• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ku nshuro ya 14 Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) yatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 1038

Ku nshuro ya 14 Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) yatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 1038

Editorial 08 Dec 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8/12/2017, kaminuza yigenga ya Kigali [ ULK ] yatanze impamyabumenyi ku mugaragaro ku banyeshuri bagera ku 1038,  barangije muri iyo kaminuza mu cyiciro cya gatatu (Master’s Degree) ndetse n’icyiciro cya kabiri aricyo cya (Bacheror’s Degree), mu mashami atandukanye ariyo Amategeko, Ikoranabuhanga, Icungamutungo, Iterambere mpuzamahanga n’andi.

Ni umuhango wabereye kuri stade ya ULK iherereye ku Gisozi, ukaba witabiriwe n’abantu benshi batandukanye barimo abanyeshuri bari baje guhabwa impamyabumenyi zabo, abayobozi batandukanye ndetse n’ababyeyi bari baje baherekeje abahawe impamyabumenyi.

Abanyeshuri 147 bahawe impamyabumenyi z’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mugihe abagera kuri 891 bahawe impamyabumenyi z’icyiciro cya kabiri cya kaminuza.

Nkuko byagarutsweho n’Umuyobozi wa ULK Dr Sekibibi Ezekiel, yavuze ko kaminuza ya ULK imaze kugaragaza ubushobozi ku isoko ry’umurimo aho yavuze ko ubu ari iya mbere muri kaminuza zigenga zo mu Rwanda ikaba iya kabiri mu Rwanda nyuma ya Kaminuza y’u Rwanda.

Yagaragaje ko mu banyeshuri bahawe impamyabumenyi mu cyiciro cya kabiri cya kaminuza abakobwa aribo benshi bari kuri 61.3% mu gihe abahungu ari 38.7%, naho mu cyiciro cya gatatu cya kaminuza abahungu akaba aribo benshi kuri 64.6% mu gihe abakobwa ari 36.4%.

Yashoje avuga ko bitewe n’ibyo kaminuza ya ULK igeza ku banyarwanda ndetse n’isi muri rusange uyu mwaka bakiriye abanyeshuri benshi baturutse mu bihugu bitandukanye byo hanze birimo Congo, U Burundi, Tanzania, Uganda, Nigeria ndetse na Canada.

Prof. Dr. Rwigamba Balinda washinze Kaminuza ya ULK yavuze ko bishimira ibimaze kugerwaho na ULK avuga ko abikesha Imana yamufashije gushing kaminuza ya ULK ndetse n’ubuyobozi bwiza bw’Igihugu.

Ati” Nshimiye Imana mbere yo yabashije kumfasha gushinga Kaminuza ya ULK, nshimiye kandi ubuyobozi bwiza bw’Igihugu cyacu burangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame ku iterambere rigaragara hose u Rwanda rumaze kugeraho, umutekano kuko bidahari iri terambere ntitwarigeraho.”

Yanashimiye kandi Ingabo z’Igihugu ndetse na Police ku bwitange bagaragaza ngo igihugu kirusheho gutera imbere, anashimira Minisiteri y’Uburezi n’Umujyi wa Kigali ku mikoranire n’ubufatanye bagirana mu rwego rwo guteza imbere uburezi.

Yashoje atanga impanuro ku banyeshuri bahawe impamyabumenyi, aho yababwiye ko ubumenyi bavanye kuri kaminuza bagomba kubuhuza n’amahame y’indangagaciro z’ubuzima kuko ariwo musingi w’ubuzima bwiza, abasaba kumenya inshingano zabo ku isi birinda gushaka kubona ibiturutse mu nzira mbi bityo bagakorana umurava bakaba inyangamugayo muri byose kandi bakarangwa n’urukundo no kubaha Imana kuko aribyo bizabageza kubyo bifuza.

Yakanguriye abatarabona akazi kwihangira imirimo bibumbira mu matsinda ndetse bakanagana ibigo bitandukanye bifasha mu guhanga imirimo kugira ngo bibafashe ndetse binabagire inama.

 

Ni ku nshuro ya 14 kaminuza ya ULK itanze impamyabumenyi z’icyiciro cya kabiri cya kaminuza, bikaba ku nshuro ya 4 hatanzwe impamyabumenyi z’icyiciro cya gatatu cya kaminuza.

Muri rusange kaminuza ya ULK imaze gutanga impamyabumenyi 30993 mu mashami atandukanye aboneka muri iyo kaminuza.

Norbert Nyuzahayo

 

 

 

 

2017-12-08
Editorial

IZINDI NKURU

RMC yashyize igorora Abanyarwanda bifuza gutunga Moto zikorerwa mu Rwanda

RMC yashyize igorora Abanyarwanda bifuza gutunga Moto zikorerwa mu Rwanda

Editorial 22 Aug 2017
Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Editorial 30 Aug 2021
#AU SUMMIT: Leta y’u Burundi yahamagaje igitaraganya intumwa zari  ziyihagarariye mu nama y’umuryango w’ubumwe bwa Afrika ibera i Kigali

#AU SUMMIT: Leta y’u Burundi yahamagaje igitaraganya intumwa zari ziyihagarariye mu nama y’umuryango w’ubumwe bwa Afrika ibera i Kigali

Editorial 18 Jul 2016
Ikipe ya Etincelles yahagaritse umuvuduko wa AS Kigali, Police FC isubira Musanze FC, Mukura VS ikomeza kujya habi.

Ikipe ya Etincelles yahagaritse umuvuduko wa AS Kigali, Police FC isubira Musanze FC, Mukura VS ikomeza kujya habi.

Editorial 11 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hagati ya Mashami Vincent na Jimmy Mulisa umwe ashobora gusimbura Eric Nshimiyimana wasezerewe n’ubuyobozi bwa AS Kigali, ni nyuma yo gutsindwa na Rayon Sports 2-1
Amakuru

Hagati ya Mashami Vincent na Jimmy Mulisa umwe ashobora gusimbura Eric Nshimiyimana wasezerewe n’ubuyobozi bwa AS Kigali, ni nyuma yo gutsindwa na Rayon Sports 2-1

Editorial 19 Dec 2021
Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen James Kabarebe yasabye abakinnyi ko nta kipe bagomba korohera kugirango batware igikombe cya shampiyona cya 2020-2021.
Amakuru

Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen James Kabarebe yasabye abakinnyi ko nta kipe bagomba korohera kugirango batware igikombe cya shampiyona cya 2020-2021.

Editorial 23 May 2021
UKO INTUMWA 12 ZA YESU ZAPFUYE URUPFU RUBI
ITOHOZA

UKO INTUMWA 12 ZA YESU ZAPFUYE URUPFU RUBI

Editorial 16 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru