• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Letshego bank irashimirwa guteza imbere abakiriya bayo mu Rwanda

Letshego bank irashimirwa guteza imbere abakiriya bayo mu Rwanda

Editorial 29 Jul 2016 Mu Mahanga

Ikigo cy’imari cyitwa Letshego gifite icyicaro muri Botswana cyafunguye ishami mu Rwanda aho kiyemeje kwibanda ku iterambere ry’abaturage bataragerwaho na serivisi z’imari kikabafasha kugana mu cyerekezo cy’ubuzima bwiza..

Mukirango cyayo gikoze amashyiga atatu, letshego ifite intego zo guteza imbere ubuzima bw’abakiriya bayo n’abafatanyabikorwa bayo.

Umwe mu bakiliya ba letshego bank MUHIRE ushinzwe coperative y’ubwikorezi yitwa ’East African Cooperative of Transporters (EACT) avuga ko letshego yafashije bikomeye cooperative yabo mukugera ku nzozi bari bafite.

Agira ati: ” coperative yacu yari mu nzozi, mu kuyitangiza twarebaga andi mabanki kandi ntitwatekerezaga Letshego, twari dufite icyifuzo cyo kugera ku makamyo manini 120 ubu tumaze kugera ku makamyo 60 manini tubikesheje ubufatanye n’ubufasha bwa letshego,”

Muhire akomeza avuga ko banki bageragamo yose yabateraga utwatsi.

Ati: ” ariko aho twegereye letshego badufashije kugera ku mpamo z’inzozi twari dufite, baratugurije tugura amakamyo dufite kugeza uyu munsi afite ubushobozi bwo kwikorera toni 20, uyu munsi wa none tukaba duhagaze neza dukorana n’abubaka mu kubagezaho serivisi z’ubwikorezi mu buryo bwihuse,”

Muhire asaba Letshego kuba yava ku rwego rw’ikigo cy’imari iciriritse ikaba banki nk’izindi kugirango abakiriya benshi bayigane.

Mukiza Thierry nawe n’umukiriya wa letshego bank kuva mu myaka 15 ishize, akaba nawe ashima serivisi yagejejweho n’iyi banki ubu iri mu cyiciro cy’ibigo by’imari iciriritse.

Agira ati: ” dukoranye na letshego imyaka cumi n’itanu batuguriza amafaranga nta kutugora, twavuye mu mabanki menshi bakatwaka ingwate ntazo dufite uretse abagore n’abana bacu gusa,”

Mukiza avuga ko ubu amaze kwiyubakira inzu y’ibyumba bitatu na salo n’ubwiherero bubiri bw’imbere mu nzu amaze gutangira gufata inguzanyo muri letshego bank.

Mukiza akomeza agira ati: ” natangiriye ku nguzanyo y’ibihumbi maganatanu (500,000) ngura ikibanza i kinyinya kandi buri mwaka nkomeza kujya gufata indi nguzanyo kuri letshego, ubu ngeze ku musozo w’inzu yanjye y’ibyumba bitatu na salo n’ubwiherero bubiri bwo munzu imbere,”

Yongeraho ati:” uyu munsi wa none jyewe n’umuryango wanjye turashimira letshego bank,”

Minisitiri wurubyiruko n’ikoranabuhanga Jean Philibert Nsengimana wari witabiriye uyu muhango wo kumurika kumugaragaro ikirango gishya cya Letshego bank yashimiye letshego bank gukomeza guteza imbere urubyiruko babaha inguzanyo nta ngwate babasabye.

Agira ati: “kubona inguzanyo mu rubyiruko rwacu biracyari ikibazo, hamwe na letshego kubona amafaranga ntibikiri ikibazo mugihe ufite igitekerezo cy’umushinga ugiye gukora, ndashimira letshego bank gukomeza guteza imbere urubyiruko rwacu n’abanyarwanda muri rusange,”

Umuyobozi mukuru wa Letshego Kungu Gatabaki ashimira guverinoma y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa ba Letshego mu gushyigikira iki kigo cy’imari mu Rwanda.
Yijeje abakiriya ba Letshego ubufatanye na serivise zinoze mu kubafasha gutezimere ubucuruzi n’imishinga yabo.

-3410.jpg

Umuyobozi Mukuru wa Letshego Bank Joel Uwizeye Rwibasira amurika ikirango gishya cya Letshego Bank

-3411.jpg

-3412.jpg

-3413.jpg

-3414.jpg

Minisitiri wurubyiruko n’ikoranabuhanga Jean Philibert Nsengimana wari witabiriye uyu muhango wo kumurika kumugaragaro ikirango gishya cya Letshego bank

Yagize ati: “ Tugomba gusuzuma ko serivisi dutanga mu bihugu byose harimo n’u Rwanda zigera kubaturage zikanabanogera.”

Letshego ikorera mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika y’uburasirazuba n’amajyepfo, aribyo Botswana, Lesotho, Kenya, Mozambique, Namibia, Rwanda, Sudani y’epfo, Swaziland, Tanzania na Uganda.

Ubusanzwe Letshego ibarirwa mu bigo by’imari iciriritse ikaba yarasimbuye ikitwaga Rwanda Microfinance kuva mu mwaka wa 2004.

Elias Hakizimana

2016-07-29
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umwongereza  mudasobwa n’ibindi bintu bye byari byibwe

Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umwongereza mudasobwa n’ibindi bintu bye byari byibwe

Editorial 24 Jun 2016
Umusifuzi w’umunyarwandakazi Mukansanga Salima yabaye umugore wa mbere uyoboye imikino y’abagabo mu gikombe cya Afurika

Umusifuzi w’umunyarwandakazi Mukansanga Salima yabaye umugore wa mbere uyoboye imikino y’abagabo mu gikombe cya Afurika

Editorial 19 Jan 2022
Real Madrid yanganyije na Chelsea mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League, PSG irakina na Manchester City.

Real Madrid yanganyije na Chelsea mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League, PSG irakina na Manchester City.

Editorial 28 Apr 2021
Muri Kenya abayobozi b’Imbuga nkoranyambaga baraburirwa kwirengera ingaruka z’inyandiko zibiba urwango mu gihe cy’Amatora

Muri Kenya abayobozi b’Imbuga nkoranyambaga baraburirwa kwirengera ingaruka z’inyandiko zibiba urwango mu gihe cy’Amatora

Editorial 25 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Karabaye! Umugambi wa Tshisekedi wo guhindura itegekonshinga uhuhuye Kongo n’ubundi yasambaga.
Amakuru

Karabaye! Umugambi wa Tshisekedi wo guhindura itegekonshinga uhuhuye Kongo n’ubundi yasambaga.

Editorial 24 Oct 2024
Casa Mbungo André wahawe gutoza AS Kigali aratangirira akazi ku ikipe ya Gasogi United mu mukino wa 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro – Uko imikino yose ikinwa
Amakuru

Casa Mbungo André wahawe gutoza AS Kigali aratangirira akazi ku ikipe ya Gasogi United mu mukino wa 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro – Uko imikino yose ikinwa

Editorial 26 Apr 2022
Leta ya Uganda  yatangiye gukoresha abatifuriza u Rwanda ineza
ITOHOZA

Leta ya Uganda  yatangiye gukoresha abatifuriza u Rwanda ineza

Editorial 17 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru