• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yaganiriye na Justin Trudeau ku ishoramari n’ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Canada

Perezida Kagame yaganiriye na Justin Trudeau ku ishoramari n’ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Canada

Ubwanditsi 10 Feb 2020 UBUKUNGU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau, byabaye kuri uyu wa Gatandatu ubwo aba bombi bitabiraga inama ya 33 y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe iri kubera i Addis Ababa, Ethiopia.

Ibiganiro by’aba bombi byitabiriwe n’abandi bayobozi ku mpande zombi harimo nka Masai Ujiri, Umunya-Nigeria uyobora Ikipe ya Toronto Raptors, ikipe imwe rukumbi itabarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ikina muri Shampiyona ya NBA.

Trudeau yashimye uburyo umubano w’ibihugu byombi wifashe mu ngeri zitandukanye. Aba bakuru b’ibihugu byombi baganiriye ku bijyanye n’ubucuruzi n’ishoramari, imihindagurikire y’ikirere, uburinganire hagati y’abagore n’abagabo ndetse no gufasha abagore mu guhanga imirimo kimwe n’amahirwe ahari mu iterambere ry’urubyiruko.

Baganiriye kandi ku bibazo bibangamiye amahoro n’umutekano muri Afurika, ndetse n’imikoranire na Loni ndetse n’uruhare rwa Canada nk’igihugu kiyoboye Komisiyo ya Loni igamije gusigasira amahoro.

Banunguranye ibitekerezo kandi ku bikwiye kwitabwaho mu nama ya Commonwealth izaba muri Kamena uyu mwaka mu Rwanda.

U Rwanda magingo aya ruhagarariwe muri Canada na Prosper Higiro nka Ambasaderi, impapuro zimuhesha ubwo burenganzira yazitanze mu Ugushyingo umwaka ushize.

Canada yakunze kugaragaza umubano mwiza ifitanye n’u Rwanda by’umwihariko igihe yashyigikiraga kandidatire ya Louise Mushikiwabo ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa, OIF, ikirengagiza umuturage wayo Michaelle Jean wari usanzwe ayobora uwo muryango.

Muri Canada hariyo abanyarwanda bagera ku 15 000, ariko bari mu byiciro bitandukanye harimo abakurikira gahunda za leta ndetse bashyigikiye politiki y’igihugu n’abandi bayirwanya.

Ibicuruzwa byoherejwe muri Canada mu 2017 bivuye mu Rwanda bifite agaciro hafi miliyoni ebyiri z’amadolari ariko ibyavuye muri Canada bigeze kuri miliyoni eshanu z’amadolari.

Trudeau yavuze ko we na Perezida Kagame baganiriye no ku nama ya Commonwealth izabera mu Rwanda

Bombi bahuriye muri Ethiopia ahari kubera inama ya 33 ya AU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe wa Canada byibanze ku ishoramari hagati y’ibihugu byombi.
SRC : IGIHE

Amafoto: Village Urugwiro

2020-02-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwanze imibereho ya Dawidi na Goliyati – Donald Kaberuka

U Rwanda rwanze imibereho ya Dawidi na Goliyati – Donald Kaberuka

Ubwanditsi 15 Dec 2017
U Rwanda Rushobora Kuba Urwa Mbere Muri Afurika Mu Kwinjira Mu Muryango W’ibihugu Bikataje Kurusha Ibindi Mu Bukungu [ OECD ]

U Rwanda Rushobora Kuba Urwa Mbere Muri Afurika Mu Kwinjira Mu Muryango W’ibihugu Bikataje Kurusha Ibindi Mu Bukungu [ OECD ]

Ubwanditsi 29 Aug 2018
Ubukungu bw’u Rwanda buziyongeraho 7,2% muri uyu mwaka – IMF

Ubukungu bw’u Rwanda buziyongeraho 7,2% muri uyu mwaka – IMF

Ubwanditsi 02 Dec 2018
Abayobozi b’Umujyi wa Kigali bibukijwe indangagaciro zikwiye mu kubaka ubukungu butajegajega

Abayobozi b’Umujyi wa Kigali bibukijwe indangagaciro zikwiye mu kubaka ubukungu butajegajega

Ubwanditsi 30 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mugisha Emmanuel Clapton uzwi nka Kibonke yavuze ko ataretse ibikorwa byo gusetsa ajya imbere y’abantu bizwi nka Standup Comedy, asobanura ko kuri ubu ahubwo yahisemo kuyikora mu buryo bwa Filimi
Amakuru

Mugisha Emmanuel Clapton uzwi nka Kibonke yavuze ko ataretse ibikorwa byo gusetsa ajya imbere y’abantu bizwi nka Standup Comedy, asobanura ko kuri ubu ahubwo yahisemo kuyikora mu buryo bwa Filimi

Ubwanditsi 11 Mar 2021
Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga
Amakuru

Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Ubwanditsi 24 Jun 2025
Nyuma y’imyaka itanu ari umuvugizi wa APR FC, Kazungu Claver ntakiri kuri uyu mwanya
Amakuru

Nyuma y’imyaka itanu ari umuvugizi wa APR FC, Kazungu Claver ntakiri kuri uyu mwanya

Ubwanditsi 19 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru