• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kwiga ku busabe bwa ICC bwo gufata Bashir byaba ari uguta igihe – Mushikiwabo

Kwiga ku busabe bwa ICC bwo gufata Bashir byaba ari uguta igihe – Mushikiwabo

Editorial 16 Jul 2016 Mu Mahanga

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga akaba n’Umuvugizi wa Leta y’u Rwanda aravuga ko u Rwanda rutata umwanya rwiga ku busabe bwa ICC bwo guta muri yombi Perezida Bashir.

Madame Louise Mushikiwabo yabwiye abanyamakuru, kuri uyu Kane, ko Perezida wa Sudan, Omar El Bashir, azitabira Inama y’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU) nta nkomyi.

Ni nyuma y’iminsi ibiri Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rusabye u Rwanda gufata Bashir utegerejwe i Kigali, mu nama y’abakuru b’ibihugu bigize AU izaba kuwa 16 Nyakanga.

Mushikiwabo yizera ko abarega Bashir ibyaha bya Jenoside byakorewe mu Ntara ya Darfur bafite amikoro ahagije yo kumufata, ku buryo badakwiye gutegereza ko afatirwa mu Rwanda.

Yavuze ko Bashir, kimwe n’abandi bantu bose batumiwe na AU, “azaza i Kigali, yakiranwe ubwuzu kandi acungirwe umutekano n’u Rwanda nk’igihugu cyakiriye inama ya AU.”

Yibukije ko u Rwanda rutashyize umukono ku masezerano ya Roma yashyizeho ICC mu mwaka wa 2002, ati “Rero ntidutegetswe kugira uwo duta muri yombi.”

-3285.jpg

Perezida wa Sudan, Omar El Bashir

“Ubusabe ICC yatwoherereje mu minsi ibiri ishize isaba ko duta muri yombi Bashir ni ubwo kudutesha igihe, dufite byinshi byo kwigaho ku buryo kubwigaho byaba ari uguta igihe.”

Minisitiri Mushikiwabo yunzemo ati “Icya mbere hari ubucamanza mpuzamahanga, icya kabiri hari politiki. Icyo navuga ni uko ubucamanza mpuzamahanga burimo politiki nyinshi. U Rwanda rero nk’igihugu cya Afurika yunze ubumwe turubahiriza ibyemezo byose bifatwa n’uyu muryango wacu. Uyu muryango rero ukaba warasabye akanama gashinzwe umutekano k’Umuryango w’Abibumbye, ko abakuru b’igihugu igihe bari mu kazi batorewe n’abaturage babo bafite ibyaha baregwa, bagomba guhabwa ubudahangarwa kugeza igihe bavuriye mu mirimo.”

Kuba Bashir aregwa ibyaha bya Jenoside na ICC ndetse mu Rwanda hakaba harabaye Jenoside yakorewe Abatutsi, Minisitiri Mushikiwabo yavuze ko bitatuma u Rwanda rwanga kumwakira, kuko “ibyo ntabwo biburanirwa muri izi nama z’uyu muryango wacu wa Afurika yunze ubumwe.”

Yunzemo ati “Twebwe nk’u Rwanda mbere yo kubahiriza urukiko tudafite aho duhuriye kuko twebwe ntabwo urwo rukiko twigeze turwemera, ntabwo turi abanyamuryango barwo, turubahiriza cyane amabwiriza y’abakuru b’ibihugu ba Afurika.”

Ku banyepolitiki benshi bo muri Afurika barimo na Madame Mushikiwabo, intero ni imwe: ICC si urukiko mpuzamahanga, ni urukiko wagira ngo rwashyiriweho gukurikirana Abanyafurika gusa.

ICC ijya kujyaho yari ishyigikiwe n’ibihugu bya Afurika byinshi kuko 34 muri byo byashyize umukono ku masezerano ya Rome yayishyizeho, ariko ubu bimwe birashaka kuyisohokamo.

Minisitiri Mushikiwabo avuga ko kimwe mu bintu by’ibanze bizigirwa mu nama y’abakuru b’ibihugu ari ukureba uburyo ibihugu bishaka kwikura muri ICC byabishyira mu bikorwa.

Yasobanuye ko gushaka kwikura muri ICC ku bihugu bya Afurika biyirimo bidasobanuye ko abaperezida ba Afurika bashaka kwimakaza umuco wo kudahana, avuga ko ikibazo cya ICC ari uko ibogama igakurikirana Abanyafurika gusa.

Kuri Minisitiri Mushikiwabo, ibihugu bya Afurika bikwiye guteza imbere urukiko nyafurika akaba ari rwo rujya ruburanisha abanyabyaha bo muri Afurika, aho gukomeza kuburanishwa n’urukiko rukoreshwa kinyepolitiki.

-3284.jpg

Minisitiri Mushikiwabo Louise

Aha yatanze urugero ku rukiko rwo muri Senegal ruherutse gukatira igifungo cya Burundu Hissene Habre wahoze ari Perezida wa Tchad, nyuma yo guhamywa ibyaha by’ubwicanyi no gufata ku ngufu ubwo yayoboraga icyo gihugu mu 1982-1990; uyu akaba ari we muperezida wa mbere w’igihugu cyo muri Afurika waburanishijwe n’urukiko rwo mu kindi gihugu.

2016-07-16
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi, Sophie Wilmès, atangarije ko yakiriye umuryango w’umugizi wa nabi Paul Rusesabagina, abantu bakomeje kumubaza igihe azakirira abo Rusesabagina yagize imfubyi.

Nyuma y’aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi, Sophie Wilmès, atangarije ko yakiriye umuryango w’umugizi wa nabi Paul Rusesabagina, abantu bakomeje kumubaza igihe azakirira abo Rusesabagina yagize imfubyi.

Editorial 15 Jun 2021
Ngororero: Abanyeshuri 1691 basobanuriwe uburenganzira bw’umwana

Ngororero: Abanyeshuri 1691 basobanuriwe uburenganzira bw’umwana

Editorial 01 Mar 2016
Arabia Saoudite yemeye ko umunyamakuru Khashoggi yapfiriye muri ambasade yayo

Arabia Saoudite yemeye ko umunyamakuru Khashoggi yapfiriye muri ambasade yayo

Editorial 20 Oct 2018
Leopold Munyakazi arashinjwa urupfu  rwa  Kamagaju Gerturde wari warahungiye iwe yibwira ko azaharokokera

Leopold Munyakazi arashinjwa urupfu rwa Kamagaju Gerturde wari warahungiye iwe yibwira ko azaharokokera

Editorial 11 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije
Mu Mahanga

Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije

Editorial 07 Dec 2016
Byari ibyishimo bisendereye ku bitabiriye igitaramo cya Kayirebwa
SHOWBIZ

Byari ibyishimo bisendereye ku bitabiriye igitaramo cya Kayirebwa

Editorial 23 Dec 2017
Ibimenyetso 6 byagufasha gutahura “ABAHANUZI B’IBINYOMA” bitagusabye kujya mu Mwuka !
MULTIMEDIA

Ibimenyetso 6 byagufasha gutahura “ABAHANUZI B’IBINYOMA” bitagusabye kujya mu Mwuka !

Editorial 29 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru