• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ku Mbibi Z’igihugu Nk’ingabo Z’igihugu Dushinzwe Umutekano Ni Mwiza 100% – Col. Pascal Muhizi

Ku Mbibi Z’igihugu Nk’ingabo Z’igihugu Dushinzwe Umutekano Ni Mwiza 100% – Col. Pascal Muhizi

Editorial 29 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuyobozi w’ingabo mu turere twa Rubavu na Nyaruguru, Col Pascal Muhizi yijeje abaturage ko umutekano ku mbibi z’igihugu aho bashinzwe umutekano wifashe neza neza 100%, abasaba kwima amatwi ibivugwa n’abarwanya ubutegetsi bari hanze y’igihugu kuko ngo ntaho bamenera ngo bahungabanye umutekano.

Col Pascal Muhizi uyobora ingabo mu turere twa Nyabihu na Rubavu mu nama n’abaturage bo mu Murenge wa Gisenyi, yabanje guhumuriza abaturage abizeza ko umutekano wifashe neza.

“Ku mutekano rero, ku mbibi z’igihugu, cyane cyane twebwe aho tudipoloyinga ahangaha kuva kuri grande barriere..kugenda tukagabana no mu majyaruguru y’igihugu, Musanze, umutekano ni mwiza. Ku mbibi z’igihugu nk’ingabo z’igihugu dushinzwe,umutekano ni mwiza 100%. Nta n’ikibazo kinahari.”

Col Muhizi kandi yakomeje amara impungenge abaturage ko mu karere bakoreramo nk’ingabo no mu bice bafitemo inyungu no mu bice byo hirya kure biboneka ko umwanzi yabyifashisha akabatera, hose bahagenzura ku buryo nta bwoba habateye.

Kimwe no mu zindi nama ubuyobozi bw’akarere n’ubw’ingabo bagiriye mu yindi mirenge itandukanye, Col Muhizi yongeye gushimangira ko umuturage uzahishira ushaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda n’abarutuye nawe bizamugwa nabi.

Yanabasabye kwima amatwi abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bari hanze y’igihugu.

Ati: “Impamvu iyo tuvuga intambara cyangwa se tugaragaza amakenga yatuma abantu bagaruka mu byo babayemo, ntabwo ari ubwoba. Ni uko tuzi intambara icyo ivuze kuko, ihungabanya abantu. Ariko twe nta ntambara tubona nta na threat tubona…nta bya bindi mwirirwa bamwe musoma..ngo tract..ngo ziraje.., ntabwo nabuza umuntu usoma gusoma ibi bintu, ariko unabishoboye wanabireka. Kuko ibintu byandikwa niba ari na Ferdinand Nahimana mu Burayi.., ibintu byandikwa na nde iyo ngiyo kure..urabisoma ngo inkuru iri interesting ni iyihe irimo? Usibye kukurangaza ko Abanyarwanda dukunda rimwe na rimwe amakuru atari na meza, ariko bazahirahire noneho baze bavaneho iyo ntambara y’amagambo ..ni baze.”

Col. Muhizi Pascal yakomeje asaba abaturage gutangira amakuru ku gihe kugirango babashe guhashya abajura n’abambura abaturage ibyabo ku buryo hari uduce tumwe na tumwe ngo abantu batinya kunyuramo kubera amabandi ahabarizwa. Yavuze ko ku ruhande rwabo nabo barimo guhiga abakora ubu bujura mu buryo bwose.

Yagize ati: “Mu mujyi naho ubujura bwari bumazemo iminsi, turabona ko bugabanuka, kandi turacyakomeza kubahiga bukware dukoresheje ubwenge ubwo ari bwo bwose, hajyamo abasirikare bambaye uniform, twakoresha…dupfa kubarwanya gusa tukabahashya tukabamaramo. Kuko njye ntabwo naturana n’umujura ngo umuntu bamunigiye hariya..ngo bamukuyemo umukufi..ngo agakapu ngo ntagenda, ngo mu ikoromero nta muntu uhaca ninjoro, ubwo se ubwo tuba tumaze iki?”

Ubuyobozi bw’ingabo kandi bwahaye gasopo abantu bakoresha inzira zitazwi mu masaha ya ninjoro bajya cyangwa bava muri Congo kuko abazabikora bizabagiraho ingaruka.

Col Muhizi ati: “Izo nzira uzinyuramo wese ninjoro aba afite ikimugenza kandi kitari cyiza. Iyo tugufatiyemo rero ni ukuvuga ..tuvugana ururimi rwa gisirikare kuko nawe ubwo uba uri umusirikare ninjoro.”

 

2018-07-29
Editorial

IZINDI NKURU

Imyanzuro ya Luanda yagera kuki, kandi rumwe mu mpande zihanganye muri Kongo rudahabwa agaciro, Kuki nta kivugwa ku batutsi bicwa muri icyo gihugu?

Imyanzuro ya Luanda yagera kuki, kandi rumwe mu mpande zihanganye muri Kongo rudahabwa agaciro, Kuki nta kivugwa ku batutsi bicwa muri icyo gihugu?

Editorial 25 Nov 2022
CNRD/FLN mu marembera, urutonde rw’abasirikari bakuru batawe muri yombi na FARDC

CNRD/FLN mu marembera, urutonde rw’abasirikari bakuru batawe muri yombi na FARDC

Editorial 12 Dec 2019
Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi

Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi

Editorial 17 Apr 2020
Thomas Nahimana aravuga intambara ngo yibonere amaronko kuko azi neza icyo yabyariye Rusesabagina

Thomas Nahimana aravuga intambara ngo yibonere amaronko kuko azi neza icyo yabyariye Rusesabagina

Editorial 04 Nov 2021

2 Ibitekerezo

  1. Jimmy
    July 29, 201812:10 pm -

    Turashimira ingabo z’Ihugu zitubera ahakomeye. Turashimira na colonel Pascal kubwubunyamwuga, ubutwari ndetse nubupfura bimuranga.

    Subiza
  2. niyogihozo
    July 31, 20186:13 am -

    Byizaaaaa. Murakoze afande Pascal kandi umurimo mukora ni mwiza Imana izajye ibaha umugisha natwe tubari inyuma . Imana izamure u Rwanda rwacu irutuzemo ituze ingoma ibihumbi.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amateka ya Perezida wa Koreya ya Ruguru wakuriye mu buzima bw’ibanga, uri guca amarenga y’intambara ya gatatu y’Isi
ITOHOZA

Amateka ya Perezida wa Koreya ya Ruguru wakuriye mu buzima bw’ibanga, uri guca amarenga y’intambara ya gatatu y’Isi

Editorial 21 Sep 2017
Shampiyona ya Volleyball iratangira INATEK VC ifite igikombe yakira IPRC South.
IMIKINO

Shampiyona ya Volleyball iratangira INATEK VC ifite igikombe yakira IPRC South.

Editorial 19 Feb 2016
Bukavu: Kabila arashinjwa urupfu rwa Col. Elias Byinshi
ITOHOZA

Bukavu: Kabila arashinjwa urupfu rwa Col. Elias Byinshi

Editorial 26 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru