• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Kwibuka24: Abayobozi ba Loni basabye ko Jenoside yakorewe Abatutsi ibera isomo ahagikorwa ubwicanyi

Kwibuka24: Abayobozi ba Loni basabye ko Jenoside yakorewe Abatutsi ibera isomo ahagikorwa ubwicanyi

Editorial 07 Apr 2018 POLITIKI

Abayobozi bakuru b’Umuryango w’Abibumbye, basanga kuba Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 yarabaye amahanga arebera ntihagire icyo akora ngo arengere ubuzima bw’inzirakarengane zicwaga, bikwiye kuba isomo rikomeye mu gukumira icyo aricyo cyose kiganisha ku macakubiri n’ubugizi bwa nabi bukorwa hirya no hino ku Isi.

Buri wa 7 Mata, u Rwanda n’Isi yose batangira igihe cy’iminsi 100 yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi. Uyu mwaka, insanganyamatsiko iragira iti “Twibuke Twiyubaka.”

Mu butumwa bw’abayobozi bakuru ba Loni bashyize ku rubuga rwayo, bwagarutse ku kuzirikana izo nzirakarengane zishwe muri Mata 1994, bavuga ko bikwiye kubera isomo amahanga mu rwego rwo gukumira ubundi bugizi bwa nabi.

Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Antonio Guterres, yagize ati “Uyu munsi turazirikana abantu bose bishwe kandi tunatekereze ku barokotse berekanye ko inzira y’ubwiyunge ishoboka, nyuma y’urugendo rukomeye banyuzemo.”

Guterres kandi yavuze ko kuba u Rwanda rwarigiye kuri ayo mateka asharira rwaciyemo rukabasha kwiyubaka no kunga abanyarwanda, bikwiye kubera ibindi bihugu isomo, aho Leta ziba zifite inshingano nyamukuru zo kurinda abaturage ibyaha birimo Jenoside, iby’intambara, ibyibasira inyokomuntu n’ibindi.

Yongeye ati “Birakwiye ko dushyira hamwe mu kurwanya ko ubwo bugizi bwa nabi bwongera kuba kandi Imiryango Mpuzamahanga igatanga ubutumwa ku bagizi ba nabi ko bagomba kubyitaho. Kurengera abantu bari mu kaga, bikwiye kuva mu magambo.”

Umujyanama wihariye wa Loni mu kurwanya Jenoside, Adama Dieng, yagarutse ku bwicanyi n’ubugizi bwa nabi bwagiye bukorwa n’ubugikorwa hirya no hino ku Isi nko muri Rohingya, bwatumye abarenga miliyoni bahungira muri Bangladesh, avuga ko ibyo aribyo biganisha kuri Jenoside ko bikwiye gukumirwa.

Hari aho yagize ati “Nyuma y’intambara II y’Isi twaravuze ngo ‘Ntibizongere ukundi’ ariko twongeye kubibona muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, twabibonye mu Mujyi wa Srebrenica muri Bosnia.”

Dieng yasobanuye ko Jenoside atari ikintu kiba gitunguranye ahubwo itegurwa nkuko byagiye byigaragaza aho yabaye nko mu Rwanda no mu Budage.

Yagize ati “Niyo mpamvu ntabura kuvuga ko Isi yananiwe gutabara abanyarwanda, inanirwa gutabana abanya-Bosnia. Ndizera ko itazananirwa gutabara abanya-Rohingya. Icy’ibanze ni uguha icyubahiro izo nzira karengane, ariko tukanahakura isomo mu gihe kizaza. Turibuka ibyabaye mu Rwanda, ariko tunatanga ubutumwa bukomeye ku Isi ko ibyo bikorwa bikwiye guhagarara.”

Biteganyijwe ko ku rwego rwa Loni, Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ku nshuro ya 24 bizakorwa ku wa 13 Mata 2018, ku cyicaro gikuru cyawo mu Mujyi wa New York.

2018-04-07
Editorial

IZINDI NKURU

U Bubiligi bwasabye abaturage babwo kuva ku butaka bwa RDC

U Bubiligi bwasabye abaturage babwo kuva ku butaka bwa RDC

Editorial 12 Jan 2019
Abakandida bemewe ku mwanya wa Perezida wa Repubulika bamenyekanye

Abakandida bemewe ku mwanya wa Perezida wa Repubulika bamenyekanye

Editorial 06 Jun 2024
Abagize Guverinoma y’u Rwanda batangajwe

Abagize Guverinoma y’u Rwanda batangajwe

Editorial 24 Jul 2025
Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Editorial 16 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Putin yahishuye uko yatanze itegeko ryo guhanura indege y’abagenzi
POLITIKI

Perezida Putin yahishuye uko yatanze itegeko ryo guhanura indege y’abagenzi

Editorial 12 Mar 2018
Ukuvuguruzanya hagati ya Nkurunziza n’umugore we uvuga ko yeretswe iby’ubwicanyi bubera mu Burundi
INKURU NYAMUKURU

Ukuvuguruzanya hagati ya Nkurunziza n’umugore we uvuga ko yeretswe iby’ubwicanyi bubera mu Burundi

Editorial 09 Jan 2019
Ngarambe Rafaél yatorewe kuba Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda.
Amakuru

Ngarambe Rafaél yatorewe kuba Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda.

Editorial 30 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru