• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abanyarwanda babiri birakekwa ko baba barashimutiwe muri Uganda
Abal Kandiho ukuriye CMI

Abanyarwanda babiri birakekwa ko baba barashimutiwe muri Uganda

Ubwanditsi 19 Apr 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Abanyarwanda babiri barimo Sendegeya Théogene na Magezi Emmanuel birakekwa ko baba barashimutiwe muri Uganda kuko guhera umwaka ushize ntawe uzi irengero ryabo.

Abo mu miryango yabo bavuga ko abo bagabo babuze nyuma yo gufatwa n’abasirikare ba Uganda ku birindiro by’ingabo z’icyo gihugu i Mbarara umwaka ushize.

Ubwo bafatwaga, nta cyaha na kimwe bigeze bashinjwa ngo bagezwe mu butabera. Ababafashe nta byangombwa bibemerera kubata muri yombi bari bafite.

Nkuko icyo gihugu kimaze iminsi kibikora, nticyigeze kimenyesha Ambasade y’u Rwanda ko kibafite, ibintu binyuranyije n’amategeko mpuzamahanga.

The NewTimes dukesha iyi nkuru yatangaje ko imiryango ya Sendegeya na Magezi ifite impungenge ku buzima bw’abantu babo nyuma y’igihe bamaze batazi aho baherereye.

Ibi bibaye mu gihe hashize igihe abanyarwanda batotezwa n’inzego z’umutekano za Uganda zikorana n’abayoboke b’umutwe urwanya Leta y’u Rwanda wa RNC wa Kayumba Nyamwasa.

Abanyarwanda bashimutwa basabwa kwinjira muri RNC cyangwa kuyitera inkunga, babyanga bagatotezwa.

Hari abandi banyarwanda barimo Rwamucyo Emmanuel na Rutayisire Augustin bafatiwe i Mbarara baherutse gufatwa baratotezwa barekurwa nyuma y’amezi ane bajyanwa mu rukiko rwa gisirikare.

Abanyamategeko babo bavuze ko kubajyana mu nkiko za gisirikare binyuranyije n’amategeko kuko ari abasivile. Bose nta cyaha kigaragara bashinjwe mu rukiko.

Sendegeya na Magezi birakekwa ko bashimuswe n’Urwego rushinzwe Ubutasi bwa Gisirikare (CMI) bakajyanwa mu nzu z’ibanga batoterezwamo ziri hirya no hino muri Uganda.

Umubano w’u Rwanda na Uganda ugeze ahantu habi aho umunyarwanda asigaye anapfira ku butaka bw’icyo gihugu nticyifuze gupima ngo kimenye intandaro y’urupfu rwe.

Byabaye kuri Lambert Sahabo wari utuye mu Karere ka Kisoro. Yagonzwe n’imodoka itaramenyekane ahita arasirwa imbere y’urugo rwe.

Byabaye kandi kuri Théogene Dusengimana aho umurambo we wagaragaye tariki 7 Mata ufite ibikomere ku nda no ku ijosi nyamara ubutegetsi bwa Uganda bukanga gupima icyo yaba yazize.

Leta y’u Rwanda iherutse kugira inama abaturage bayo kutajya muri Uganda kuko umutekano wabo utizewe.

Byatangajwe nyuma y’imyaka ibiri abanyarwanda bashimutwa, batotezwa abandi bakagirirwa nabi n’inzego z’umutekano za Uganda nta cyaha bakoze kandi u Rwanda ntirumenyeshwe cyangwa ngo rwemererwe kubageraho.

2019-04-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida w’u Buhinde yifurije u Rwanda isabukuru nziza yo Kwibohora

Perezida w’u Buhinde yifurije u Rwanda isabukuru nziza yo Kwibohora

Ubwanditsi 04 Jul 2016
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Ubwanditsi 07 Jan 2021
Polisi yerekanye abakinnyi bashya n’ibikombe yatwaye mu mikino y’intoki  (Handball)

Polisi yerekanye abakinnyi bashya n’ibikombe yatwaye mu mikino y’intoki (Handball)

Ubwanditsi 01 Aug 2016
Umuhanzikazi w’ikimero n’uburanga yatunguye benshi muri Jazz Junction

Umuhanzikazi w’ikimero n’uburanga yatunguye benshi muri Jazz Junction

Ubwanditsi 01 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Besigye abona umubano w’u Rwanda na Uganda muri iki gihe
INKURU NYAMUKURU

Uko Besigye abona umubano w’u Rwanda na Uganda muri iki gihe

Ubwanditsi 06 Mar 2019
Victor Rukotana yasohoye indirimbo yakomoye ku nkuru mpamo y’umusore w’inshuti ye wabenzwe n’inkumi yo mu cyaro.
Amakuru

Victor Rukotana yasohoye indirimbo yakomoye ku nkuru mpamo y’umusore w’inshuti ye wabenzwe n’inkumi yo mu cyaro.

Ubwanditsi 22 Apr 2021
Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Desalegn yeguye
POLITIKI

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Desalegn yeguye

Ubwanditsi 15 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru