• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Police FC yasinyishije abakinnyi batanu bashya icyarimwe, inatangaza Rutsindura Antoine nk’umuyobozi mushya wa Tekiniki   |   03 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano y’imyaka itatu na Skol afite agaciro ka miliyari 1 Frw ku mwaka   |   01 Jul 2026

  • Mupende wihishe urugamba yitwaza ko yarashwe ubugabo niwe wigize umuvuzi w’amacumu ku mbuga nkoranyambaga   |   30 Jun 2026

  • Ibimenyetso by’uko umubano w’umuhanzi Bruce Melodie na Coach Gael umufasha udahagaze neza   |   29 Jun 2026

  • PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi   |   29 Jun 2026

  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

Ubwanditsi 16 Oct 2020 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ikigo cyita ku buzima, ICAP, cyo muri Kaminuza ya Columbia, muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, cyatangaje ko cyishimiye bikomeye uburyo u Rwanda rwitwaye mu guhangana n’icyorezo cya COVID-19, bituma iyo ndwara yayogoje isi idahitana abantu benshi mu Rwanda, nk’uko byagenze mu bihugu birimo n’iby’ibihangange mu buvuzi. Byatumye rero uRwanda , binyuze mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima(RBC), rugenerwa igihembo gihambaye cyitwa”Courage to care”, ubundi gihabwa indashyikirwa mu kwita ku buzima bw’abantu.

Ibi rero biteye ikimwaro inyangabirama ziganjemo ibigarasha, interahamwe n’imiryango ibashyigikiye, yirirwaga iririmba ko ingamba uRwanda rwafashe ngo zibangamiye uburenganzira bwa muntu da!Mu nkuru Rushyashya yabagejejeho tariki 17 Kanama uyu mwaka, ubwo abo bagome bari barimbanyije mu kunenga cyane amabwiriza yo kwirinda Koronavirusi, twibazaga niba ari icyaha kubuza abantu ingendo zitari ngombwa ngo batandura. Twibazaga niba gupima abantu benshi bashoboka, kandi ugatangaza imibare nyayo bikwiye kuba icyaha. Ese uburenganzira bw’ikiremwamuntu, ni ukumureka akicwa n’indwara, cyangwa ni ukumushakira umuti, n’iyo waba usharira, ariko ukamuvura?Ibyo twibazaga rero birashubijwe, kuko imyitwarire irimo ubushishozi, kwishakamo ibisubizo, gushyira hamwe no kwanga gutsindwa, ariyo ihesheje Abanyarwanda ishema mu ruhando rw’amahanga.

Ngaho rero ibigarasha na ba mpatsibihugu babari inyuma nimwongere mutuke inka ngo “dore igicebe cyayo”, kuko mwabuze icyo muyinenga! Muzakorwa n’isoni igihe cyose muzaba murwanya iterambere ry’uRwanda, nk’aho hari uwaribahejeho. URwanda n’Abanyarwanda ntibakora ibyiza ngo bashimishe undi uwo ariwe wese, babikora kandi bazabikomeza ku neza yabo. Gusa ntako bisa niba n’ amahanga yiboneye ko abanzi b’uRwanda baruhata ibicumuro, kandi mu by’ukuri rukora ibikwiye.Iki ni ikindi gitego cyiyongera ku bindi byinshi, uRwanda rwongeye gutega abarwigimba, kandi biracyaza.

Imbaraga z’Abaturarwanda muri rusange, n’ubu bakigaragaza imyumvire myiza no kubaha ibyemezo by’Ubuyobozi mu kurwanya COVID-19, ziratanga umusaruro ugaragarira isi yose, kandi bikomeje bitya Koronavirusi tuzayitsinda. Abavuga nibakomeze bakoronge, twe dukore cyane, amateka azaca urubanza.

2020-10-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Ubwanditsi 06 Jun 2024
REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC

REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC

Ubwanditsi 02 Oct 2025
RNC ikomeje gushinga Imizi I Bugande Aho Ubu Ivugwaho Gushinga Ikigo Kigisha abacengezamatwara bayo ingengabitekerezo no Guhungabanya Umutekano

RNC ikomeje gushinga Imizi I Bugande Aho Ubu Ivugwaho Gushinga Ikigo Kigisha abacengezamatwara bayo ingengabitekerezo no Guhungabanya Umutekano

Ubwanditsi 30 Sep 2020
Ibintu bitandatu [ 6 ] bigaragaza isenyuka rya RNC na P5.

Ibintu bitandatu [ 6 ] bigaragaza isenyuka rya RNC na P5.

Ubwanditsi 30 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!
Amakuru

Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Ubwanditsi 24 Feb 2022
AMAFOTO – APR FC yatangaje Uwiyaremye Fidali wakiniraga Intare FC nk’umukinnyi wayo mushya wiyongera kuri Rubuguza Jean Pierre wakiniraga Gicumbi FC
Amakuru

AMAFOTO – APR FC yatangaje Uwiyaremye Fidali wakiniraga Intare FC nk’umukinnyi wayo mushya wiyongera kuri Rubuguza Jean Pierre wakiniraga Gicumbi FC

RUSHYASHYA 24 Jun 2026
Agasuzuguro k’Impuzamashyirahamwe y’abavoka bo mu Burayi karerekana imyumvire ishaje ya gikoloni. Ni gute bubahuka guha amabwiriza ubutabera bw’igihugu cyigenga?
Amakuru

Agasuzuguro k’Impuzamashyirahamwe y’abavoka bo mu Burayi karerekana imyumvire ishaje ya gikoloni. Ni gute bubahuka guha amabwiriza ubutabera bw’igihugu cyigenga?

Ubwanditsi 08 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru