• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kwigerera mu Rwanda byahise bihindura byinshi ku mitekerereze ye

Kwigerera mu Rwanda byahise bihindura byinshi ku mitekerereze ye

Editorial 25 Oct 2016 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame yasabye Umunya-Pologne wamubajije uko afata abamuvuga ko ayoboza igitugu, kwibariza Abanyarwanda icyo batekereza, nyuma akibonera igisubizo.

Uyu Munya-Pologne yaje mu Rwanda hari byinshi bibi asoma ku gihugu, ariko atungurwa n’ibyiza yahasanze.

Wendy Skorupski n’umuryango we bageze mu Rwanda mu ijoro ryo kuwa Kabiri tariki 18 Ukwakira, ifoto yashyize kuri Twitter ye igaragaza Hotel des Milles Colllines, yagarutsweho muri filimi Hotel Rwanda, ivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Skorupski avuga ko hari amateka n’amakuru mabi menshi yagiye akura kuri internet ubwo yabaga ashaka kumenya u Rwanda, ariko kuhigerera byahise bihindura byinshi ku mitekerereze ye, ari nayo mpamvu yifuje kugira icyo abaza Perezida Kagame.

Skorupski ukora mu ishuri rya British International School mu mujyi wa Kabiri muri Pologne, Kraków, yagaragaje ko nyuma yo kugera muri Kigali, we n’umuryango , banyuzwe n’ibyishimo biharangwa n’ubwiza bwaho.

-4454.jpg

Umunya-Pologne Wendy Skorupski

Nyuma yo gushyira kuri Twitter ifoto igaragaza Ikiyaga cya Kivu yafatiye mu musozi hagati, kuri uyu wa Gatandatu, yahise yandikaho ati ‘‘LakeKivu Rwanda – igihugu cyiza gifite n’abantu beza cyane. Biragoye kwiyumvisha ibintu byaberaga hano mu myaka 22 ishize.’’

Yakomeje abaza Perezida Kagame ati “Paul Kagame twanyuzwe cyane n’igihugu cyanyu. Ni iki mubwira abantu batekereza ko imiyoborere yanyu ari iy’abanyagitugu?’’

Perezida Kagame nawe yahise amusubiza ati “Ntutinye kuzenguruka mu gihugu hose ugenda ubaza… ubundi ufate umwanzuro ku gikwiye kwizerwa! Utekereza iki ku bavuga ibinyuranye nabyo?’’

-4455.jpg

Perezida Paul Kagame

Muri icyo kiganiro, uwitwa Mbayisha Philemon we yagize ati “niba kuyoboza igitugu bishobora kongera guhuza umuryango wari waracitsemo ibice, bikongerera ubushobozi abagore n’urubyiruko, ndabishyigikiye.”

Skorupski yahise asubiza ko bemeranya, kuko u “Rwanda ari igihugu gifite umwihariko ko cyageze ku bintu bifatika nubwo cyari gifite inzitizi zihariye.’’

Abantu banyuranye basabye Wendy M. Skorupski kwitegereza byinshi ku gihugu akajyanira ubutumwa abarwanya uko u Rwanda ruyobowe, nawe ubwe akaza agakorera mu Rwanda nk’igihugu cyorohereje abakora ubucuruzi, kikaba cyiza ku mwanya wa kabiri muri Afurika.

Source: Igihe.com

2016-10-25
Editorial

IZINDI NKURU

Imbere y’akanama k’Umuryango w’Abibumbye, Amerika yamaganye imikoranire ya FARDC n’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR

Imbere y’akanama k’Umuryango w’Abibumbye, Amerika yamaganye imikoranire ya FARDC n’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR

Editorial 31 Mar 2023
Gen. Tumukunde yajyanwe mu bitaro igitaraganya

Gen. Tumukunde yajyanwe mu bitaro igitaraganya

Editorial 16 Mar 2020
Urukiko Mpuzamahanga rwasabwe gukurikirana Perezida Nkurunziza

Urukiko Mpuzamahanga rwasabwe gukurikirana Perezida Nkurunziza

Editorial 31 Oct 2019
Bimwe mu bikorwa by’ubushotoranyi Perezida Museveni yakoreye u Rwanda mu myaka 10 ishize, ariko bitamuhiriye

Bimwe mu bikorwa by’ubushotoranyi Perezida Museveni yakoreye u Rwanda mu myaka 10 ishize, ariko bitamuhiriye

Editorial 11 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

MARASA Umubano Hotel Kigali wishes a Happy Birthday H.E. Paul Kagame
Mu Rwanda

MARASA Umubano Hotel Kigali wishes a Happy Birthday H.E. Paul Kagame

Editorial 23 Oct 2017
Kizito Mihigo: Umusore wakoreshejwe akiri muzima na nyuma yo kwitaba Imana
INKURU NYAMUKURU

Kizito Mihigo: Umusore wakoreshejwe akiri muzima na nyuma yo kwitaba Imana

Editorial 02 Mar 2020
U-23 AFCON-Q: Amavubi yanyagiriwe i Kinshasa Ibitego byish
IMIKINO

U-23 AFCON-Q: Amavubi yanyagiriwe i Kinshasa Ibitego byish

Editorial 22 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru