• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ni iyihe mpamvu yari gutuma tubuza Katumbi kwinjira mu Rwanda?-Perezida Kagame

Ni iyihe mpamvu yari gutuma tubuza Katumbi kwinjira mu Rwanda?-Perezida Kagame

Ubwanditsi 12 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yasobanuye ko nta mpamvu abona yari gutuma u Rwanda rwangira Moïse Katumbi, utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kwitabira inama izwi nka Mo Ibrahim Governance Weeekend, yabereye i Kigali mu mpera za Mata uyu mwaka.

Ubwo yari i Kigali, Katumbi umaze imyaka ibiri mu buhungiro yatangaje ko adatinya Perezida Kabila kandi agiye gusubira muri iki gihugu akiyamamariza kukiyobora mu matora ateganyijwe ku wa 23 Ukuboza 2018.

Yagize ati “Nyakanga ntabwo ari kera, ngiye gusubira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kabila ntabwo anteye ubwoba. Ubu kuko ndi mu Rwanda barazana ibirego byinshi by’ibihimbano kuko badakunda u Rwanda.”

Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’Umunyamakuru wa Jeune Afrique, François Soudain, yabajijwe ku ruzinduko rwa Katumbi mu Rwanda n’amagambo yahatangarije anenga Perezida Joseph Kabila.

Perezida Kagame yavuze ko byari kuba byiza iyo Katumbi avugira ariya magambo mu gihugu cye, ariko ku rundi ruhande i Kigali atari ho honyine yayavugiye.

Yagize ati “Ibibazo bya Katumbi ntabwo ari we bireba gusa, ni Congo yose na Perezida wayo. Ikindi ntabwo yari yatumiwe n’u Rwanda, ni Umuryango wa Mo Ibrahim, wari wateguriye i Kigali ibirori byo gutanga igihembo cyawo”.

Umukuru w’Igihugu yakomeje avuga ko nta mpamvu yari gutuma u Rwanda rubuza Katumbi kwinjira mu gihugu kuko uretse muri RDC ahandi hose yemerewe kuhajya.

Ati “Amasezerano yakozwe hagati y’igihugu cyakiriye n’abateguye ibirori, abemerera gutumira abantu uko babyifuza. Ni iyihe mpamvu yari gutuma tubuza Katumbi kwinjira mu Rwanda? Uko mbizi Katumbi abujijwe kwinjira mu gihugu cye ariko ntabwo ari hano cyangwa ahandi. Agenda ahantu hose, ntabwo u Rwanda arirwo rwonyine rwari kuba ikibazo.”

Moïse Katumbi watangaje ko aziyamamariza kuyobora RDC ahagarariye amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, aherutse kwemeza ko Kabila ariwe nkomoko y’umutekano muke uri mu gihugu biturutse ahanini ku kugundira ubutegetsi akanga ko habaho amatora.

Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye na Mo Ibrahim, yagarutse ku mvururu za politiki ziri muri RDC, yemeza ko ibihugu bituranye bigera ku icyenda ari ngombwa ko bigira uruhare mu gukemura ikibazo cyayo kuko kitayigiraho ingaruka yonyine.

Ati “Nk’abaturanyi niba dushobora gutanga ubufasha mu guhererekanya ubutegetsi muri Congo ntibibagireho ingaruka natwe ntizitugereho, niyo mpamvu tugomba kubigiramo uruhare.”

Avuga kandi ko ibyo abaturanyi bifuza ari uko amasezerano yitiriwe Mutagatifu Sylvestre yumvikanyweho n’Abanya-Congo, yubahirizwa n’abayasinye bose.

Moïse Katumbi w’imyaka 54, kuva 2007 yabaye Guverineri w’Intara ya Katanga ikungahaye ku mabuye y’agaciro, avaho yeguye mu 2015. Ubwo yari i Kigali yahagiriye ibihe byiza kuko Abanya –Congo baturutse imihanda yose, barimo ababa mu Rwanda, muri Uganda, i Burundi n’abo muri RDC mu Ntara zitandukanye, baje kumwakira bakamwishimira.

Gusa ashobora gufungwa aramutse asubiye muri RDC kuko mu 2016 yakatiwe n’Urukiko rw’Amahoro rwa Kamalondo i Lubumbashi, igifungo cy’imyaka itatu nyuma yo gushinjwa kubohoza ndetse akagurisha inzu y’umugereki Alexandros Stoupis.

Akekwaho kandi kwinjiza abacancuro b’abanyamahanga mu gihugu no gutunga ubwenegihugu bw’u Butaliyani kandi bitemewe ko atunga bubiri.

Kuva mu 2016, muri RDC hadutse imvururu zakuruwe n’icyemezo cya Perezida Kabila cyo kwanga kubahiriza ibiteganywa n’Itegeko Nshinga ngo ave ku butegetsi ubwo manda ze ebyiri zarangiraga.

Amatora yari ateganyijwe umwaka ushize ariko yimurirwa ku wa 23 Ukuboza 2018, ku mpamvu abatavuga rumwe n’ubutegetsi bemeza ko zigamije gukomeza gukenesha abaturage, guteza umutekano muke mu gihugu no kugundira ubutegetsi kuri Perezida Kabila.

Aya matora amaze gusubikwa inshuro ebyiri. Kabila wagiye ku butegetsi mu 2001, yagombaga kubuvaho mu 2016 arangije manda ze ebyiri.

Katumbi ubwo yari i Kigali mu Rwanda yitabiriye inama yari yateguwe na Mo Ibrahim Foundation

2018-06-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyamara ishyamba si ryeru hagati ya Nairobi na Kinshasa

Nyamara ishyamba si ryeru hagati ya Nairobi na Kinshasa

Ubwanditsi 08 May 2024
Umunyarwandakazi yapfiriye muri Uganda hafi y’umupaka wa Cyanika, nyuma yo kubura ubufasha bwashoboraga kuramira ubuzima bwe.

Umunyarwandakazi yapfiriye muri Uganda hafi y’umupaka wa Cyanika, nyuma yo kubura ubufasha bwashoboraga kuramira ubuzima bwe.

Ubwanditsi 29 Mar 2019
Uko  ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Museveni muri Uganda byagenze [Amafoto]

Uko ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Museveni muri Uganda byagenze [Amafoto]

Ubwanditsi 25 Mar 2018
Umuzindaro wa bene Mbonyumutwa Uwimana Nkusi Agnes Ugeze Aho Uvuga ko Abatutsi muri 1959 Bahunze u Rwanda kubera Ubwibone, Yavugirijwe induru n’Abakoresha imbuga nkoranyambaga

Umuzindaro wa bene Mbonyumutwa Uwimana Nkusi Agnes Ugeze Aho Uvuga ko Abatutsi muri 1959 Bahunze u Rwanda kubera Ubwibone, Yavugirijwe induru n’Abakoresha imbuga nkoranyambaga

Ubwanditsi 18 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yakiriye mugenzi we Edgar Lungu wa Zambia
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yakiriye mugenzi we Edgar Lungu wa Zambia

Ubwanditsi 14 Jun 2019
APR FC na Mukura VS zakuye amanota 3 hanze y’ikibuga cyazo, AS Kigali inganya na Etincelles FC – Uko imikino ibanza yose yagenze
Amakuru

APR FC na Mukura VS zakuye amanota 3 hanze y’ikibuga cyazo, AS Kigali inganya na Etincelles FC – Uko imikino ibanza yose yagenze

Ubwanditsi 05 Apr 2022
Kizito Mihigo: Umusore wakoreshejwe akiri muzima na nyuma yo kwitaba Imana
INKURU NYAMUKURU

Kizito Mihigo: Umusore wakoreshejwe akiri muzima na nyuma yo kwitaba Imana

Ubwanditsi 02 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru