• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»LIN MUYIZERE YAKORESHEJE IBIRORI BYO KWISHIMIRA IFUNGWA RYA INGABIRE VICTOIRE.

LIN MUYIZERE YAKORESHEJE IBIRORI BYO KWISHIMIRA IFUNGWA RYA INGABIRE VICTOIRE.

Editorial 16 Mar 2016 ITOHOZA

Byari ibirori by’akataraboneka mu mu gihugu cy’Ububiligi hishimirwa ifungwa rya Ingabire Victoire n’igihano yahawe n’ubutabera bw’u Rwanda.

Hari ku wa gatandatu w’icyumweru twashoje ubwo Lin Muyizere , umugabo wa Ingabire Victoire yateguraga ibirori by’akataraboneka mu mujyi rwagati I Bruxelles byo kwishimira ineza ubutabera bw’u Rwanda bwatanze ku mugore nyuma yo guhamwa n’ibyaha byose yaregwaga i byo kugambanira igihugu agamije kukibuza umudendezo no kurema umutwe w’abagizi ba nabi.

Mu buryo budasanzwe ariko nanone ku mpamvu ziza gusobanurwa, abantu batari bake baje kwiyumvira umugabo wishima ku mugore we, ntimugire ngo uko bwitabire hari ikindi bwari buhatse. Ikindi kandi abitabiriye ubwo butumire bari baje kwinywera no kwirira ku buntu dore ko hari harakozwe Fundraising mbere y’ibi birori habonekamo agatubutse bityo inzoga zihenze n’ibiryo bihenze ntawari gupfa kubivirira no kwibyinira nyuma yabyo maze ubuzima bugakomeza.

Mu masaha ya saa tatu n’indi minota ku isaha yo mu Bubiligi ( byari saa yine n’iyo minota ku isaha yo mu Rwanda ) nibwo uwo muhuro utaranzwe n’amagambo menshi cyane wari urimbanyije maze nyuma gato haza gutangwa ubutumwa busa nkaho bwishongora kuri Victore Ingabire aho umugabo we Lin Muyizere yavuze ko kuba umuntu wese yakosa agahanwa bikurikije amategeko nta kibazo kirimo. Yagize ati: “ Kuba umuntu wese yahanwa nta kibazo kirimo, nabatumiye hano rero ngo mbabwire ko uwari umugore wanjye amaze igihe ari gukosorwa n’ubutabera”.

Akigera kuri iri jambo abantu ntibihanganye bashwanyutse baraseka wumva bamwe bajujura bati: “Ibyo turabizi rwose, si bishya kuri twe kandi koko nta kibazo kirimo”.

Nuko kubera bamuciye mu ijambo kandi nawe wabonaga agatama kamaze kumugera neza mu ijigo yahise asoreza aho ariyicarira ubusabane burakomeza by’urwiyererutso ibiganza bishyirwa hejuru y’ibindi bitanga urusaku rusa no kumushimira kubyo yabateguriye batabimusabye.

Mugukomeza kw’ibyo birori, umwe mu banyarwanda bari babyitabiriye dore ko abenshi bari babijemo ari abo mu bihugu duhana imbibi yadutangarije ko hari ikintu kihishe inyuma y’uyu muhuro kuko ngo kuba Lin Muyizere yavuze ko uwari umugore we ari mu gihano ngo bihishe ibindi bintu byinshi. Yagize ati: “Wasanga hari undi yishumbushije cg se ateganya dore ko iruhande rwe hari umugore usa nkaho abyaye uburiza wamukoreraga buri kimwe cyose” .

Hakomeje guhwihwiswa ko ngo yaba ari mwene wabo ariko umwe mu bamuzi neza yavuze ko atari byo ahubwo ngo ari inshuti ye ikomoka mu gihugu kimwe kiri mu majyepfo y’u Rwanda nubwo ngo yakuriye kwa bene wabo muri Congo Kinshassa kandi bizwi cyane ko icyo gihugu gifite abantu benshi babarirwa mu Bubiligi.

Mu ma saa tanu ashyira saa sita( ubwo mu Rwanda byashyiraga saa saba) z’ijoro nibwo abantu bake bake batangiye kwikubura bitahira dore bari bamaze kugezaho( kurya no kunywa bihagije) basiga hari abandi bitegura kwimurira ibirori ahandi( After Party) ariko hakaba hari hataramenyekana neza.
Umuntu wese wahageze nta na kimwe yabuze kuko ibyo kurya no kunywa byari munangi. Yewe, kumenya ko bananogewe nibyo bateguriwe ngo nta n’uwigeze asoza ashimira abateguye ibirori kuko mu kabari ntawe ushimira cg se ngo asezere, buri wese wumvaga ashatse kwigendera yiyandurukiraga ntawe agishije inama.

-2483.jpg

Lin Muyizere n’inshuti ze bari kwinywera umuvinyo, umugore yihebye muri gereza

-2484.jpg

Ingabire Victoire

Uyu muhuro wanashojwe nta n’uwongeye kumva izina Ingabire Victoire mu kanwa ke cg se ak’abandi ahubwo buri wese yari yagezwe ku nzoka n’ibyo yahawe Dore ko n’uwasaga na nyiri ubwite mu kubitegura Lin Muyizere yari ari kwibyinira kamucerenge na wa mugore twaje kumenya nyuma ko yitwa BRIGITTE NIYUKURI .

Umusomyi wa Rushyashya Gitera Alpha

2016-03-16
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame arayobora Umuhango wo gusinya Imihigo ya 2018/2019 anasese Inteko Ishinga Amategeko

Perezida Kagame arayobora Umuhango wo gusinya Imihigo ya 2018/2019 anasese Inteko Ishinga Amategeko

Editorial 09 Aug 2018
Urwishe ya nka ruracyayirimo, RNC igeze ku buce , Serge Ndayizeye arasaba gukubirwa umushahara inshuro eshatu cyangwa akabivamo

Urwishe ya nka ruracyayirimo, RNC igeze ku buce , Serge Ndayizeye arasaba gukubirwa umushahara inshuro eshatu cyangwa akabivamo

Editorial 31 Oct 2019
RNC – ICYEGERANYO  : Kayumba Nyamwasa n’agaco ke muri Uganda ba komeje kuba Nyakamwe baricira inda kurwara.

RNC – ICYEGERANYO : Kayumba Nyamwasa n’agaco ke muri Uganda ba komeje kuba Nyakamwe baricira inda kurwara.

Editorial 01 Apr 2020
Impamvu  Rudasingwa atifuza RNC ya Kayumba ? Kayumba nawe ntiyifuze RNC  ya Rudasingwa

Impamvu Rudasingwa atifuza RNC ya Kayumba ? Kayumba nawe ntiyifuze RNC ya Rudasingwa

Editorial 29 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’Intebe wa Kongo yahawe isomo ry’uko ntawe ushobora kubeshya abantu bose, igihe cyose!
Amakuru

Minisitiri w’Intebe wa Kongo yahawe isomo ry’uko ntawe ushobora kubeshya abantu bose, igihe cyose!

Editorial 19 Oct 2024
Nta kinyoma Uganda itazashinja u Rwanda, Ubu noneho umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija wakorewe iyicarubozo bamuhinduye intasi y’u Rwanda
Amakuru

Nta kinyoma Uganda itazashinja u Rwanda, Ubu noneho umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija wakorewe iyicarubozo bamuhinduye intasi y’u Rwanda

Editorial 04 Jan 2022
Kugwa byahato nahano,kudasoza irushanwa imwe mu iturufu abanyarwanda bitwaje mu mikino Olempike
IMIKINO

Kugwa byahato nahano,kudasoza irushanwa imwe mu iturufu abanyarwanda bitwaje mu mikino Olempike

Editorial 23 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru