• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ni iyihe mpamvu yari gutuma tubuza Katumbi kwinjira mu Rwanda?-Perezida Kagame

Ni iyihe mpamvu yari gutuma tubuza Katumbi kwinjira mu Rwanda?-Perezida Kagame

Ubwanditsi 12 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yasobanuye ko nta mpamvu abona yari gutuma u Rwanda rwangira Moïse Katumbi, utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kwitabira inama izwi nka Mo Ibrahim Governance Weeekend, yabereye i Kigali mu mpera za Mata uyu mwaka.

Ubwo yari i Kigali, Katumbi umaze imyaka ibiri mu buhungiro yatangaje ko adatinya Perezida Kabila kandi agiye gusubira muri iki gihugu akiyamamariza kukiyobora mu matora ateganyijwe ku wa 23 Ukuboza 2018.

Yagize ati “Nyakanga ntabwo ari kera, ngiye gusubira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kabila ntabwo anteye ubwoba. Ubu kuko ndi mu Rwanda barazana ibirego byinshi by’ibihimbano kuko badakunda u Rwanda.”

Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’Umunyamakuru wa Jeune Afrique, François Soudain, yabajijwe ku ruzinduko rwa Katumbi mu Rwanda n’amagambo yahatangarije anenga Perezida Joseph Kabila.

Perezida Kagame yavuze ko byari kuba byiza iyo Katumbi avugira ariya magambo mu gihugu cye, ariko ku rundi ruhande i Kigali atari ho honyine yayavugiye.

Yagize ati “Ibibazo bya Katumbi ntabwo ari we bireba gusa, ni Congo yose na Perezida wayo. Ikindi ntabwo yari yatumiwe n’u Rwanda, ni Umuryango wa Mo Ibrahim, wari wateguriye i Kigali ibirori byo gutanga igihembo cyawo”.

Umukuru w’Igihugu yakomeje avuga ko nta mpamvu yari gutuma u Rwanda rubuza Katumbi kwinjira mu gihugu kuko uretse muri RDC ahandi hose yemerewe kuhajya.

Ati “Amasezerano yakozwe hagati y’igihugu cyakiriye n’abateguye ibirori, abemerera gutumira abantu uko babyifuza. Ni iyihe mpamvu yari gutuma tubuza Katumbi kwinjira mu Rwanda? Uko mbizi Katumbi abujijwe kwinjira mu gihugu cye ariko ntabwo ari hano cyangwa ahandi. Agenda ahantu hose, ntabwo u Rwanda arirwo rwonyine rwari kuba ikibazo.”

Moïse Katumbi watangaje ko aziyamamariza kuyobora RDC ahagarariye amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, aherutse kwemeza ko Kabila ariwe nkomoko y’umutekano muke uri mu gihugu biturutse ahanini ku kugundira ubutegetsi akanga ko habaho amatora.

Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye na Mo Ibrahim, yagarutse ku mvururu za politiki ziri muri RDC, yemeza ko ibihugu bituranye bigera ku icyenda ari ngombwa ko bigira uruhare mu gukemura ikibazo cyayo kuko kitayigiraho ingaruka yonyine.

Ati “Nk’abaturanyi niba dushobora gutanga ubufasha mu guhererekanya ubutegetsi muri Congo ntibibagireho ingaruka natwe ntizitugereho, niyo mpamvu tugomba kubigiramo uruhare.”

Avuga kandi ko ibyo abaturanyi bifuza ari uko amasezerano yitiriwe Mutagatifu Sylvestre yumvikanyweho n’Abanya-Congo, yubahirizwa n’abayasinye bose.

Moïse Katumbi w’imyaka 54, kuva 2007 yabaye Guverineri w’Intara ya Katanga ikungahaye ku mabuye y’agaciro, avaho yeguye mu 2015. Ubwo yari i Kigali yahagiriye ibihe byiza kuko Abanya –Congo baturutse imihanda yose, barimo ababa mu Rwanda, muri Uganda, i Burundi n’abo muri RDC mu Ntara zitandukanye, baje kumwakira bakamwishimira.

Gusa ashobora gufungwa aramutse asubiye muri RDC kuko mu 2016 yakatiwe n’Urukiko rw’Amahoro rwa Kamalondo i Lubumbashi, igifungo cy’imyaka itatu nyuma yo gushinjwa kubohoza ndetse akagurisha inzu y’umugereki Alexandros Stoupis.

Akekwaho kandi kwinjiza abacancuro b’abanyamahanga mu gihugu no gutunga ubwenegihugu bw’u Butaliyani kandi bitemewe ko atunga bubiri.

Kuva mu 2016, muri RDC hadutse imvururu zakuruwe n’icyemezo cya Perezida Kabila cyo kwanga kubahiriza ibiteganywa n’Itegeko Nshinga ngo ave ku butegetsi ubwo manda ze ebyiri zarangiraga.

Amatora yari ateganyijwe umwaka ushize ariko yimurirwa ku wa 23 Ukuboza 2018, ku mpamvu abatavuga rumwe n’ubutegetsi bemeza ko zigamije gukomeza gukenesha abaturage, guteza umutekano muke mu gihugu no kugundira ubutegetsi kuri Perezida Kabila.

Aya matora amaze gusubikwa inshuro ebyiri. Kabila wagiye ku butegetsi mu 2001, yagombaga kubuvaho mu 2016 arangije manda ze ebyiri.

Katumbi ubwo yari i Kigali mu Rwanda yitabiriye inama yari yateguwe na Mo Ibrahim Foundation

2018-06-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Batatu babaye abakuru b’igihugu bamaze kwirukanwa muri Senat

Burundi: Batatu babaye abakuru b’igihugu bamaze kwirukanwa muri Senat

Ubwanditsi 19 Jun 2018
Abaturage ba Kenya baramagana umugambi mubisha wa Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni, wo gutobera ubutegetsi bw’Igihugu cyabo.

Abaturage ba Kenya baramagana umugambi mubisha wa Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni, wo gutobera ubutegetsi bw’Igihugu cyabo.

Ubwanditsi 06 Aug 2021
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Ubwanditsi 25 Jun 2020
Opozisiyo mu Burundi yanze kwitabira imishyikirano irimo  gukorerwa Arusha

Opozisiyo mu Burundi yanze kwitabira imishyikirano irimo  gukorerwa Arusha

Ubwanditsi 28 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abadiplomate ba Tshisekedi bakomeje gufatirwa muri magendu y’ibiyobyabwenge
Amakuru

Abadiplomate ba Tshisekedi bakomeje gufatirwa muri magendu y’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 21 Jul 2025
BURUNDI :  Abakobwa 3, baheruka gufungirwa kwangiza ifoto ya  Nkurunziza birukanwe burundu  ku ishuri
INKURU NYAMUKURU

BURUNDI : Abakobwa 3, baheruka gufungirwa kwangiza ifoto ya Nkurunziza birukanwe burundu ku ishuri

Ubwanditsi 17 Apr 2019
Abaminisitiri batarahiye n’umuvunyi bamaze kurahira
Mu Rwanda

Abaminisitiri batarahiye n’umuvunyi bamaze kurahira

Ubwanditsi 11 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru