Mu gihe yarimo ageza ijambo ku bitabiriye Global Gateway Forum 2025 i Bruxelles, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yongeye kugaragaza isura y’umuyobozi wifuza amahoro n’ubufatanye mu karere. Ariko inyuma y’amagambo meza avugira muruhame hari ukuri gutandukanye cyane: ni we nyirabayazana w’umutekano muke n’imvururu zidashira muri Repubulika ya Congo no mu karere kose k’ibiyaga bigari.
Kuva yajya ku butegetsi mu mwaka wa 2019, Tshisekedi yagiye agaragaza amagambo n’ibikorwa bihabanye. Yavuze ko yasuye ibihugu bituranyi byose agamije kubaka umubano n’amahoro, ariko kuva icyo gihe amasezerano arenga icumi yo kugarura ituze muri Congo yagiye asinywa hanyuma agapfa ntashyirwe mu bikorwa, kubera kubura ubushake bwa politiki bwa Kinshasa. Ahubwo agahitamo inzira y’intambara, n’ivangura rishingiye ku moko no kuturere moko, aho kugira ngo ashyire imbere ibiganiro n’ubwiyunge.
Mu ijambo rye i Bruxelles, Tshisekedi yavuze ati: “Nta na rimwe nigeze ngaragaza imico y’ubushotoranyi cyangwa ubwishongozi ku baturanyi banjye, cyane cyane u Rwanda.”
Ariko ibyo ni ibinyoma. Mu mezi n’imyaka ishize, Tshisekedi yakoresheje amagambo yuzuyemo urwango n’ubushotoranyi ku Rwanda, kugeza n’aho yagereranyije Perezida Paul Kagame na Hitler, ndetse avuga ko azabohora Abanyarwanda “bavanywe mu ngoyi”. Ibi yabivugiye mu ruhame mu gihe cy’amatora, yongeraho no kwivuga ibigwi byo gutunga indege za gisirikare ngo “zizereka Kigali icyo zishoboye.”
Aya magambo yatumye bamwe mu bayobozi bakuru be batinyuka gukwirakwiza urwango ku Batutsi bo muri Congo, bakabamenyesha nk’abanzi b’igihugu. Hari n’abayobozi benshi bafashwe bazira ruswa cyangwa ubusahuzi, maze bihimbira inkuru ko “u Rwanda arirwo rubahiga.” No mu mashuri, abana bato bigishwa inkuru zibiba urwango ku Banyarwanda, bikaba bimaze kuba politiki y’igihugu yo gushakisha abo kwitwaza.
Ibyo byose biri mu gihe ubutegetsi bwa Kinshasa bwafunze ikirere cyabwo ku ndege zivuye mu Rwanda, bukajya bufata abenegihugu b’u Rwanda bubashyira muri gereza zo muri Kinshasa aho bamwe bapfiriye, ndetse bukongera n’ibitero birenga makumyabiri byarenze umupaka kuva mu 2019, birimo n’icya mutarama 2025 cyaguyemo Abanyarwanda 16 i Rubavu.
Tshisekedi akomeje kwitwaza intambara n’imitwe yitwaje intwaro nka M23 ngo yikure mu isoni z’ubutegetsi bwe bubi, nyamara ni we utera inkunga imitwe y’abicanyi nka FDLR n’indi ya Wazalendo, igenda ifatanya n’ingabo za Congo (FARDC) mu gutera inkambi z’impunzi no gusahura abaturage. N’aho kuba umuhuza w’amahoro, yahinduye igihugu cye urubuga rw’imitwe yitwaje intwaro, abacancuro b’abanyamahanga n’ingabo z’amahanga zirwanira ku butaka bwa Congo.
Mu gihe avuga ko “98% by’amasezerano y’amahoro yari amaze kurangira,” yibagirwa ko u Rwanda rwanze kwitabira inama i Luanda kuko Kinshasa yanze gushyira mu bikorwa ibyo yemeye, birimo kugirana ibiganiro na M23 nk’uko byari biteganyijwe mu masezerano ya Doha. Tshisekedi yahisemo gushakisha abahuza bashya buri gihe, aho gushyira mu bikorwa ayo masezerano yasinyiye imbere y’abakuru b’ibihugu byo mu karere.
Ku ruhande rwe, akomeza gushaka abo yitwaza ngo bamufashe gushinja u Rwanda, asaba ibihano mpuzamahanga aho gukora ibikwiriye. Ibi bikorwa by’ubwiyahuzi bwa politiki ntibizamugeza ku mahoro, ahubwo birushaho gutuma abaturage be bakomeza kubabara.
Mu gihe avuga ko ashaka amahoro, mu by’ukuri Tshisekedi ashaka intambara — kuko ari yo imufasha kubona amajwi n’inkunga z’amahanga. Ariko abaturage bo mu Burasirazuba bwa Congo, aho imitwe yitwaje intwaro ikomeje kwica, gusahura no gufata abagore ku ngufu, bo bamaze kurambirwa.
Ukuri ni uko amahoro atabaho mu magambo gusa. Amahoro asaba ibikorwa bifatika, ubutwari bwo kwemera amakosa no gushyira mu bikorwa ibyo wiyemeje. Tshisekedi yahisemo inzira yo gucunga inyungu ze bwite aho gushyira imbere ineza y’abaturage be.
Mu gihe akomeje kubeshya amahanga ko ashaka amahoro, ibikorwa bye bigaragaza ibinyuranye: ni we ubyitambika imbere, ni we wubatse urukuta rw’urwango hagati y’abaturanyi, kandi ni we utinya ko amahoro nyayo yagarura ukuri atifuza kubona kumurangaza.
Tshisekedi yifuza amafoto n’amagambo y’amahoro, ariko atifuza amahoro ubwayo. Iyo niyo mpamvu igihugu cye gikomeje kuba imbata y’intambara, urwango n’uburyarya bwa politiki, byose bituruka ku muyobozi uvuga amahoro ariko akayabangira kure.




