• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Korea ya Ruguru yise ‘ubucucu’ amagambo ya Visi Perezida wa Amerika

Korea ya Ruguru yise ‘ubucucu’ amagambo ya Visi Perezida wa Amerika

Editorial 24 May 2018 POLITIKI

Umwe mu bayobozi bakuru muri Korea ya Ruguru yamaganye amagambo ya Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mike Pence, avuga ko ari ‘ubucucu’, bikomeza gushyira igihu ku biganiro biteganywa hagati y’abayobozi b’ibihugu byombi.

Minisitiri wungirije w’ububanyi n’amahanga, Choe Son-hui, yavuze ko Pyongyang “itingingiriza” ibiganiro hagati y’ibi bihugu ndetse avuga ko ibikorwa by’intwaro za kirimbuzi bizakomeza igihe ibya dipolomasi bizaba binaniranye.

Mu nkuru yatangajwe n’ikinyamakuru cya leta, KCNA, yavuze ko Visi Perezida Pence yavuze amagambo “atagenzuwe kandi arimo ukubahuka” mu minsi ishize, harimo aho yavuze ko Korea ya Ruguru “ishobora kurangira nka Libya.”

Aya magambo yakurikiye aheruka kuvugwa n’Umujyanama wa leta ya Amerika mu by’umutekano, John Bolton, yarakaje Korea ya Ruguru, ko icyo gihugu gishobora gukuriza uko byagenze kuri Libya ubwo cyangaga guhagarika ibikorwa by’intwaro kirimbuzi.

Uwahoze ayobora Libya, Muammar Gaddafi, mu 2003 yemeranyije n’ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi ko agiye guhagarika umugambi we wo kwigwizaho intwaro kugira ngo igihugu cye gikurirweho ibihano, gusa nyuma y’imyaka umunani yishwe n’inyeshyamba zishyigikiwe n’ibyo bihugu.

Choe Son-hui yikomye Visi Perezida Pence bitewe no kugereranya Korea ya Ruguru “igihugu gifite intwaro kirimbuzi, na Libya yari imaze kubaka utuntu duke ikajya idutaho umwanya.”

Yakomeje agira ati “Nk’umuntu uri kugira uruhare mu bikorwa bya Amerika, ntabwo nahisha ugutangara kwanjye kuri ayo magambo y’ubujiji n’ubucucu yaturutse mu kanwa ka Visi Perezida wa Amerika.”

Uyu mugore yavuze ko Pyongyang itari “kwingingiriza ibiganiro”, ati “niba Amerika izahura natwe mu cyumba cy’inama cyangwa mu myiyereko y’intwaro ku zindi, bizaterwa n’umwanzuro n’imyitwarire ya Leta Zunze ubumwe za Amerika.”

Mu minsi ishize impande zombi zatangaje ko ibiganiro bya Perezida Donald Trump na Kim Jong Un biteganyijwe kuwa 12 Kamena bishobora kwigizwa inyuma cyangwa bigasubikwa. Perezida Trump kuwa Kabiri we yavuze ko Korea ya Ruguru ifite ibintu igomba kuzuza kugira ngo ibiganiro bibashe gukomeza.

Ibi byatumye Minisitiri wungirije w’ububanyi n’amahanga wa Korea ya Ruguru avuga ko icyo gihugu gishobora kwivana mu nama zagombaga guhuza Trump na Kim.

Choe Son-hui ni umwe mu bantu ba hafi ba Perezida Kim Jong-un, ku buryo ayo magambo ari gufatwa nk’ayavuzwe n’uyu mugabo ubwe.

2018-05-24
Editorial

IZINDI NKURU

ICC: Jean-Pierre Bemba Ahanishijwe Igifungo Cy’umwaka Gisubitse N’amande Y’Amayero 300,000

ICC: Jean-Pierre Bemba Ahanishijwe Igifungo Cy’umwaka Gisubitse N’amande Y’Amayero 300,000

Editorial 17 Sep 2018
Inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yasubitswe ishyirwa umwaka utaha

Inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yasubitswe ishyirwa umwaka utaha

Editorial 19 Nov 2019
Perezida Kagame yagaragaje akamaro k’ababyeyi ahereye mu rugo iwe

Perezida Kagame yagaragaje akamaro k’ababyeyi ahereye mu rugo iwe

Editorial 14 May 2018
Kagame yakoze ibyiza ariko ntashinzwe kuyobora Isi yose – Igisubizo ku munyamakuru wa Al Jazeera

Kagame yakoze ibyiza ariko ntashinzwe kuyobora Isi yose – Igisubizo ku munyamakuru wa Al Jazeera

Editorial 10 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda ruyoboye Afurika mu gufata imodoka zibwe
Mu Rwanda

U Rwanda ruyoboye Afurika mu gufata imodoka zibwe

Editorial 13 Jun 2017
Mu mukino wabonetsemo ibitego 6, Police FC yatsinze Kiyovu SC naho APR FC yakinaga umukino wa mbere wa gicuti itsinda Rutsiro FC.
Amakuru

Mu mukino wabonetsemo ibitego 6, Police FC yatsinze Kiyovu SC naho APR FC yakinaga umukino wa mbere wa gicuti itsinda Rutsiro FC.

Editorial 23 Apr 2021
Amafoto – Abarimo Jimmy Gatete bageze i Kigali aho baje mu ihuriro ryo gutegura igikombe cy’isi cy’abahoze bakina umupira w’amaguru kizabera mu Rwanda muri 2024
Amakuru

Amafoto – Abarimo Jimmy Gatete bageze i Kigali aho baje mu ihuriro ryo gutegura igikombe cy’isi cy’abahoze bakina umupira w’amaguru kizabera mu Rwanda muri 2024

Editorial 11 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru