• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»“Kuki iyo u Rwanda na Uganda byarebanaga nabi Gen Kayihura ariwe wabigenderagamo” – Impamvu Andrew Mwenda atanga

“Kuki iyo u Rwanda na Uganda byarebanaga nabi Gen Kayihura ariwe wabigenderagamo” – Impamvu Andrew Mwenda atanga

Editorial 12 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Ngo iyo u Rwanda na Uganda byarebanaga nabi Gen Kayihura niwe wabigenderagamo bitewe n’inkomoko ye nk’uko yabihishuriye inshuti ubwo hongeraga kuvugwa umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi.

Umunyamakuru uzwi cyane mu gihugu cya Uganda no mu karere, Andrew Mwenda aravuga ko ishyaka riri ku butegetsi NRM, vuba rizicuza kuva ku buyobozi bw’igipolisi kwa Gen. Kale Kayihura wasimbujwe kuwa 04 Werurwe uwitwa Okoth Ochola wari umwungirije.

Mu nkuru y’ikinyamakuru cye, The Independent, ifite umutwe ugira uti: “Impamvu kwirukana IGP bifitanye isano cyane n’umubano hagati ya Kampala na Kigali, aho kuba ibyaha muri Uganda”, Andrew Mwenda yavuze ko mu gihe cye ayoboye polisi, Gen Kale Kayihura yagize uruhare rukomeye mu gutuma iri shyaka rya NRM rimara igihe ku butegetsi.

Ngo aho kugirango Kayihura akoreshe igipolisi mu guhagarika imyigaragambyo yamaganaga guverinoma, we yakoreshaga abantu bamunzwe na ruswa mu batavuga rumwe n’ubutegetsi akajya amenya icyo bateganya gukora mbere y’uko bagikora.

Mwenda avuga ko kayihura yari yaracengeye mu birindiro by’abatavuga ruumwe n’ubutegetsi ndetse agaha ruswa abayobozi babo kugirango bahindure uruhare cyangwa bemere kujya bamuha amakuru. Mwenda ati: “Nta myigaragambyo yashoboraga kuba Kayihura atabizi.”  Yongeyeho ko Kampala yari ifite umutekano kubera Kayihura yumvaga neza politiki ihakinirwa.

U Rwanda na Uganda

Nk’uko umutwe w’iyi nkuru ya The Independent uvuga, Andrew Mwenda avuga ko kwirukana Gen. Kale Kayihura ku buyobozi bw’igipolisi, bishobora kuba ahanini byaratewe n’umwuka mubi umaze iminsi uvugwa hagati ya Kampala na Kigali.

Ngo hamaze iminsi hari inkuru zivuga ko hari abantu bashinzwe umutekano begereye Gen. kayihura bajyaga baha amakuru ibihugu by’amahanga birimo n’u Rwanda.

Mu mpera za 2017, abapolisi bakuru batanu begereye Kayihura bakaba baratawe muri yombi n’urwego rushinzwe umutekano imbere mu gihugu (ISO) ndetse n’urwego rw’ubutasi mu gisirikare (CMI), bazira gusubiza mu Rwanda, Lt. Joel Mutabazi, wahoze mu mutwe ushinzwe kurinda perezida Kagame.

 Bikaba bivugwa ko Lt Mutabazi yashimutiwe I Kampala mu 2013 agashyikirizwa guverinoma y’u Rwanda, aho nyuma yaje gukatirwa igifungo cya burundu. Muri Uganda akaba yarahabaga nk’impunzi.

Ngo mu gukoresha abasirikare mu guta muri yombi aba bantu, abakurikirannira hafi ibintu, bavuga ko byagaragaje icyizere gicye perezida Museveni yari afitiye igipolisi, nk’uko byagaragaye, umuyobozi wacyo.

Inkuru ya Mwenda ikaba yarashingiye kuri ibi nubwo anavuga ko Kayihura ashobora kuba arimo kwishyura igiciro cy’ubwoko.

Mwenda ati: “Ubwo amakimbirane hagati ya Kampala na Kigali yatangiraga, Kayihura yahishuriye inshuti ko iyo Uganda n’u Rwanda birwanye, yishyura igiciro. Kuba akomoka mu bwoko bw’Abanyarwanda, uruhande rwa Uganda rumushinja kuba intasi mu gihe uruhande rw’u Rwanda rumubona nk’umugambanyi. Isoko y’amakuru yizewe yambwiye ko Museveni yumvishijwe n’izindi nzego z’ubutasi ko Kayihura yemereye u Rwanda gukoresha Igipolisi cya Uganda mu gukora ibikorwa byabo imbere mu gihugu.”

Naho ngo ku ruhande rw’u Rwanda, ngo rukaba rwari rwemereye kayihura kumufasha gukoresha igipolisi mu kubaka umusingi wa politiki yari kuzifashisha mu nzozi ze zo kuba perezida.

Iyi nkuru ikaba ikomeza ivuga ko mu mpera z’ubuyobozi bwe, Kayihura yavuzweho kuba yaragaragazaga inyota yo kuba perezida abishyigikiwemo na Guverinoma y’u Rwanda.

Ibi ariko uruhande rw’u Rwanda rukaba rwarabihakanye binyuze kuri Ambasaderi Frank Mugambage wabiteye utwatsi avuga ko nta shingiro ibyo byavugwaga bifite abaza impamvu u Rwanda rwaba rurajwe inshinga n’uzasimbura perezida Museveni ashimangira ko ibyo ari ibibazo bya Uganda.

Résultat de recherche d'images pour "Frank Mugambage"

Ambasaderi Frank Mugambage

Ambasaderi Mugambage yakomeje avuga ko icyo u Rwanda rureba ari iterambere ryarwo kandi ruzakomeza gukorana n’abaturanyi mu kugera ku ntego zihuriweho mu bijyanye n’umutekano n’iterambere ry’ibikorwaremezo.

Indi mpamvu Mwenda avuga yaba yaratumye perezida Museveni akura ku mirimo ye Gen Kayihura, n’ukuba uyu ngo yari asigaye afitanye amakimbirane n’abo mu nzego z’umutekano ubwabo, abatavuga rmwe n’ubutegetsi ndetse n’imbuga nkoranyambaga, mu kumwirukana ngo Museveni akaba asa nk’uwicishije inyoni 4 ibuye rimwe.

Résultat de recherche d'images pour "Andre Mwenda"

Umunyamakuru Andrew Mwenda

Mwenda agasobanura ko Museveni azaturisha ab’imbere muri guverinoma bifuzaga ko Kayihura yirukanwa, icya kabiri, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakaba bazatuza batekereza ko uwari ubabangamiye atagihari, ubwa gatatu akaba azaturisha abadipolomate bari bafitiye impungenge igipolisi, icya kane ngo akaba ashobora kwirukana umuntu wese atizeye bitewe n’umwuka uri hagati ya kampala na Kigali.

2018-03-12
Editorial

IZINDI NKURU

Icyo abanyafrika bazibukira kuri Perezida Kagame wari umaze umwaka ayobora AU

Icyo abanyafrika bazibukira kuri Perezida Kagame wari umaze umwaka ayobora AU

Editorial 08 Feb 2019
“Igicumbi” cy’ abacumbagira mu mitekerereze gitandukaniye he n’icukiro ry’imyanda?

“Igicumbi” cy’ abacumbagira mu mitekerereze gitandukaniye he n’icukiro ry’imyanda?

Editorial 02 Aug 2021
Burundi: Imbonerakure ziratungwa agatoki mu rupfu rwa René Pacifique Ntwari, w’imyaka 20 wishwe ateraguwe ibyuma

Burundi: Imbonerakure ziratungwa agatoki mu rupfu rwa René Pacifique Ntwari, w’imyaka 20 wishwe ateraguwe ibyuma

Editorial 01 Mar 2018
Perezda Lungu yamaze kugera mu Rwanda

Perezda Lungu yamaze kugera mu Rwanda

Editorial 21 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Diamond Platnumz yasinyanye amasezerano akomeye n’urubuga rwa Youtube
Mu Mahanga

Diamond Platnumz yasinyanye amasezerano akomeye n’urubuga rwa Youtube

Editorial 25 Jun 2018
Perezida Museveni yasuye ingabo za Tanzania zakomerekeye mu gitero cya ADF ku ngabo za Monusco
Mu Mahanga

Perezida Museveni yasuye ingabo za Tanzania zakomerekeye mu gitero cya ADF ku ngabo za Monusco

Editorial 25 Dec 2017
Impaka za ngo ‘Turwane ‘  hagati ya Bob Mugabe, Depite Gatabazi, Amb.Nduhungirehe na Fred Muvunyi
Amakuru

Impaka za ngo ‘Turwane ‘ hagati ya Bob Mugabe, Depite Gatabazi, Amb.Nduhungirehe na Fred Muvunyi

Editorial 17 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru