• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

  • INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA   |   01 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ku nshuro ya 14 Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) yatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 1038

Ku nshuro ya 14 Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) yatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 1038

Editorial 08 Dec 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8/12/2017, kaminuza yigenga ya Kigali [ ULK ] yatanze impamyabumenyi ku mugaragaro ku banyeshuri bagera ku 1038,  barangije muri iyo kaminuza mu cyiciro cya gatatu (Master’s Degree) ndetse n’icyiciro cya kabiri aricyo cya (Bacheror’s Degree), mu mashami atandukanye ariyo Amategeko, Ikoranabuhanga, Icungamutungo, Iterambere mpuzamahanga n’andi.

Ni umuhango wabereye kuri stade ya ULK iherereye ku Gisozi, ukaba witabiriwe n’abantu benshi batandukanye barimo abanyeshuri bari baje guhabwa impamyabumenyi zabo, abayobozi batandukanye ndetse n’ababyeyi bari baje baherekeje abahawe impamyabumenyi.

Abanyeshuri 147 bahawe impamyabumenyi z’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mugihe abagera kuri 891 bahawe impamyabumenyi z’icyiciro cya kabiri cya kaminuza.

Nkuko byagarutsweho n’Umuyobozi wa ULK Dr Sekibibi Ezekiel, yavuze ko kaminuza ya ULK imaze kugaragaza ubushobozi ku isoko ry’umurimo aho yavuze ko ubu ari iya mbere muri kaminuza zigenga zo mu Rwanda ikaba iya kabiri mu Rwanda nyuma ya Kaminuza y’u Rwanda.

Yagaragaje ko mu banyeshuri bahawe impamyabumenyi mu cyiciro cya kabiri cya kaminuza abakobwa aribo benshi bari kuri 61.3% mu gihe abahungu ari 38.7%, naho mu cyiciro cya gatatu cya kaminuza abahungu akaba aribo benshi kuri 64.6% mu gihe abakobwa ari 36.4%.

Yashoje avuga ko bitewe n’ibyo kaminuza ya ULK igeza ku banyarwanda ndetse n’isi muri rusange uyu mwaka bakiriye abanyeshuri benshi baturutse mu bihugu bitandukanye byo hanze birimo Congo, U Burundi, Tanzania, Uganda, Nigeria ndetse na Canada.

Prof. Dr. Rwigamba Balinda washinze Kaminuza ya ULK yavuze ko bishimira ibimaze kugerwaho na ULK avuga ko abikesha Imana yamufashije gushing kaminuza ya ULK ndetse n’ubuyobozi bwiza bw’Igihugu.

Ati” Nshimiye Imana mbere yo yabashije kumfasha gushinga Kaminuza ya ULK, nshimiye kandi ubuyobozi bwiza bw’Igihugu cyacu burangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame ku iterambere rigaragara hose u Rwanda rumaze kugeraho, umutekano kuko bidahari iri terambere ntitwarigeraho.”

Yanashimiye kandi Ingabo z’Igihugu ndetse na Police ku bwitange bagaragaza ngo igihugu kirusheho gutera imbere, anashimira Minisiteri y’Uburezi n’Umujyi wa Kigali ku mikoranire n’ubufatanye bagirana mu rwego rwo guteza imbere uburezi.

Yashoje atanga impanuro ku banyeshuri bahawe impamyabumenyi, aho yababwiye ko ubumenyi bavanye kuri kaminuza bagomba kubuhuza n’amahame y’indangagaciro z’ubuzima kuko ariwo musingi w’ubuzima bwiza, abasaba kumenya inshingano zabo ku isi birinda gushaka kubona ibiturutse mu nzira mbi bityo bagakorana umurava bakaba inyangamugayo muri byose kandi bakarangwa n’urukundo no kubaha Imana kuko aribyo bizabageza kubyo bifuza.

Yakanguriye abatarabona akazi kwihangira imirimo bibumbira mu matsinda ndetse bakanagana ibigo bitandukanye bifasha mu guhanga imirimo kugira ngo bibafashe ndetse binabagire inama.

 

Ni ku nshuro ya 14 kaminuza ya ULK itanze impamyabumenyi z’icyiciro cya kabiri cya kaminuza, bikaba ku nshuro ya 4 hatanzwe impamyabumenyi z’icyiciro cya gatatu cya kaminuza.

Muri rusange kaminuza ya ULK imaze gutanga impamyabumenyi 30993 mu mashami atandukanye aboneka muri iyo kaminuza.

Norbert Nyuzahayo

 

 

 

 

2017-12-08
Editorial

IZINDI NKURU

Gicumbi: Ubukene, ubujiji n’indwara byarindimukanye n’ubutegetsi bubi cyane

Gicumbi: Ubukene, ubujiji n’indwara byarindimukanye n’ubutegetsi bubi cyane

Editorial 10 Jul 2024
“Ndabasaba  gufata neza ibikoresho muhawe no kubikoresha neza kugira ngo mwiteze imbere” Busingye.

“Ndabasaba  gufata neza ibikoresho muhawe no kubikoresha neza kugira ngo mwiteze imbere” Busingye.

Editorial 23 May 2018
“Walk to Remember”, umwe mu miyoboro ikomeye inyuzwamo ubutumwa bwo guhangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi

“Walk to Remember”, umwe mu miyoboro ikomeye inyuzwamo ubutumwa bwo guhangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 06 Apr 2024
Nyuma y’imyaka isaga itatu ari umunyamabanga wa FERWAFA, Uwayezu Francois Regis yeguye kuri uyu mwanya

Nyuma y’imyaka isaga itatu ari umunyamabanga wa FERWAFA, Uwayezu Francois Regis yeguye kuri uyu mwanya

Editorial 13 Sep 2021
Gicumbi: Ubukene, ubujiji n’indwara byarindimukanye n’ubutegetsi bubi cyane

Gicumbi: Ubukene, ubujiji n’indwara byarindimukanye n’ubutegetsi bubi cyane

Editorial 10 Jul 2024
“Ndabasaba  gufata neza ibikoresho muhawe no kubikoresha neza kugira ngo mwiteze imbere” Busingye.

“Ndabasaba  gufata neza ibikoresho muhawe no kubikoresha neza kugira ngo mwiteze imbere” Busingye.

Editorial 23 May 2018
“Walk to Remember”, umwe mu miyoboro ikomeye inyuzwamo ubutumwa bwo guhangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi

“Walk to Remember”, umwe mu miyoboro ikomeye inyuzwamo ubutumwa bwo guhangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 06 Apr 2024
Nyuma y’imyaka isaga itatu ari umunyamabanga wa FERWAFA, Uwayezu Francois Regis yeguye kuri uyu mwanya

Nyuma y’imyaka isaga itatu ari umunyamabanga wa FERWAFA, Uwayezu Francois Regis yeguye kuri uyu mwanya

Editorial 13 Sep 2021
Gicumbi: Ubukene, ubujiji n’indwara byarindimukanye n’ubutegetsi bubi cyane

Gicumbi: Ubukene, ubujiji n’indwara byarindimukanye n’ubutegetsi bubi cyane

Editorial 10 Jul 2024
“Ndabasaba  gufata neza ibikoresho muhawe no kubikoresha neza kugira ngo mwiteze imbere” Busingye.

“Ndabasaba  gufata neza ibikoresho muhawe no kubikoresha neza kugira ngo mwiteze imbere” Busingye.

Editorial 23 May 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru