• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Lt Gen Kamanzi yatangiye ubutumwa bwe nk’Umuyobozi w’Ingabo za UNMISS

Lt Gen Kamanzi yatangiye ubutumwa bwe nk’Umuyobozi w’Ingabo za UNMISS

Editorial 30 May 2017 Mu Rwanda

Intumwa idasanzwe y’Umunyamabanga wa Loni muri Sudani y’Epfo ari na we ukuriye ubutumwa bw’uyu muryango muri iki gihugu, David Shearer kuwa Mbere yatangaje ko Umunyarwanda Lt Gen Frank Mushyo Kamanzi yatangiye akazi ke nk’ n’Umuyobozi Mukuru w’Ingabo za UNMISS.

Kamanzi yashinzwe iyi mirimo n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres ku itariki 6 Mata uyu mwaka.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Loni, bavuga ko Gen Kamanzi ayoboye ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro zigera ku 17,000 zavuye mu bihugu 55 bitandukanye.

Ngo ashinzwe gutanga raporo ye ku muyobozi mukuru ushinzwe ubu butumwa kandi ashinzwe ibikorwa byose bya gisirikari bifasha manda y’ubu butumwa mu kurinda abaturage.

Mbere yo gushingwa iyi mirimo, Lt. Gen Frank Mushyo Kamanzi yari umuyobozi w’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye n’iz’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika ziri mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Darfur muri Sudani (UNAMID); imirimo yashinzwe kuva mu Kuboza 2015.

-6712.jpg

Lt Gen Frank Mushyo Kamanzi

Lt. Gen. Mushyo Kamanzi agiye kuri uyu mwanya afite ubunararibonye bw’imyaka isaga 28 amaze mu gisirikare haba mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga, hakiyongeraho kandi ubunararibonye afite mu buyobozi bwa gisirikare.

Mu 2012 Lt. Gen. Mushyo yabaye Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka mu Rwanda, ari na wo mwanya yari akiriho kugeza ubu.

Yabaye kandi umuyobozi w’Ishuri rikuru rya gisirikare (Rwanda Military Academy) kuva mu 2010 kugeza mu 2012.

Si ubwa mbere Gen. Mushyo agiye mu butumwa muri iki gihugu kuko mu 2006 kugeza mu 2007, yabaye Umugaba wungirije w’Ingabo z’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe mu butumwa bw’amahoro muri Sudani.

Gen Mushyo Kamanzi afite impamyabumenyi z’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye n’umutekano w’igihugu, yakuye muri Kaminuza izobereye mu kwigisha iby’umutekano ya ‘National Defence University’ y’i Washington DC, akagira n’impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu bijyanye n’ubuhinzi yakuye muri kaminuza ya Makerere i Kampala muri Uganda.

Yize kandi amasomo ya gisirikare mu mashuri ya gisirikare y’ahitwa Jaji muri Nigeria (Armed Forces Command and Staff College), hamwe n’iryo mu mujyi witwa Nanjing mu Bushinwa.

U Rwanda ubu rufite ingabo zibungabunga amahoro mu butumwa bwa UNMISS zigera ku 1800.

2017-05-30
Editorial

IZINDI NKURU

Abanyarwanda icyenda bagejeje Leta ya Uganda mu rukiko

Abanyarwanda icyenda bagejeje Leta ya Uganda mu rukiko

Editorial 14 Aug 2019
Amafoto: Musanze FC yakoze imyitozo ya mbere yibanze yo kongerera abakinnyi imbaraga, Seninga uyitoza avuga ko bafite akazi gakomeye we n’abasore be.

Amafoto: Musanze FC yakoze imyitozo ya mbere yibanze yo kongerera abakinnyi imbaraga, Seninga uyitoza avuga ko bafite akazi gakomeye we n’abasore be.

Editorial 20 Apr 2021
Ibanga ryo gutora : Kwikiza cyangwa Gukiza Amatora

Ibanga ryo gutora : Kwikiza cyangwa Gukiza Amatora

Editorial 10 Jul 2017
Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi

Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi

Editorial 26 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa FERWAFA De Gaulle Nzamwita yasabiwe gufungwa imyaka itatu
Mu Mahanga

Perezida wa FERWAFA De Gaulle Nzamwita yasabiwe gufungwa imyaka itatu

Editorial 06 Jun 2016
Burundi : Uwari wafashwe n’Imbonerakure yoze Rweru akira ageze ku butaka bw’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Burundi : Uwari wafashwe n’Imbonerakure yoze Rweru akira ageze ku butaka bw’u Rwanda

Editorial 17 Sep 2019
Uganda: Ikigo cy’itangazamakuru cya leta cyaciwe miliyoni Shs 80 kuko cyanze kwamamaza Besigye
Mu Mahanga

Uganda: Ikigo cy’itangazamakuru cya leta cyaciwe miliyoni Shs 80 kuko cyanze kwamamaza Besigye

Editorial 27 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru