• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

Ubwanditsi 16 Oct 2020 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ikigo cyita ku buzima, ICAP, cyo muri Kaminuza ya Columbia, muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, cyatangaje ko cyishimiye bikomeye uburyo u Rwanda rwitwaye mu guhangana n’icyorezo cya COVID-19, bituma iyo ndwara yayogoje isi idahitana abantu benshi mu Rwanda, nk’uko byagenze mu bihugu birimo n’iby’ibihangange mu buvuzi. Byatumye rero uRwanda , binyuze mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima(RBC), rugenerwa igihembo gihambaye cyitwa”Courage to care”, ubundi gihabwa indashyikirwa mu kwita ku buzima bw’abantu.

Ibi rero biteye ikimwaro inyangabirama ziganjemo ibigarasha, interahamwe n’imiryango ibashyigikiye, yirirwaga iririmba ko ingamba uRwanda rwafashe ngo zibangamiye uburenganzira bwa muntu da!Mu nkuru Rushyashya yabagejejeho tariki 17 Kanama uyu mwaka, ubwo abo bagome bari barimbanyije mu kunenga cyane amabwiriza yo kwirinda Koronavirusi, twibazaga niba ari icyaha kubuza abantu ingendo zitari ngombwa ngo batandura. Twibazaga niba gupima abantu benshi bashoboka, kandi ugatangaza imibare nyayo bikwiye kuba icyaha. Ese uburenganzira bw’ikiremwamuntu, ni ukumureka akicwa n’indwara, cyangwa ni ukumushakira umuti, n’iyo waba usharira, ariko ukamuvura?Ibyo twibazaga rero birashubijwe, kuko imyitwarire irimo ubushishozi, kwishakamo ibisubizo, gushyira hamwe no kwanga gutsindwa, ariyo ihesheje Abanyarwanda ishema mu ruhando rw’amahanga.

Ngaho rero ibigarasha na ba mpatsibihugu babari inyuma nimwongere mutuke inka ngo “dore igicebe cyayo”, kuko mwabuze icyo muyinenga! Muzakorwa n’isoni igihe cyose muzaba murwanya iterambere ry’uRwanda, nk’aho hari uwaribahejeho. URwanda n’Abanyarwanda ntibakora ibyiza ngo bashimishe undi uwo ariwe wese, babikora kandi bazabikomeza ku neza yabo. Gusa ntako bisa niba n’ amahanga yiboneye ko abanzi b’uRwanda baruhata ibicumuro, kandi mu by’ukuri rukora ibikwiye.Iki ni ikindi gitego cyiyongera ku bindi byinshi, uRwanda rwongeye gutega abarwigimba, kandi biracyaza.

Imbaraga z’Abaturarwanda muri rusange, n’ubu bakigaragaza imyumvire myiza no kubaha ibyemezo by’Ubuyobozi mu kurwanya COVID-19, ziratanga umusaruro ugaragarira isi yose, kandi bikomeje bitya Koronavirusi tuzayitsinda. Abavuga nibakomeze bakoronge, twe dukore cyane, amateka azaca urubanza.

2020-10-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amavubi yerekeje muri Cameroun gukina umukino wa nyuma mu itsinda F isabwa gutsinda kugirango yizere kwerekeza CAN2021

Amavubi yerekeje muri Cameroun gukina umukino wa nyuma mu itsinda F isabwa gutsinda kugirango yizere kwerekeza CAN2021

Ubwanditsi 26 Mar 2021
Uganda : Umunyarwanda ufungiweyo  adafite amafaranga abyishyura gukubitwa

Uganda : Umunyarwanda ufungiweyo  adafite amafaranga abyishyura gukubitwa

Ubwanditsi 19 Aug 2019
Abijuru Ernest wakorewe iyicarubozo ry’inkazi muri Uganda arembeye ku Kamonyi

Abijuru Ernest wakorewe iyicarubozo ry’inkazi muri Uganda arembeye ku Kamonyi

Ubwanditsi 23 Sep 2019
Nyamasheke : Minisitiri Kaboneka yatashye amacumbi y’Abapolisi yubatswe ku bufatanye n’akarere

Nyamasheke : Minisitiri Kaboneka yatashye amacumbi y’Abapolisi yubatswe ku bufatanye n’akarere

Ubwanditsi 03 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abaturage b’I Rubavu bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka uhuza u Rwanda na DRC barashimira Leta yabagabanyirije ibiciro byo kwipimisha Covid 19
Amakuru

Abaturage b’I Rubavu bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka uhuza u Rwanda na DRC barashimira Leta yabagabanyirije ibiciro byo kwipimisha Covid 19

Ubwanditsi 30 Jan 2021
Umukwabu muri Kaminuza y’u Burundi, abasaga 90 batawe muri yombi
Mu Rwanda

Umukwabu muri Kaminuza y’u Burundi, abasaga 90 batawe muri yombi

Ubwanditsi 20 Aug 2017
Abafaransa 2 bafatiwe mu Rwanda nta byangombwa bafite, burijwe indege ibajyana mu gihugu cyabo
ITOHOZA

Abafaransa 2 bafatiwe mu Rwanda nta byangombwa bafite, burijwe indege ibajyana mu gihugu cyabo

Ubwanditsi 14 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru