• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda ruracyagaragaza umuhate mu gushaka amahoro mu karere k’Ibiyaga bigari   |   30 Jun 2025

  • APR BBC izahura na REG ku mukino wa nyuma wa shampiyona ya Basketball 2025, ni nyuma yo gusezerera Patriots BBC   |   30 Jun 2025

  • AMAFOTO: Serumogo Omar yongereye amasezerano muri Rayon Sports, Rushema Chris na Tambwe Gloire basinya amasazerano mashya   |   28 Jun 2025

  • Perezida Kagame yibereye mu Rugwiro, Interahamwe n’Ibigarasha birikirigita bigaseka   |   28 Jun 2025

  • AMAFOTO: Police Volleyball yafunguye irerero ryayo muri Lycée de Kigali   |   26 Jun 2025

  • Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi   |   25 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Letshego bank irashimirwa guteza imbere abakiriya bayo mu Rwanda

Letshego bank irashimirwa guteza imbere abakiriya bayo mu Rwanda

Editorial 29 Jul 2016 Mu Mahanga

Ikigo cy’imari cyitwa Letshego gifite icyicaro muri Botswana cyafunguye ishami mu Rwanda aho kiyemeje kwibanda ku iterambere ry’abaturage bataragerwaho na serivisi z’imari kikabafasha kugana mu cyerekezo cy’ubuzima bwiza..

Mukirango cyayo gikoze amashyiga atatu, letshego ifite intego zo guteza imbere ubuzima bw’abakiriya bayo n’abafatanyabikorwa bayo.

Umwe mu bakiliya ba letshego bank MUHIRE ushinzwe coperative y’ubwikorezi yitwa ’East African Cooperative of Transporters (EACT) avuga ko letshego yafashije bikomeye cooperative yabo mukugera ku nzozi bari bafite.

Agira ati: ” coperative yacu yari mu nzozi, mu kuyitangiza twarebaga andi mabanki kandi ntitwatekerezaga Letshego, twari dufite icyifuzo cyo kugera ku makamyo manini 120 ubu tumaze kugera ku makamyo 60 manini tubikesheje ubufatanye n’ubufasha bwa letshego,”

Muhire akomeza avuga ko banki bageragamo yose yabateraga utwatsi.

Ati: ” ariko aho twegereye letshego badufashije kugera ku mpamo z’inzozi twari dufite, baratugurije tugura amakamyo dufite kugeza uyu munsi afite ubushobozi bwo kwikorera toni 20, uyu munsi wa none tukaba duhagaze neza dukorana n’abubaka mu kubagezaho serivisi z’ubwikorezi mu buryo bwihuse,”

Muhire asaba Letshego kuba yava ku rwego rw’ikigo cy’imari iciriritse ikaba banki nk’izindi kugirango abakiriya benshi bayigane.

Mukiza Thierry nawe n’umukiriya wa letshego bank kuva mu myaka 15 ishize, akaba nawe ashima serivisi yagejejweho n’iyi banki ubu iri mu cyiciro cy’ibigo by’imari iciriritse.

Agira ati: ” dukoranye na letshego imyaka cumi n’itanu batuguriza amafaranga nta kutugora, twavuye mu mabanki menshi bakatwaka ingwate ntazo dufite uretse abagore n’abana bacu gusa,”

Mukiza avuga ko ubu amaze kwiyubakira inzu y’ibyumba bitatu na salo n’ubwiherero bubiri bw’imbere mu nzu amaze gutangira gufata inguzanyo muri letshego bank.

Mukiza akomeza agira ati: ” natangiriye ku nguzanyo y’ibihumbi maganatanu (500,000) ngura ikibanza i kinyinya kandi buri mwaka nkomeza kujya gufata indi nguzanyo kuri letshego, ubu ngeze ku musozo w’inzu yanjye y’ibyumba bitatu na salo n’ubwiherero bubiri bwo munzu imbere,”

Yongeraho ati:” uyu munsi wa none jyewe n’umuryango wanjye turashimira letshego bank,”

Minisitiri wurubyiruko n’ikoranabuhanga Jean Philibert Nsengimana wari witabiriye uyu muhango wo kumurika kumugaragaro ikirango gishya cya Letshego bank yashimiye letshego bank gukomeza guteza imbere urubyiruko babaha inguzanyo nta ngwate babasabye.

Agira ati: “kubona inguzanyo mu rubyiruko rwacu biracyari ikibazo, hamwe na letshego kubona amafaranga ntibikiri ikibazo mugihe ufite igitekerezo cy’umushinga ugiye gukora, ndashimira letshego bank gukomeza guteza imbere urubyiruko rwacu n’abanyarwanda muri rusange,”

Umuyobozi mukuru wa Letshego Kungu Gatabaki ashimira guverinoma y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa ba Letshego mu gushyigikira iki kigo cy’imari mu Rwanda.
Yijeje abakiriya ba Letshego ubufatanye na serivise zinoze mu kubafasha gutezimere ubucuruzi n’imishinga yabo.

-3410.jpg

Umuyobozi Mukuru wa Letshego Bank Joel Uwizeye Rwibasira amurika ikirango gishya cya Letshego Bank

-3411.jpg

-3412.jpg

-3413.jpg

-3414.jpg

Minisitiri wurubyiruko n’ikoranabuhanga Jean Philibert Nsengimana wari witabiriye uyu muhango wo kumurika kumugaragaro ikirango gishya cya Letshego bank

Yagize ati: “ Tugomba gusuzuma ko serivisi dutanga mu bihugu byose harimo n’u Rwanda zigera kubaturage zikanabanogera.”

Letshego ikorera mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika y’uburasirazuba n’amajyepfo, aribyo Botswana, Lesotho, Kenya, Mozambique, Namibia, Rwanda, Sudani y’epfo, Swaziland, Tanzania na Uganda.

Ubusanzwe Letshego ibarirwa mu bigo by’imari iciriritse ikaba yarasimbuye ikitwaga Rwanda Microfinance kuva mu mwaka wa 2004.

Elias Hakizimana

2016-07-29
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi iributsa abatwara abantu n’ibintu kutarenza igihe  cyo gushyira utugabanyamuvuduko mu modoka

Polisi iributsa abatwara abantu n’ibintu kutarenza igihe cyo gushyira utugabanyamuvuduko mu modoka

Editorial 29 Jan 2016
Inkunga Kongo yahawe ngo izahure ubuzima bw’abaturage, yishyuwe abaharabika u Rwanda.

Inkunga Kongo yahawe ngo izahure ubuzima bw’abaturage, yishyuwe abaharabika u Rwanda.

Editorial 18 May 2023
Polisi y’u Rwanda yagize  icyo itangaza ku modoka yahiriye ku Gishushu

Polisi y’u Rwanda yagize icyo itangaza ku modoka yahiriye ku Gishushu

Editorial 28 Feb 2016
Ignace Murwanashyaka wayoboraga FDLR yaguye mu Budage

Ignace Murwanashyaka wayoboraga FDLR yaguye mu Budage

Editorial 17 Apr 2019
Polisi iributsa abatwara abantu n’ibintu kutarenza igihe  cyo gushyira utugabanyamuvuduko mu modoka

Polisi iributsa abatwara abantu n’ibintu kutarenza igihe cyo gushyira utugabanyamuvuduko mu modoka

Editorial 29 Jan 2016
Inkunga Kongo yahawe ngo izahure ubuzima bw’abaturage, yishyuwe abaharabika u Rwanda.

Inkunga Kongo yahawe ngo izahure ubuzima bw’abaturage, yishyuwe abaharabika u Rwanda.

Editorial 18 May 2023
Polisi y’u Rwanda yagize  icyo itangaza ku modoka yahiriye ku Gishushu

Polisi y’u Rwanda yagize icyo itangaza ku modoka yahiriye ku Gishushu

Editorial 28 Feb 2016
Ignace Murwanashyaka wayoboraga FDLR yaguye mu Budage

Ignace Murwanashyaka wayoboraga FDLR yaguye mu Budage

Editorial 17 Apr 2019
Polisi iributsa abatwara abantu n’ibintu kutarenza igihe  cyo gushyira utugabanyamuvuduko mu modoka

Polisi iributsa abatwara abantu n’ibintu kutarenza igihe cyo gushyira utugabanyamuvuduko mu modoka

Editorial 29 Jan 2016
Inkunga Kongo yahawe ngo izahure ubuzima bw’abaturage, yishyuwe abaharabika u Rwanda.

Inkunga Kongo yahawe ngo izahure ubuzima bw’abaturage, yishyuwe abaharabika u Rwanda.

Editorial 18 May 2023
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru