• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

  • Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika   |   01 Jul 2025

  • Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta   |   01 Jul 2025

  • U Rwanda ruracyagaragaza umuhate mu gushaka amahoro mu karere k’Ibiyaga bigari   |   30 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Kwiyambaza abacancuro, ni agasuzuguro  abategetsi ba Kongo bafitiye abakora uko bashoboye ngo ikibazo cyayo gikemuke mu nzira y’amahoro.

Kwiyambaza abacancuro, ni agasuzuguro  abategetsi ba Kongo bafitiye abakora uko bashoboye ngo ikibazo cyayo gikemuke mu nzira y’amahoro.

Editorial 28 Dec 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Amakuru yizewe arahamya ko abacancuro 100 b’Abarusiya bibumbiye mu cyitwa”WAGNER Group”, bamaze gusesekara i Goma, umurwa mukuru wa Kivu y’Amajyarugu, bakaba bari kumwe n’ Abafaransa 103, bahoze mu butumwa bw’ingabo z’Ubufaransa hirya no hino ku isi, ubu bakaba barabaye abacancuro.

Ni nyuma y’uruzinduko Minisitiri w’Ingabo muri Kongo, Gibert KABANDA yagiriye mu Burusiya muri Kanama uyu mwaka wa 2022, bikavugwa ko yagenzwaga no gushaka abacancuro bo muri icyo gihugu, ngo baze gufasha Kongo guhangana n’umutwe wa M23, none inkuru ibaye impamo.

Nyamara mu kiganiro yagiranye na Financial Times ubwo yari mu Bwongereza mu Kwakira uyu mwaka, Perezida Tshisekedi yarirenze ararahira, avuga ko igihugu cye kidashobora gukorana n’abacancuro. Uyu ni wa muco w’ikinyoma wokamye ubutegetsi bwe.

Perezida Tshisekedi rero yiyambaje abacancuro kuko azi neza ko igisirikari cye nta bushobozi gifite bwo kugarura amahoro n’umutekano mu gihugu. Yifashishije imitwe y’abajenosideri irimo FDLR ariko biba iby’ubusa, umutwe wa M23 ukomeza kubakubita iz’akabwana. Biragaragara kandi ko ba basore n’inkumi 3.000 ngo baherutse gushyirwa mu gisirikari cya Kongo nta musaruro bitezweho, nk’uko ntawo bakuru babo bigeze batanga.

Mu guhuruza abacancuro, ubutegetsi bwa Tshisekedi busuzuguye bidasubirwaho Abakuru b’ibihugu byo mu karere k’Afrika y’uburasirazuba,  bohereje ingabo gushakisha uko ibintu byasubira mu buryo mu burasirazuba bwa Kongo. 

Imyanzuro y’inama zabereye i Naïrobi muri Kenya na Luanda muri Angola, yasabye impande zishyamiranye kurangiza ikibazo mu nzira ya politiki, nayo Perezida Tshisekedi ayihinduye ubusa, ahitamo inzira ya gisirikari kandi byaragaragaye ko ntacyo yakemura.

Mu gihe tariki 23 Ukuboza uyu mwaka umutwe wa M23 wagaragaje ubushake bwo gushyira mu bikorwa imyanzuro ya Luanda na Naïrobi, ubwo yarekuraga  agace ka Kibumba wari warigaruriye, ubutegetsi bw’i Kinshasa bwo nta kintu na kimwe burakora ngo bwerekane ubushake bwo kurangiza intambara mu mahoro ahubwo burazana abacancuro bo gusubiza ibintu irudubi. 

Leta ya Tshisekedi yakomeje gukorana n’imitwe yitwaje intwaro irimo n’uw’abajenosideri wa FDLR, nyamara iyo myanzuro yarategekaga ko imitwe yose ishyira intwaro hasi, iy’abanyamahanga igasubira mu bihugu ikomokamo.

Ubutegetsi bwa Tshisekedi kandi bwakomeje imvugo ibiba urwango,  bituma Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, by’umwihariko Abatusi, bakomeza kwicwa ibyabo bikomeza kwangizwa.

Gukomeza kurunda abantu bitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Kongo, hasanzwe imitwe yitwara gisirikari itabarika, ni nko kumena peteroli mu muriro. Uko biyongera ni nako intwaro ziyongera mu baturage, ubugizi bwa nabi nabwo bugakaza umurego, cyane cyane ko ubutegetsi nta bushake, nta n’ubushobozi bwo gukumira ibikorwa by’urugomo. 

Ibi byose rero ni ibimenyetso byerekana ko amahoro muri kongo akiri kure nk’ukwezi, kuko na ba nyir’ibibazo bashaka ko bihoraho ubuziraherezo.

Urebe kandi, aho kwamagana Tshisekedi udashaka ko intambara irangira binyize mu nzira y’ibiganiro, kugeza ubwo aroha abacancuro mu baturage, ejo uzumva hari abahimbahimba ibirego bagereka ku Rwanda. Ibyabo byaravumbuwe ariko, icyo bagamije ni ukuyobya ubutegetsi bwa Kongo bayihisha ukuri, kugirango intambara ikomeze, abo ba rusaruriramunduru nabo bakomeze bisahurire.

2022-12-28
Editorial

IZINDI NKURU

Musanze: 300 bahawe ubumenyi ku nkongi z’imiriro

Musanze: 300 bahawe ubumenyi ku nkongi z’imiriro

Editorial 23 Aug 2016
Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye

Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye

Editorial 14 Jul 2016
Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi

Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi

Editorial 25 Jun 2025
Gasogi United yasinyishije Steve Kayo wo muri Cameroon, Espoir isinyisha Abagande 2 barimo Isaaka Sherif wakinnye muri Vietnam

Gasogi United yasinyishije Steve Kayo wo muri Cameroon, Espoir isinyisha Abagande 2 barimo Isaaka Sherif wakinnye muri Vietnam

Editorial 19 Jan 2023
Musanze: 300 bahawe ubumenyi ku nkongi z’imiriro

Musanze: 300 bahawe ubumenyi ku nkongi z’imiriro

Editorial 23 Aug 2016
Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye

Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye

Editorial 14 Jul 2016
Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi

Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi

Editorial 25 Jun 2025
Gasogi United yasinyishije Steve Kayo wo muri Cameroon, Espoir isinyisha Abagande 2 barimo Isaaka Sherif wakinnye muri Vietnam

Gasogi United yasinyishije Steve Kayo wo muri Cameroon, Espoir isinyisha Abagande 2 barimo Isaaka Sherif wakinnye muri Vietnam

Editorial 19 Jan 2023
Musanze: 300 bahawe ubumenyi ku nkongi z’imiriro

Musanze: 300 bahawe ubumenyi ku nkongi z’imiriro

Editorial 23 Aug 2016
Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye

Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye

Editorial 14 Jul 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru