• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Leta ya Kongo yongeye gusinya amasezerano yo gucyura impunzi zayo ziri mu Rwanda, ibizi neza itazayashyira mu bikorwa.

Leta ya Kongo yongeye gusinya amasezerano yo gucyura impunzi zayo ziri mu Rwanda, ibizi neza itazayashyira mu bikorwa.

Editorial 16 May 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Mu nama yabereye i Génève mu Busuwisi kuri uyu wa mbere tariki 15 Gicurasi 2023, igahuza intumwa z’uRwanda, iza Kongo n’iz’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi, HCR, impande uko ari eshatu zashyize umukono ku masezerano yo gucyura impunzi “ku bushake”, zaba iz’Abanyekongo ziri mu Rwanda, zaba n’iz’Abanyarwanda ziri muri Kongo.

Aho ikibazo kiri rero, ni uko amasezerano nk’aya atari ubwa mbere asinywe, kuko no mu nama zabereye i Goma n’i Kigali mu mwaka wa 2010, izo mpande zari ziyemeje gufasha impunzi gutaha ku bushake. Ubusesenguzi bugaragaza ko uRwanda rwubahirije ibyo rwari rwiyemeje, Kongo igakomeza guterera agati mu ryinyo, aho kwita ku kibazo cy’ abaturage bayo bahungiye mu Rwanda.

Ikigaragaza ko uRwanda rwashyize mu bikorwa amasezerano yo muw’2010, ni uko kuva icyo gihe hatahutse ababarirwa mu bihumbi, ubu bakaba baranafashijwe gusubira mu buzima busanzwe. Magingo aya ndetse haracyataha abandi, bakaza batanga ubuhamya ko batinze guhunguka kuko bari baragizwe ingwate n’abahisemo gufata intwaro, cyane cyane abibumbiye mu mutwe w’abajenosideri wa FDLR.

Abategetsi ba Kongo uko bagiye basimburana ku ngoma, aho gukemura ikibazo cy’umutekano muke ari nacyo abo bantu bahunze, ahubwo imitwe yitwaje intwaro yariyongereye, harimo n’iyashinzwe cyangwa ishyigikiwe na Leta. Si ibyo gusa, kuko itotezwa rishingiye ku bwoko ryatumye Abanyekongo b’Abatutsi bakomeza guhunga, iki kibazo kikaba ari na kimwe mu byatumye havuka umutwe wa M23, uvuga ko urwanira cyane cyane uburenganzira bw’ Abanyekongo bavuga ikinyarwanda.

HCR ivuga ko mu Rwanda hari impunzi z’Abanyekongo zisaga bihumbi mirongo irindwi na bitanu(75.000), zihamaze imyaka irenga 20, hakiyongeraho izibarirwa mu bihumbi birindwi(7.000) zaje kuva intambara yakubura muri Kivu y’Amajyaruguru. Uyu mubare kandi ukomeza kwiyongera kubera intambara n’ubushyamirane byabaye akarande mu burasirazuba bwa Kongo.

Leta y’u Rwanda ivuga ko itazakumira impunzi ziruhungiraho. Ikongeraho ariko ko uRwanda rudakwiye gukomeza kwikorezwa umuzigo w’impunzi z’Abanyekongo, mu gihe igihugu cyabo kidaha agaciro iki kibazo uko bikwiye, ndetse bamwe mu Banyekongo, barimo n’abategetsi, bakabita “Abanyarwanda basubiye mu gihugu cyabo”.

Nk’uko bisanzwe rero Kongo yongeye gusinya amasezerano izi neza ko itazayashyira mu bikorwa. Ikimenyetso ni uko kimwe mu by’ibanze bisabwa ngo impunzi zitahe, ari uko umutekano ubanza kugaruka aho abo bantu bari batuye, nyamara mu bice byinshi bya Kivu y’Amajyaruguru intambara iraca ibintu, imitwe y’abagizi ba nabi ntisiba kuvuka, kandi Leta nta mbaraga cyangwa ubushake igaragaza bwo kubihagarika.

Umwe mu mitwe ibuza amahwemo Abanyekongo ni FDLR igizwe n’abicanyi bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ukaba waranabibye ingengabitekerezo ya jenoside mu duce igenzura. Raporo nyinshi cyanye, zirimo iza Loni, zagaragaje ko FDLR ikorana n’ubutegetsi bwa Kongo, ikaba yarahawe rugari ngo yice inakize uwo ishaka.

Niba se n’abahanyanyaje bakaguma muri Kongo badasinzira kubera FDLR ibica, ikabasahura, igasambanya abagore ku ngufu, abahunze batinyuka bate gusubira muri uko kuzimu? Abarwanyi b’iyo FDLR kandi nibo ba Ingabire Victoire bita”impunzi” zikwiye kugirana imishyikirano na Leta y’uRwanda, zikagira ibyo zemererwa kugirango zibone gutaha. Ese iyo umuntu yafashe intwaro, akiyemeza kugaba ibitero ku gihugu yaturutsemo, nk’uko FDLR ihora ibikora, uwo muntu aba agifatwa nk’impunzi? Leta y’uRwanda ntihwema gushishikariza Abanyarwana bakiri impunzi gutaha, kuko Igihugu gihora kibategeye yombi.

Twibukiranya ko “guca burundu ikitwa ubuhunzi” biri mu mahame ya RPFF-Inkotanyi ifite ijambo mu buyobozi bw’uru Rwanda. Abadataha bafite impamvu zabo bwite, ariko biganjemo abasize bakoze ibyaha mu Rwanda, bakaba batinya ubutabera. Abo nabo ntibahejwe mu gihugu cyabo, kuko “ibyaye ikiboze irakirigata”.

Amasezerano avuguruye yo gucyura impunzi amaze gushyirirwaho umukono i Génève, ateganya ko mu kwezi kumwe abarebwa n’ayo masezerano bazahurira i Naïrobi muri Kenya, bakareba uko yatangira gushyirwa mu bikorwa. Ese Kongo izaba yashoboye gukemura ikibazo cy’umutekano, mu gihe ahubwo ababikurikiranitra habi bavuga ko bafite ubwoba ko uruvangitirane rw’ingabo z’amahanga, abacancuro n’imitwe yitwaje intwaro, rushobora gutuma ibintu birushaho kuba bibi mu burasirazuba bwa Kongo?

Mu by’ukuri gucyura impunzi muri ibi bihe birasa n’ibidashoboka. Ku ruhande rw’u Rwanda ayo masezerano yashyizweho umukono na Minisitiri ufite impunzi mu nshingano, Marie Solange Kayisire. Kongo yari ihagarariwe na Minisiriri w’Ububanyi n’Amahanga, Christophe Lutundula, naho ku ruhande rwa HCR hari Umuyobozi wayo,Filippo Grandi, ari nawe watumije iyi nama.

2023-05-16
Editorial

IZINDI NKURU

Muri Uganda kwicwa uzira ubusa ni ibisanzwe” Bobi Wine

Muri Uganda kwicwa uzira ubusa ni ibisanzwe” Bobi Wine

Editorial 13 Jul 2019
As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

Editorial 17 Oct 2021
FDLR, umwe mu mitwe yagarutsweho na Loni ikwiye kurandurwa burundu

FDLR, umwe mu mitwe yagarutsweho na Loni ikwiye kurandurwa burundu

Editorial 01 Mar 2018
Kayumba Nyamwasa akomeje gushinjwa  uburozi bwahitanye ikigarasha cyo muri RNC.

Kayumba Nyamwasa akomeje gushinjwa uburozi bwahitanye ikigarasha cyo muri RNC.

Editorial 10 Jul 2021
Muri Uganda kwicwa uzira ubusa ni ibisanzwe” Bobi Wine

Muri Uganda kwicwa uzira ubusa ni ibisanzwe” Bobi Wine

Editorial 13 Jul 2019
As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

Editorial 17 Oct 2021
FDLR, umwe mu mitwe yagarutsweho na Loni ikwiye kurandurwa burundu

FDLR, umwe mu mitwe yagarutsweho na Loni ikwiye kurandurwa burundu

Editorial 01 Mar 2018
Kayumba Nyamwasa akomeje gushinjwa  uburozi bwahitanye ikigarasha cyo muri RNC.

Kayumba Nyamwasa akomeje gushinjwa uburozi bwahitanye ikigarasha cyo muri RNC.

Editorial 10 Jul 2021
Muri Uganda kwicwa uzira ubusa ni ibisanzwe” Bobi Wine

Muri Uganda kwicwa uzira ubusa ni ibisanzwe” Bobi Wine

Editorial 13 Jul 2019
As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

Editorial 17 Oct 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru