• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Gusesengura no guhanahana amakuru ku gihe ni ishingiro ryo gukumira ibyaha – CP Butera

Gusesengura no guhanahana amakuru ku gihe ni ishingiro ryo gukumira ibyaha – CP Butera

Ubwanditsi 17 Feb 2017 Mu Mahanga

Komiseri ushinzwe ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda no kugarura ituze, Commissioner of Police (CP) Emmanuel Butera yabwiye abagize Komite zo kubungabunga umutekano bo mu karere ka Rwamagana ko gusesengura amakuru bahawe no kuyaha izindi nzego zibishinzwe ku gihe ari ingenzi mu kurwanya ibyaha.

Ibi yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’abo mu murenge wa Nzige 82 ku itariki 15 z’uku Kwezi; aho yababwiye ati,”Ukumira ibyaha kuko wamenye ko hari umugambi wo kubikora. Niba ubonye amakuru yerekeye ikintu kinyuranije n’amategeko, yasesengure; hanyuma ayasangize izindi nzego zibishinzwe kugira ngo habeho gufatanya kubikumira.”

Yabasabye kurushaho gufatanya n’izindi nzego gukangurira abaturage kutishora mu biyobyabwenge by’ubwoko bwose , bababwira ingaruka zo kubinywa, kubicuruza no kubitunda.

CP Butera yakomeje ababwira ati,” Hari abibwira ko uwanyoye ibiyobyabwenge yibagirwa ibibazo bimwugarije. Mukwiriye guhindura iyo myumvire, mubwira abayifite ko kubinywa bibongerera ibindi bibazo; kandi ko bitera uwabinyoye uburwayi butandukanye burimo ubwo mu muhogo no mu myanya y’ubuhumekero; ndetse ko binamutera gukora ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa, gufata ku ngufu no gusambanya abana.”

Komiseri ushinzwe ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda no kugarura ituze yasabye kandi abagize Komite zo kubungabunga umutekano mu karere ka Rwamagana gufatanya n’izindi nzego kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, irikorerwa mu ngo, n’irikorerwa abana.

Yabasabye kandi gukangurira abaturage gukora neza amarondo no kutihanira; abafitanye ibibazo bakabashishikariza kugana inzego zibishinzwe kugira ngo zibakiranure.

Yagize ati,”Mujye mubabwira ko umutekano ari inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye, bityo ko; buri wese afite inshingano zo kurwanya icyo ari cyo cyose cyawuhungabanya atanga amakuru atuma gikumirwa.”

-5756.jpg

Commissioner of Police (CP) Emmanuel Butera

CP Butera yababwiye ko amakimbirane mu miryango ari mu bituma abana bahunga iwabo; ku buryo bamwe bahitamo kuva mu ishuri, bakajya ku mihanda; aho bakorera ibikorwa birimo ubujura no kwishora mu biyobyabwenge; hanyuma abasaba guhora bakangurira abaturage kurangwa n’ubwumvikane, ituze n’amahoro hagati yabo.

Kugeza ubu akarere ka Rwamagana gafite abagize Komite zo kubungabunga umutekano 2370.

RNP

2017-02-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 28 Dec 2021
Col Ruhinda yaba yazize ubwumvikane buke mu kugabana amafaranga bahawe na Tshisekedi ngo barwanye M23

Col Ruhinda yaba yazize ubwumvikane buke mu kugabana amafaranga bahawe na Tshisekedi ngo barwanye M23

Ubwanditsi 04 Dec 2023
Ikipe ya Polisi ya Handball yatsinze Polytechnique Kibogora

Ikipe ya Polisi ya Handball yatsinze Polytechnique Kibogora

Ubwanditsi 20 Mar 2016
“Nta nyungu zo kwivanga mu bibazo by’Abanyekongo” Uganda

“Nta nyungu zo kwivanga mu bibazo by’Abanyekongo” Uganda

Ubwanditsi 15 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakinnyi 10 batsinze ibitego byinshi muri shampiyona zo ku mugabane w’u Burayi
IMIKINO

Abakinnyi 10 batsinze ibitego byinshi muri shampiyona zo ku mugabane w’u Burayi

Ubwanditsi 15 Mar 2018
Emmanuel Neretse, reka kwigira impuguke muri politiki y’akarere kandi ntayo uzi
Amakuru

Emmanuel Neretse, reka kwigira impuguke muri politiki y’akarere kandi ntayo uzi

Ubwanditsi 18 Nov 2022
Uyu munsi hagaragaye abandi bantu icyenda barwaye Coronavirus
HIRYA NO HINO

Uyu munsi hagaragaye abandi bantu icyenda barwaye Coronavirus

Ubwanditsi 27 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru