• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Loni yasabwe kugira icyo ikora ku mategeko arekura abahamwe na Jenoside yakorewe Abatutsi
Umucamanza Theodor Meron ushinjwa kurekura abahamijwe ibyaha bya Jenoside

Loni yasabwe kugira icyo ikora ku mategeko arekura abahamwe na Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 14 Feb 2018 POLITIKI

Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego rwasimbuye Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriwho u Rwanda (MICT), Dr Serge Brammertz, yavuze ko bandikiye Umuryango w’Abibumbye basaba ko hasuzumwa ibyemezo byafatiwe bamwe mu bahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi bakarekurwa ibihano byabo bitarangiye.

Amwe mu mategeko y’inkiko za Loni yemera ko uwahamijwe ibyaha umaze 2/3 by’igihano yahawe kandi yaritwaye neza, iyo bisuzumwe ashobora kurekurwa.
Iri tegeko ni ryo ryifashishijwe n’umucamanza uyobora MICT, Theodor Meron, arekura bamwe mu bari barakatiwe kubera uruhare rwabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uyu mugabo ni we uheruka kurekura Nahimana Ferdinand washinze Radio RTLM na Padiri Rukundo Emmanuel.

Iki cyemezo cyaje gikurikira ibindi byagiye bifatwa na Meron, birimo kugira abere abashinjwa gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kugabanyiriza ibihano bamwe nka Col Théoneste Bagosora, Col Nsengiyumva Anatole n’abandi.

Ibi byemezo ntibyashimishije imiryango iharanira inyungu z’abarokotse Jenoside mu Rwanda.

Mu kiganiro umushinjacyaha Brammertz yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Kabiri ubwo yari yaje kuganira na mugenzi we w’u Rwanda, yavuze ko na bo ibyemezo byagiye bigirwamo uruhare na Meron byabateye impungenge.

Brammertz yavuze ko mu myaka ibiri ishize bandikiye Loni basaba ko amwe mu mategeko agenderwaho mu kurekura uwahamwe n’ibyaha ahinduka cyangwa hagira urekurwa agashyirirwaho amabwiriza ntarengwa.

Yagize ati “Ikibazo kiriho ubu ni irekurwa mbere ry’abahamwe n’ibyaha. Ndumva neza impamvu imiryango y’abarokotse itishimiye ko abahamwe n’ibyaha bya Jenoside barekurwa bamaze kumara bibiri bya gatatu by’igihano bahawe. Ibiro byanjye mu myaka ibiri ishize byasabye ko bihinduka.”

Yakomeje agira ati “ Biracyaganirwaho n’abacamanza, nibura uwarekuwe mbere yuko igihano cye kirangira agashyirwaho amabwiriza kandi rimwe muri ayo mabwiriza rikaba kudahakana Jenoside cyangwa kudashimagiza ibyaha yakoze.”

Biherutse kuvugwa ko umucamanza Meron yasabye kongerewa andi masezerano y’imyaka itanu ku yo yari asanganywe yagombaga kurangirana n’uyu mwaka.

Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe kurwanya Jenoside (CLNG) iheruka gusaba ko Umucamanza Meron akurwaho icyizere nyuma y’ibyemezo bitandukanye yagiye afata bikagaragara nko gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Brammertz yavuze ko atagira icyo avuga ku kongerera Meron amasezerano ngo kuko bikorwa n’Umunyamabanga Mukuru wa Loni, icyakora agaragaza ko impungenge z’abarokotse Jenoside azumva.

Meron w’imyaka 87 yagizwe Perezida wa MICT bwa mbere ku wa 1 Werurwe 2012 aza guhabwa manda ya kabiri ku wa 1 Werurwe 2016. Iyi manda igomba kurangira ku wa 30 Kamena uyu mwaka, ategereze ko yongera kwemezwa nk’umucamanza muri uru rwego.

Mu bindi byemezo yagiye afata ntibyakirwe neza n’u Rwanda harimo nko kugira abere abakekwaho uruhare rukomeye mu gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi nka Zigiranyirazo Protais, Mugenzi Justin, Mugiraneza Prosper, Gen Ndindiriyimana Augustin, Major Nzuwonemeye François Xavier n’abandi.

2018-02-14
Editorial

IZINDI NKURU

Kinshasa yabujije imyigaragambyo ariko Rassemblement ntibikozwa

Kinshasa yabujije imyigaragambyo ariko Rassemblement ntibikozwa

Editorial 28 Nov 2017
Museveni ngo natsindwa amatora ashobora gusubira mu ishyamba

Museveni ngo natsindwa amatora ashobora gusubira mu ishyamba

Editorial 09 Jan 2016
Bobi Wine mu rukiko yavuze ko aticuza

Bobi Wine mu rukiko yavuze ko aticuza

Editorial 02 May 2019
Imyaka 50 irashize Habyarimana afashe ubutegetsi, Ivangura ryaburanze

Imyaka 50 irashize Habyarimana afashe ubutegetsi, Ivangura ryaburanze

Editorial 30 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko bazimya umuriro w’Amatora!
Mu Mahanga

Uko bazimya umuriro w’Amatora!

Editorial 19 Oct 2016
Zari ari kubyinira ku rukoma kubera ibihe mukeba we Hamisa Mobetto arimo
Mu Mahanga

Zari ari kubyinira ku rukoma kubera ibihe mukeba we Hamisa Mobetto arimo

Editorial 20 Oct 2017
Burundi: Abarimu bategetswe gutanga umushahara wose w’ukwezi mu kigega cy’amatora yo muri 2020
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Abarimu bategetswe gutanga umushahara wose w’ukwezi mu kigega cy’amatora yo muri 2020

Editorial 28 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru