• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kunde wahoze muri FDLR yavuze icyatumye batsindwa n’uko yabanye na Perezida Nkurunziza

Kunde wahoze muri FDLR yavuze icyatumye batsindwa n’uko yabanye na Perezida Nkurunziza

Editorial 14 Dec 2016 ITOHOZA

Faustin ’Kunde’ Gashugi wahoze mu gisirikare cy’ingabo zatsinzwe (Ex-FAR), afite ipeti rya Sergent- Major, yagarutse ku nzira ndende yanyuzemo nk’umusirikare by’umwihariko mu mashyamba ya Congo, ahishura kimwe mu byatumye umutwe wa FDLR utagera ku ntego yawo kikanatuma yitandukanya na wo akiyemeza gutaha mu Rwanda.

Kuri uyu wambere tariki 12 Ukuboza, Kunde yasangije ayo mateka urubyiruko rugera kuri 800 ruba mu Rwanda no mu mahanga, rwitabiriye itorero Urunana rw’Urungano ririmo kubera i Gabiro.

Yagarutse ku mateka y’intambara yo kurwanya inyenzi i Gabiro na Ryabega, abwira urubyiruko ko kimwe mu byatunguye abazayirwa bari baraje kubafasha babwirwa ko bagiye kurwana n’Abagande, ari ugusanga abo barwanya [Inkotanyi] ari Abanyarwanda bavuga Ikinyarwanda. Ibi ngo byababereye urusobe bakabwirana ngo ‘Intambara irakomeye’, bikatuma basubira iwabo.

Kunde yakomoje ku mateka ye mu mashyamba ya Congo ari mu mutwe wa FDLR, uko bagerageje kugaruka gutera u Rwanda banyuze za Cyangugu n’ahandi bagakubwitwa inshuro kenshi n’Inkotanyi.

Intandaro yo gutsindwa kwa FDLR

Muri icyo kiganiro, Kunde yagarutse ku ntambara zitandukanye barwanye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no muri Congo Brazzaville. Kimwe mu bintu atazibagirwa, ni uburyo bihuje ari ibihugu bine, bagafashwa na Laurent Kabila, akabaha n’ibikoresho bikomeye ariko bagatsindwa n’Inkotanyi zitari zifite ibikoresho bihambaye.

Ati “Twarwanye n’Inkotanyi turi Interahamwe na Ex FAR zigera 5000, Abanyangola 2500, Abanyazimbabwe 8000 na Namibia 3500 ndetse dufite n’intwaro zikomeye cyane. Inkotanyi zari zifite intwaro ziciriritse ziradukubita, twajya imbere tukumva ngo inyuma hafashwe.”

Yakomeje avuga ko uku gutsindwa kose kwagizwemo uruhare n’ubwumvikane buke bwa Mugaragu na Mudacumura bari bayoboye urwo rugamba.

Kunde avuga ko amacakubiri ya Kiga-Nduga (Abakiga n’Abanyenduga) ariyo yatumye abarwanyi ba FDLR batagira icyo bageraho.

Ati “Ikintu cya mbere cyatumye FDLR itagira icyo igeraho, ikintu bita amacakubiri Kiga-Nduga, ntigishobora kuzatuma … bazaze mu Rwanda baze mu itorero, babatizwe babe Abanyarwanda. Iyo wageze mu itorero ugatozwa wumva uri utewe ishema n’uko uri Umunyarwanda ukagenda widunda”.

Akomeza agira ati “Utemera ko yatsinzwe ni wa wundi ugihanyanyaza uri hariya warwaye inda muri FDLR, wa wundi wirirwa wirukanka mu mashyamba, ariko uwabyemeye araza agafatanya n’abandi kubaka igihugu.”

U Burundi burakirigita umukecuru

Kunde yabwiye urubyiruko ko akiri mu mashyamba ya Congo yari kumwe na Perezida w’u Burundi Pierre Nkurunziza kandi abasirikare be bakomeye batojwe n’Abanyarwanda.

Yongeraho ko amagambo ya Nkurunziza ntacyo yatwara u Rwanda kandi niyo yagerageza gutera yakubitwa inshuro n’inkeragutabara hatarindiriye abasirikare.

Ati “Buriya Perezida w’u Burundi twararwananye za Pueto, buriya abasirikare be nitwe twabigishaga…ariko nka biriya aba avuga tuba tubireba nkatwe twabanye nawe tukavuga ngo ni ‘ukwikirigita ugaseka’, iyo avuga ngo u Rwanda rwagize…ngo yarutera, ni nko ‘gukirigita umukecuru’. Ntiyabigerageza kuko abigerageje ni inkeragutabara zakirwanira”.

Yakomeje avuga ko Abanyarwanda bamaze gusobanukirwa kwirindira umutekano ku buryo ntawe ushobora kubameneramo ngo awuhungabanye.

Ati “Kuko Abanyarwanda bose bashinzwe umutekano, iyo ugenda mu nzira ntawe ukuvugisha nta nukubaza ibyangombwa ariko wibeshye ukaba watwaye avoka mu mufuka, ugashaka kuyiterura ngo uyitere umuntu, kubera ko bazi ububi bwa gerenade wayibangura wajya kuyitera akaboko bagafatira inyuma, yaba umugore yaba umukobwa.”

Uko yatashye…

Kunde agaruka ku mpamvu zatumye afata icyemezo cyo gutaha mu Rwanda, cyane cyane zikaba zishingiye ku mwiryane n’amacakubiri y’ababayoboraga.

Ati “Nabonye Mudacumura na Mugaragu bahanganye kandi aribo bayobozi bacu, tubona ba Renzaho Kabila arabagurishije ndavuga nti ‘ndatashye Kunde, nta kurama kudapfa ndatashye’.

Ageze ku kibuga cy’indege i Kanombe yabanje kuyoberwa bimwe mu bice yari asanzwe azi kubera inyubako, gusa ngo kimwe mu bintu byamukoze ku mutima ni ukubona ntawamuhamagaye nkuko yabibwirwaga.

Kunde atanga ubuhamya bw’uko yageze i Mutobo akiga amasomo yamufashije kuba umuhinzi-mworozi w’intangarugero, akaba azwi cyane ku bworozi bw’ingurube.

Ati “Ibyo nigiye i Mutobo nabishyize mu bikorwa, uyu munsi iri koti nambaye si iryo natiye, uko ngana si uko bampaze, ndi umuhinzi mworozi mu murenge wa Kigali, ndahembwa, iwanjye hakorerwa ingendo-shuri.”

Kunde ayobora abashinzwe umutekano mu kagari, ahamya ko ari Umunyarwanda wubaka igihugu amanywa n’ijoro kandi ubifitiye ishema.

Intego y’Urunana rw’Urungano ni ugufasha urubyiruko kwiyambura burundu umwambaro w’amoko, bakavurwa ibikomere bakomora ku babyeyi babo bari barabaswe n’ivangura rishingiye ku moko, hagamijwe kubafasha kwiyandikira amateka mashya kandi meza abaganisha ku Iterambere.

-5018.jpg

Faustin ’Kunde’ Gashugi na Petero Nkurunziza

Abayobozi basangije amateka yabo urwo rubyiruko barimo Minisitiri Uwacu Julienne; Minisitiri Nsengimana Jean Philbert; Minisitiri Francis Kaboneka, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo; Mureshyankwano Marie Rose na Depite Bamporiki Edouard.

2016-12-14
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda yikanze igitero ita muri yombi ukekwaho guha inyeshyamba z’Abanyarwanda ubutaka bwo guhingaho

Uganda yikanze igitero ita muri yombi ukekwaho guha inyeshyamba z’Abanyarwanda ubutaka bwo guhingaho

Editorial 06 Apr 2018
Nyuma y’aho  Amb. Eugene Gasana  aherewe inshingano zo  guhungisha imitungo  ya Kabila yanyerejwe  ubu ngo yaba yiteguye kwerekaza muri  Kongre y’Amerika  gutanga ubuhamya

Nyuma y’aho Amb. Eugene Gasana aherewe inshingano zo guhungisha imitungo ya Kabila yanyerejwe ubu ngo yaba yiteguye kwerekaza muri Kongre y’Amerika gutanga ubuhamya

Editorial 07 Oct 2017
RNC Ya Kayumba Nyamwasa Ifatanyije Na JMV Ndagijimana Na Joseph Matata Bari Gutegura  Imihango Yo Guterekera No Gukeza Lt Gen Sylvestre Mudacumura

RNC Ya Kayumba Nyamwasa Ifatanyije Na JMV Ndagijimana Na Joseph Matata Bari Gutegura Imihango Yo Guterekera No Gukeza Lt Gen Sylvestre Mudacumura

Editorial 13 Nov 2019
RIB Iravuga Ko Abantu 15 Batawe Muri Yombi Bakekwaho Amanyanga Mu Matora

RIB Iravuga Ko Abantu 15 Batawe Muri Yombi Bakekwaho Amanyanga Mu Matora

Editorial 08 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FIFA yahaye ikipe ya Rayon Sports iminsi 45 yo kuba yishyuye miliyoni zisaga 12 z’amanyarwanda umunyakameruni Philipe Artur Banen
Amakuru

FIFA yahaye ikipe ya Rayon Sports iminsi 45 yo kuba yishyuye miliyoni zisaga 12 z’amanyarwanda umunyakameruni Philipe Artur Banen

Editorial 30 Mar 2021
ESI yiyemeje kurwanya ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

ESI yiyemeje kurwanya ibiyobyabwenge

Editorial 15 Feb 2016
Serge Ndayizeye yaba noneho yivumbuye burundu? Yaba yabonye icyangombwa cyo gukora muri Amerika agacika Kayumba Nyamwasa?
Amakuru

Serge Ndayizeye yaba noneho yivumbuye burundu? Yaba yabonye icyangombwa cyo gukora muri Amerika agacika Kayumba Nyamwasa?

Editorial 19 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru