• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet

Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet

Ubwanditsi 07 May 2018 IKORANABUHANGA

Perezida Kagame muri iki gitondo ayoboye inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet hagamijwe kugera ku Iterambere Rirambye, hamwe n’uwo bafatanyije kuyobora iyi Komisiyo Carlos Slim, ndetse n’ubungirije akaba n’Umunyamabanga Mukuru wa ITU Houlin Zhao.

Iyi komisiyo ihuza abayobozi mu nzego zitandukanye z’abikorera, iza leta, abahagarariye za guverinoma n’imiryango mpuzamahanga, n’abaturutse mu bigo by’ubushakashatsi na za kaminuza kugira ngo bahurize hamwe ibitekerezo bagamije gushyiraho gahunda ihuriweho mu guteza imbere umurongo mugari wa internet mu nyungu rusange.

Ageza ijambo ku bitabiriye inama y’iyi komisiyo, Perezida Kagame yavuze ko kugira ngo Afurika igere ku bukungu yifuza, bisaba gushyiraho ibikorwa remezo bifasha mu gukwirakwiza umurongo mugari wa internet ukagera kuri buri wese mu bushobozi bwe.

Yagize ati: “Ukuri ni uko ikoranabuhanga dukoresha ahandi hose haba mu bucuruzi, mu burezi, no mu buzima, rishingiye kuri uyu murongo mugari wa internet. Ingano ya Afurika, imiterere yayo ndetse n’uburyo ituwe bituma tugomba gukoresha uburyo bw’ikoranabuhanga butandukanye kugira ngo tugeze umurongo mugari (ibyogajuru, fibre optic, telephone zigendanwa) kuri bose.Nitwe tugomba kuyobora izi mpinduka mu guhanga ibishya no gushyiraho gahunda n’uburyo kugira ngo umurongo mugari wihutishwe aho byatinze.”

Perezida Kagame kandi arageza ijambo ku bitabiriye umuhango utangiza Ihuriro ku Bukungu ribanziriza Inama ya Transform Africa, ryibanda ku buryo icyerekezo cy’Isoko Rihuriweho n’Ibihugu bya Afurika cyagerwaho hifashishijwe ikoranabuhanga.

Iyi nama y’iri huriro, biteganyijwe ko igaragaza ingamba zafatwa hagati y’ibihugu zigamije koroshya ishoramari ndetse n’amahirwe y’ubufatanye ahari ajyanye n’Isoko Rihuriweho n’Ibihugu bya Afurika. Amasezerano ashyiraho iri soko yashyizweho umukono n’ibihugu 44 bya Afurika, mu nama idasanzwe ya 10 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yabereye i Kigali Ku wa 21 Werurwe 2018.

Inama ya Transform Africa ibaye ku nshuro ya kane, ikaba ari inama ngarukamwaka yo ku rwego rwo hejuru ihuza abayobozi b’ibihugu na za guverinoma, abayobora ibigo by’ishoramari n’imiryango mpuzamahanga baturutse hirya no hino ku isi, kugirango bafatanyirize hamwe gutekereza ku buryo bushya bwo gushyiraho icyerekezo, kwihutisha no gusigasira impinduramatwara iriho ubu yo guteza imbere ikoranabuhanga ku mugabane wa Afurika.

2018-05-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibigo bitandatu byashoye imari ya miliyari 1.25$ muri Airtel Africa

Ibigo bitandatu byashoye imari ya miliyari 1.25$ muri Airtel Africa

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Hagiye gushyirwaho ikoranabuhanga rizajya ryemeza abemerewe gukora ibizamini by’akazi

Hagiye gushyirwaho ikoranabuhanga rizajya ryemeza abemerewe gukora ibizamini by’akazi

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Iran yahanuye drone ya gisirikare ya USA

Iran yahanuye drone ya gisirikare ya USA

Ubwanditsi 20 Jun 2019
Tecno yashyize ku isoko telefoni nshya Camon X na Camon X Pro zizanye ikoranabuhanga rigezweho

Tecno yashyize ku isoko telefoni nshya Camon X na Camon X Pro zizanye ikoranabuhanga rigezweho

Ubwanditsi 28 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day
Amakuru

Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day

Ubwanditsi 25 Oct 2021
Amafoto – Rayon Sports yasinyishije rutahizamu Musa Esunu wari uyoboye abandi muri shampiyona ya Uganda wanahise ahabwa nimero 7
Amakuru

Amafoto – Rayon Sports yasinyishije rutahizamu Musa Esunu wari uyoboye abandi muri shampiyona ya Uganda wanahise ahabwa nimero 7

Ubwanditsi 26 Jan 2022
Ibyo Utamenye ku Buzima n’Imibereho ya Ruharwa Kabuga Felicien ndetse n’Abamukingiye Ikibaba mu Myaka 26 Ishize, Byashyizwe Hanze na Netflix
Amakuru

Ibyo Utamenye ku Buzima n’Imibereho ya Ruharwa Kabuga Felicien ndetse n’Abamukingiye Ikibaba mu Myaka 26 Ishize, Byashyizwe Hanze na Netflix

Ubwanditsi 06 Aug 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru