• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)   |   13 Jun 2025

  • Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda     |   12 Jun 2025

  • Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye   |   12 Jun 2025

  • Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa   |   11 Jun 2025

  • Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru   |   11 Jun 2025

  • Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal   |   10 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Leta y’Afrika y’Epfo ifite nyungu ki mu gusuzugura Jenoside yakorewe Abatutsi?

Leta y’Afrika y’Epfo ifite nyungu ki mu gusuzugura Jenoside yakorewe Abatutsi?

Editorial 18 Dec 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Tariki 10 Ukuboza 2024, ubwo yashyikirizaga raporo y’imikorere Akanama ka Loni gashinze Amahoro ku Isi, Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego rushinzwe kurangiza imirimo yasizwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho uRwanda(IRMCT), Bwana Serge Brammertz, yongeye gushinja Leta y’Afrika y’Epfo ubushake buke mu gushyikiriza urwo rwego Fulgence Kayishema, ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Leta ya Perezida Cyril Ramaphosa irafatwa n’iyima agaciro abahohotewe muri iyo Jenoside yakorewe Abatutsi, mu gihe nyamara mu mpera z’umwaka ushize wa 2023, yashyikirije ikirego Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha(ICC), gishinja igihugu cya Israel gukorera Abanyapalestina Jenoside mu ntara ya Gaza. Aha rero niho abasesenguzi basanga Ramaphosa afite indimi nyinshi mu byo yita” kurwanya jenoside”, nk”aho Abanyapalestina batava amaraso nk’ay’Abatutsi.

Umwanzuro wa Loni wo ku itariki 08 Ugushyingo 1994, ushyiraho Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rw’Arusha( ICTR), utegeka ibihugu byose bigize Umuryango w’Abibumbye, n’Afrika y’Epfo irimo, gukorana n’urwo rukiko kugirango abagize uruhare bose muri Jenoside yakorewe Abatutsi bashyikirizwe ubutabera. Ibyo byaje no gushimangirwa muw’2010, mu mwanzuro ushyiraho IRMCT.

Kuva muw’2020, Umushinjacyaha Mukuru wa IRMCT ntiyahwemye kuvuga ko Afrika y’Epfo itubahiriza izi nshingano, biza no gutuma icyo gihugu cyikura mu isoni, maze tariki 24 Gicurasi 2023, gita muri yombi Fulgence Kayishema wari umaze igihe yidegembya muri Afrika y’Epfo.

Nk’uko ingingo ya 60 mu mategeko agenga IRMCT ibisobanura, iyo umuntu ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi afatiwe mu gihugu runaka, agomba guhita yoherezwa Arusha, muri gereza ya IRMCT. Iyi ngingo yashyizweho kugirango hatazagira igihugu cyitwaza ko nta tegeko gifite ricyemerera kohereza abo banyabyaha Arusha.

Mu rwego rwo gukwepa iyo ngingo, ubushinjacyaha muri Afrika y’Epfo bwahisemo gushinja Kayishema icyaha cyo “kunyuranya n’amategeko y’abinjira n’abasohoka muri Afrika y’Epfo”, bidafite aho bihuriye n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi IRMCT imukurikiranyeho.

Ibyo bihato rero byakomeje gutinza iyoherezwa rya ruharwa Kayishema mu butabera mpuzamahanga, none amezi arasaga 18 abategereje ko Kayishema aryozwa amaraso y’inzirakarengane yamennye, baraheze mu rungabangabo.

Ubwo ICTR yafungaga imiryango ariko hagashyirwaho Urwego rwa IRMCT ruzarangiza imirimo isigaye, yategetse ko abajenosideri bari bagishakishwa, barimo n’uyu Kayishema, abazafatwa nyuma ya 2010 bazajya boherezwa mu Rwanda. Kubera impamvu za politiki, hari ibihugu byanze kubohereza i Kigali, bituma muri Werurwe 2019 itegeko rivugururwa, ryemeza ko ahubwo bazajya bahita bajyanwa Arusha, nta kundi kugoragoza. Ibyo nabyo Afrika y’Epfo yarabyirwngagije, ikomeza gushyira imbere politiki yo kubangamira inyungu z’uRwanda n’Abanyarwanda.

Afrika y’Epfo, ubu iyobowe n’abirabura bamaze imyaka itabarika barakandamijwe na ba gashakabuhake. Ntibyumvikana rero uburyo abo birabura ari bo badaha agaciro akarengane karenze urugero Abatutsi bagiriwe, kugeza ubwo bakorewe Jenoside muw’1994.

Nk’aho ibyo bidahagije, ubu ingabo z’Afrika y’Epfo zoherejwe mu burasirazuba bwa Kongo, aho zifatanya n’igisirikari cya Leta ya Kongo n’indi mitwe y’abajenosideri nka FDLR, gutoteza Abatutsi b’Abanyekongo.

Amateka ashobora gutinda ariko agaca urubanza. Uyu munsi Ramaphosa n’ibyegera bye barumva amaraso y’Abatutsi nta gaciro afite, ariko ejo cyangwa ejobundi bashobora kuzabyicuza ntaho bakibigaruriye. Abafaransa baravuga ngo”Tout se paie ici bàs”, tugenekereje bikaba bivuze ko ingaruka z’ibikorwa byacu zitugeraho tukiri kuri iyi si.

Twigarukiye kuri Fulgence Kayishema, nk’uko impapuro za ICTR zo muw’2001 zisaba ko afatwa zibigaragaza, aregwa uruhare mu iyicwa ry’Abatutsi mu yahoze ari Komini Kivumu(Kibuye), by’umwihariko abasaga 2.000 bahiritsweho kiliziya ya Nyange.

Fulgence Kayishema w’imyaka 64 y’amavuko, yari umugenzacyaha aho muri Kivumu, ubu habaye mu Karere ka Ngororero.

Aregwa ubufatanyacyaha n’abandi bicanyi benshi, barimo Padiri Athanase Seromba na Gaspard Kanyarukiga bo urukiko rw’Arusha rwamaze guhamya ibyaha runabakatira ibihano binyuranye.

Undi ni Col.Jean Marie Vianney Nzapfakumunsi nawe wagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ahantu hanyuranye, by’umwihariko aho muri Kivumu, we akaba akidegembya mu Bufaransa.

2024-12-18
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Tshisekedi yagaragaje ubushake bwo gufatanya n’abaturanyi mu kurandura imitwe yitwaje intwaro

Perezida Tshisekedi yagaragaje ubushake bwo gufatanya n’abaturanyi mu kurandura imitwe yitwaje intwaro

Editorial 01 Jul 2019
Uganda: Lt Gen Andrew Gutti Uburanisha Gen Kayihura Ari Kuririra Mu Myotsi

Uganda: Lt Gen Andrew Gutti Uburanisha Gen Kayihura Ari Kuririra Mu Myotsi

Editorial 31 Aug 2018
Justus Kangwagye yagizwe umuhuzabikorwa w’ihuriro ry’Igihugu ry’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha

Justus Kangwagye yagizwe umuhuzabikorwa w’ihuriro ry’Igihugu ry’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha

Editorial 06 Mar 2016
Uganda: Uburakari nyuma yaho ingabo (UPDF) zitwikiye amazu 100 y’abaturage

Uganda: Uburakari nyuma yaho ingabo (UPDF) zitwikiye amazu 100 y’abaturage

Editorial 09 Feb 2018
Perezida Tshisekedi yagaragaje ubushake bwo gufatanya n’abaturanyi mu kurandura imitwe yitwaje intwaro

Perezida Tshisekedi yagaragaje ubushake bwo gufatanya n’abaturanyi mu kurandura imitwe yitwaje intwaro

Editorial 01 Jul 2019
Uganda: Lt Gen Andrew Gutti Uburanisha Gen Kayihura Ari Kuririra Mu Myotsi

Uganda: Lt Gen Andrew Gutti Uburanisha Gen Kayihura Ari Kuririra Mu Myotsi

Editorial 31 Aug 2018
Justus Kangwagye yagizwe umuhuzabikorwa w’ihuriro ry’Igihugu ry’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha

Justus Kangwagye yagizwe umuhuzabikorwa w’ihuriro ry’Igihugu ry’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha

Editorial 06 Mar 2016
Uganda: Uburakari nyuma yaho ingabo (UPDF) zitwikiye amazu 100 y’abaturage

Uganda: Uburakari nyuma yaho ingabo (UPDF) zitwikiye amazu 100 y’abaturage

Editorial 09 Feb 2018
Perezida Tshisekedi yagaragaje ubushake bwo gufatanya n’abaturanyi mu kurandura imitwe yitwaje intwaro

Perezida Tshisekedi yagaragaje ubushake bwo gufatanya n’abaturanyi mu kurandura imitwe yitwaje intwaro

Editorial 01 Jul 2019
Uganda: Lt Gen Andrew Gutti Uburanisha Gen Kayihura Ari Kuririra Mu Myotsi

Uganda: Lt Gen Andrew Gutti Uburanisha Gen Kayihura Ari Kuririra Mu Myotsi

Editorial 31 Aug 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru