• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ku Mbibi Z’igihugu Nk’ingabo Z’igihugu Dushinzwe Umutekano Ni Mwiza 100% – Col. Pascal Muhizi

Ku Mbibi Z’igihugu Nk’ingabo Z’igihugu Dushinzwe Umutekano Ni Mwiza 100% – Col. Pascal Muhizi

Editorial 29 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuyobozi w’ingabo mu turere twa Rubavu na Nyaruguru, Col Pascal Muhizi yijeje abaturage ko umutekano ku mbibi z’igihugu aho bashinzwe umutekano wifashe neza neza 100%, abasaba kwima amatwi ibivugwa n’abarwanya ubutegetsi bari hanze y’igihugu kuko ngo ntaho bamenera ngo bahungabanye umutekano.

Col Pascal Muhizi uyobora ingabo mu turere twa Nyabihu na Rubavu mu nama n’abaturage bo mu Murenge wa Gisenyi, yabanje guhumuriza abaturage abizeza ko umutekano wifashe neza.

“Ku mutekano rero, ku mbibi z’igihugu, cyane cyane twebwe aho tudipoloyinga ahangaha kuva kuri grande barriere..kugenda tukagabana no mu majyaruguru y’igihugu, Musanze, umutekano ni mwiza. Ku mbibi z’igihugu nk’ingabo z’igihugu dushinzwe,umutekano ni mwiza 100%. Nta n’ikibazo kinahari.”

Col Muhizi kandi yakomeje amara impungenge abaturage ko mu karere bakoreramo nk’ingabo no mu bice bafitemo inyungu no mu bice byo hirya kure biboneka ko umwanzi yabyifashisha akabatera, hose bahagenzura ku buryo nta bwoba habateye.

Kimwe no mu zindi nama ubuyobozi bw’akarere n’ubw’ingabo bagiriye mu yindi mirenge itandukanye, Col Muhizi yongeye gushimangira ko umuturage uzahishira ushaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda n’abarutuye nawe bizamugwa nabi.

Yanabasabye kwima amatwi abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bari hanze y’igihugu.

Ati: “Impamvu iyo tuvuga intambara cyangwa se tugaragaza amakenga yatuma abantu bagaruka mu byo babayemo, ntabwo ari ubwoba. Ni uko tuzi intambara icyo ivuze kuko, ihungabanya abantu. Ariko twe nta ntambara tubona nta na threat tubona…nta bya bindi mwirirwa bamwe musoma..ngo tract..ngo ziraje.., ntabwo nabuza umuntu usoma gusoma ibi bintu, ariko unabishoboye wanabireka. Kuko ibintu byandikwa niba ari na Ferdinand Nahimana mu Burayi.., ibintu byandikwa na nde iyo ngiyo kure..urabisoma ngo inkuru iri interesting ni iyihe irimo? Usibye kukurangaza ko Abanyarwanda dukunda rimwe na rimwe amakuru atari na meza, ariko bazahirahire noneho baze bavaneho iyo ntambara y’amagambo ..ni baze.”

Col. Muhizi Pascal yakomeje asaba abaturage gutangira amakuru ku gihe kugirango babashe guhashya abajura n’abambura abaturage ibyabo ku buryo hari uduce tumwe na tumwe ngo abantu batinya kunyuramo kubera amabandi ahabarizwa. Yavuze ko ku ruhande rwabo nabo barimo guhiga abakora ubu bujura mu buryo bwose.

Yagize ati: “Mu mujyi naho ubujura bwari bumazemo iminsi, turabona ko bugabanuka, kandi turacyakomeza kubahiga bukware dukoresheje ubwenge ubwo ari bwo bwose, hajyamo abasirikare bambaye uniform, twakoresha…dupfa kubarwanya gusa tukabahashya tukabamaramo. Kuko njye ntabwo naturana n’umujura ngo umuntu bamunigiye hariya..ngo bamukuyemo umukufi..ngo agakapu ngo ntagenda, ngo mu ikoromero nta muntu uhaca ninjoro, ubwo se ubwo tuba tumaze iki?”

Ubuyobozi bw’ingabo kandi bwahaye gasopo abantu bakoresha inzira zitazwi mu masaha ya ninjoro bajya cyangwa bava muri Congo kuko abazabikora bizabagiraho ingaruka.

Col Muhizi ati: “Izo nzira uzinyuramo wese ninjoro aba afite ikimugenza kandi kitari cyiza. Iyo tugufatiyemo rero ni ukuvuga ..tuvugana ururimi rwa gisirikare kuko nawe ubwo uba uri umusirikare ninjoro.”

 

2018-07-29
Editorial

IZINDI NKURU

Major “Katulebe” wari umugaragu ukomeye wa FDLR, yishyikirije ingabo za Loni ziri muri Kongo, MONUSCO, akaba yiyongereye ku bandi benshi bamaze kubona ko gukorana na FDLR ari ukwihamagarira urupfu!

Major “Katulebe” wari umugaragu ukomeye wa FDLR, yishyikirije ingabo za Loni ziri muri Kongo, MONUSCO, akaba yiyongereye ku bandi benshi bamaze kubona ko gukorana na FDLR ari ukwihamagarira urupfu!

Editorial 31 Dec 2020
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya mbere mu 2020

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya mbere mu 2020

Editorial 29 Jan 2020
Burundi: Byinshi ku butegetsi bw’igitugu buri mu marembera  bwa Petero Nkurunziza bushimuta abantu umunsi ku wundi  

Burundi: Byinshi ku butegetsi bw’igitugu buri mu marembera  bwa Petero Nkurunziza bushimuta abantu umunsi ku wundi  

Editorial 12 Sep 2019
Impinduka mu nzego nkuru za Gisilikare

Impinduka mu nzego nkuru za Gisilikare

Editorial 05 Oct 2018
Major “Katulebe” wari umugaragu ukomeye wa FDLR, yishyikirije ingabo za Loni ziri muri Kongo, MONUSCO, akaba yiyongereye ku bandi benshi bamaze kubona ko gukorana na FDLR ari ukwihamagarira urupfu!

Major “Katulebe” wari umugaragu ukomeye wa FDLR, yishyikirije ingabo za Loni ziri muri Kongo, MONUSCO, akaba yiyongereye ku bandi benshi bamaze kubona ko gukorana na FDLR ari ukwihamagarira urupfu!

Editorial 31 Dec 2020
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya mbere mu 2020

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya mbere mu 2020

Editorial 29 Jan 2020
Burundi: Byinshi ku butegetsi bw’igitugu buri mu marembera  bwa Petero Nkurunziza bushimuta abantu umunsi ku wundi  

Burundi: Byinshi ku butegetsi bw’igitugu buri mu marembera  bwa Petero Nkurunziza bushimuta abantu umunsi ku wundi  

Editorial 12 Sep 2019
Impinduka mu nzego nkuru za Gisilikare

Impinduka mu nzego nkuru za Gisilikare

Editorial 05 Oct 2018
Major “Katulebe” wari umugaragu ukomeye wa FDLR, yishyikirije ingabo za Loni ziri muri Kongo, MONUSCO, akaba yiyongereye ku bandi benshi bamaze kubona ko gukorana na FDLR ari ukwihamagarira urupfu!

Major “Katulebe” wari umugaragu ukomeye wa FDLR, yishyikirije ingabo za Loni ziri muri Kongo, MONUSCO, akaba yiyongereye ku bandi benshi bamaze kubona ko gukorana na FDLR ari ukwihamagarira urupfu!

Editorial 31 Dec 2020
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya mbere mu 2020

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya mbere mu 2020

Editorial 29 Jan 2020
prev
next

2 Ibitekerezo

  1. Jimmy
    July 29, 201812:10 pm -

    Turashimira ingabo z’Ihugu zitubera ahakomeye. Turashimira na colonel Pascal kubwubunyamwuga, ubutwari ndetse nubupfura bimuranga.

    Subiza
  2. niyogihozo
    July 31, 20186:13 am -

    Byizaaaaa. Murakoze afande Pascal kandi umurimo mukora ni mwiza Imana izajye ibaha umugisha natwe tubari inyuma . Imana izamure u Rwanda rwacu irutuzemo ituze ingoma ibihumbi.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru