• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Netanyahu yageze mu Rwanda

Netanyahu yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 06 Jul 2016 Mu Mahanga

Ku isaha ya saa yine za mu gitondo nibwo Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu n’umufasha we Sara, basesekaye ku kibuga cy’indege cya Kigali bakirwa na Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame.

Netanyahu aje mu ruzinduko rw’umunsi umwe mu Rwanda, muri gahunda ye yo gusura ibihugu bya Afurika yatangiriye muri Uganda kuwa 4 Nyakanga arukomereza muri Kenya ejo kuwa Kabiri.

Mu bandi bakiriye Minisitiri Netanyahu ku kibuga cy’indege, harimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Monique Mukaruliza.

Nyuma yo kugera mu Rwanda, Netanyahu ari kumwe n’umugore we Sara, basuye urwibutso rwa jenoside ku Gisozi aho bashyize indabo ku mva zishyinguyemo imibiri y’inzirakarengane.

Ku rwibutso rwa Gisozi, Netanyahu yari aherekejwe na Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame.

Mu butumwa bwe nyuma yo kunamira inzirakarengane za jenoside, Netanyahu yanditse ko yababajwe n’ibyabaye mu Rwanda ndetse bidakwiye kuba ukundi.

Ati “Tubabajwe cyane n’amateka y’uru rwibutso ku bw’inzirakarengane z’icyaha gikomeye cyane binanyibutsa ihuriro na jenoside yakorewe abantu bacu. Ntibizongere ukundi.”

Urugendo rw’uyu muyobozi ukomeye ku Isi rwahinduye ibintu byinshi mu gihugu aho umutekano wakajijwe mu buryo butari busanzwe. Kuva ku kibuga cy’indege imihanda minini yose yerekeza mu mujyi rwa gati na Nyabugogo yafunzwe, imodoka zari zahagaritswe nta muntu n’umwe utambuka.

Biteganijwe ko ahita yerekeza muri Ethiopia

Israel yacuruzaga intwaro kuri Guverinoma yakoraga Jenoside babihagaritse muri Mata hagati Jenoside igeze kure.

Hari umuryango wajyanye n’ikirego mu rukiko usaba impapuro zigaragaza ubwo bucuruzi ariko muri Mata ishize (Mata 2016), urukiko rw’ikirenga rwa Israel rwafashe umwanzuro ko zitazigera zishyirwa hanze ngo kubera inyungu z’umutekano n’umubano hagati y’ibihugu byombi.

-3196.jpg

Netanyahu yakirwa na Perezida wa Repubulika Paul Kagame ku kibuga cy’indege cya Kigali

2016-07-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tumenye umutekamutwe John SIMBABURANGA ubeshya ngo mu Rwanda nta mutekano uhari, kandi yaratorotse ubutabera kubera ubujura.

Tumenye umutekamutwe John SIMBABURANGA ubeshya ngo mu Rwanda nta mutekano uhari, kandi yaratorotse ubutabera kubera ubujura.

Ubwanditsi 27 Jul 2021
Umwe mu ba “CDR” bakuru barimbuye Abatutsi ariwe Michel Bakuzakundi yapfuye adashyikirijwe ubutabera

Umwe mu ba “CDR” bakuru barimbuye Abatutsi ariwe Michel Bakuzakundi yapfuye adashyikirijwe ubutabera

Ubwanditsi 21 Jun 2021
Ruharwa Capt Sagahutu arahamagarira urubyiruko gusanga FDLR no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi kandi atunzwe na UN

Ruharwa Capt Sagahutu arahamagarira urubyiruko gusanga FDLR no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi kandi atunzwe na UN

Ubwanditsi 07 Aug 2024
Ladislas Ntaganzwa ushinjwa uruhare muri jenoside  yifashe yanga kugira icyo avuga mu rukiko

Ladislas Ntaganzwa ushinjwa uruhare muri jenoside yifashe yanga kugira icyo avuga mu rukiko

Ubwanditsi 04 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi : Imbonerakure  n’Interahamwe  nyinshi zambaye gisilikare zashyizwe ku mipaka y’u Burundi n’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Burundi : Imbonerakure n’Interahamwe nyinshi zambaye gisilikare zashyizwe ku mipaka y’u Burundi n’u Rwanda

Ubwanditsi 07 Mar 2018
Uwakoze Jenoside yarihiwe amashuri na FARG bimenyekana ageze muri kaminuza
ITOHOZA

Uwakoze Jenoside yarihiwe amashuri na FARG bimenyekana ageze muri kaminuza

Ubwanditsi 31 Oct 2017
Paris : Urujijo ni rwose  mu rubanza rwa Ngenzi na Barahira
ITOHOZA

Paris : Urujijo ni rwose mu rubanza rwa Ngenzi na Barahira

Ubwanditsi 09 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru