverinoma ya Kenya ivuga ko yatanze ibyangombwa byo gukorera muri iki gihugu 34,000, ariko hakaba hari abakozi b’abanyamahanga basaga 100 bahakorera.

Urwego rwa serivisi zishinzwe abinjira n’abasohoka zizatangira iyi mirimo kuwa mbere, zizajya ziha abakozi b’abanyamahanga uruhushya rwo gukorera mu gihugu rukoze mu ikoranabuhanga mu rwego rwo kwihutisha imirimo no kugabanya akazi k’impapuro.

Abapolisi bakazahabwa ibikoresho bibafasha kumenya niba uruhushya ari umwimerere rutariganwe.

Abakozi b;’abanyamahanga batazuzuza ibisabwa mu gihe cy’amezi abiri ari imbere, bazafatwa basubizwe mu bihugu byabo nk’uko ubuyobozi bwa Kenya buvuga.

Minisitiri Matiang’i wafunguraga ibiro bizajya bigenzura za passports n’impushya (permits) I Nairobi, yanahishuye ko guverinoma ya Kenya irimo guteganya gukora umushinga w’itegeko rivuga ko abazanyamahanga bazajya bajya gusubizwa iwabo ari bo bazajya biyishyurira urugendo.

Ni mu gihe ngo kuri ubu Guverinoma ya Kenya itakaza buri mwaka miliyoni 360 z’Amashilingi ya Kenya (angana na miliyoni 3,6$) ku matike y’indege zisubiza iwabo abanyamahanga batujuje ibyangombwa.

 

2018-05-22
Editorial

IZINDI NKURU

Umunyamabanga Mukuru wa FPR yahaye Interahamwe ibihumbi 800 Frw ngo zihungishe abana be

Umunyamabanga Mukuru wa FPR yahaye Interahamwe ibihumbi 800 Frw ngo zihungishe abana be

Editorial 15 May 2024
Imyumvire idahwitse y’Abategetsi b’i Burundi niyo ikuye amata ku munwa Dynamo Basketball Club

Imyumvire idahwitse y’Abategetsi b’i Burundi niyo ikuye amata ku munwa Dynamo Basketball Club

Editorial 12 Mar 2024
Ombolenga yafashije Kiyovu gutsinda Espoir mu gihe Muhanga ya Bokota yabashije kunyagira Amagaju

Ombolenga yafashije Kiyovu gutsinda Espoir mu gihe Muhanga ya Bokota yabashije kunyagira Amagaju

Editorial 20 Apr 2016
Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Editorial 24 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yeguye nyuma yo gutsindwa muri kamarampaka
POLITIKI

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yeguye nyuma yo gutsindwa muri kamarampaka

Editorial 24 Jun 2016
Ishusho ya Kigali Convention Center yongerewe ku rupapuro rw’abajya mu mahanga-Col Anaclet Kalibata
Mu Rwanda

Ishusho ya Kigali Convention Center yongerewe ku rupapuro rw’abajya mu mahanga-Col Anaclet Kalibata

Editorial 10 Apr 2017
RNC : Rurageretse hagati ya Jerome Nayigiziki, Kayumba Nyamwasa na Jean Paul Turayishimye
ITOHOZA

RNC : Rurageretse hagati ya Jerome Nayigiziki, Kayumba Nyamwasa na Jean Paul Turayishimye

Editorial 07 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru