• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Madame wa Perezida wa Bénin yasuye Isange One Stop Center

Madame wa Perezida wa Bénin yasuye Isange One Stop Center

Editorial 09 Nov 2016 Mu Mahanga

Madame wa Perezida wa Bénin, Nyakubahwa Talon Claudine, ku itariki 8 Ugushyingo yasuye Isange One Stop Center ya Kacyiru, akaba yari aherekejwe na mugenzi we w’u Rwanda, Nyakubahwa Jeanette Kagame.

Aba bombi bahageze bakiriwe n’Umuyobozi wa Laboratwari ya Polisi y’u Rwanda (KFL) Commissioner of Police (CP) Dr Daniel Nyamwasa; wababwiye ndetse abasobanurira ibyo iki Kigo gishinzwe.

Yavuze ko giha ubufasha butandukanye abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina ndetse n’abana bahohotewe burimo kubasuzuma, kubavura no kubagira inama zirimo izijyanye n’amategeko, kandi yongeraho ko ibyo byose bikorwa ku buntu.

Bamaze kubwirwa serivisi za Isange One Stop Center, abo bashyitsi beretswe aho zitangirwa; harimo aho abana bakirirwa, ahakirirwa abantu bakuru, n’ahakorera abagenzacyaha.

Umuyobozi wa Laboratwari ya Polisi y’u Rwanda (KFL), CP Dr Nyamwasa yabwiye Madame wa Perezida wa Bénin ko iki Kigo cyashyizweho mu 2009 ku bufasha bwa Madame wa Perezida w’u Rwanda, Jeanette Kagame, abinyujije mu Imbuto Foundation.
Yavuze ko gitangira cyakiraga hagati y’abantu batatu na bane ku munsi, naho ubu kikaba cyakira abagera ku icumi ku munsi.

Yagize ati:”Ukwiyongera kw’imibare ntibivuga ko ibyaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana byiyongereye; ahubwo byatewe n’uko abarikorerwa basigaye babivuga; bitandukanye na mbere aho abantu bumvaga kubivuga ari amahano. Ihinduka ry’iyo myumvire ryatewe n’ubukangurambaga bukorwa hirya no hino mu gihugu aho abantu basabwa kwirinda iki cyaha no gufatanya kugikumira.”

CP Dr Nyamwasa yabwiye abo bashyitsi ko kugeza mu cyumweru gishize iki Kigo cyari kimaze guha serivisi abagera ku 14, 350. Yavuze ko 72 % byabo ari abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina; muri bo 82 % bakaba bari hagati y’imyaka itanu na 18 y’amavuko, naho 18 % bakaba bari munsi y’imyaka itanu y’amavuko.

Yongeyeho ko 10 % by’abo kimaze kwakira ari abakekwa gukora ibi byaha, aha akaba yaragize ati:”Na bo tubaha ubufasha kubera ibibazo batewe n’ihohoterwa bakoze, iyo birangiye bashyikirizwa izindi nzego zibishinzwe.”
Yakomeje ababwira ko abasigaye bakorewe ihohoterwa ryo mu ngo ririmo irishingiye ku mutungo.

CP Dr Nyamwasa yabwiye abo bashyitsi ko Isange One Stop Center igenzurwa na Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’izindi nzego zirimo Minisiteri y’ubuzima, iy’Ubutabera na Minisiteri y’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango.

Amaze kwerekwa no gusobanurirwa serivisi z’iki Kigo, Nyakubahwa Talon Claudine yanditse mu gitabo cy’abashyitsi amagambo agira ati:”Iki gikorwa ni ingirakamaro; kandi ni urugero rwiza mu bijyanye no kwita ku bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina kimwe n’abana bahohotewe.”

-4612.jpg

Madame wa Perezida wa Bénin, Nyakubahwa Talon Claudine arikumwe na Madame Jeannette Kagame

Abo bashyitsi basuye kandi Ishyirahamwe ry’abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina badoda ibintu bitandukanye birimo imipira y’imbeho, aba bakaba ari bamwe mu bahawe serivisi na Isange One Stop Center.

Mbere yo kuhava, Madame wa Perezida w’u Rwanda, Nyakubahwa Jeanette Kagame yabemereye ubufasha nk’uko asanzwe abikora.

RNP

2016-11-09
Editorial

IZINDI NKURU

Ku mva ya Radio Mowzey Hubatswe inzu izajya ikorerwamo amasengesho

Ku mva ya Radio Mowzey Hubatswe inzu izajya ikorerwamo amasengesho

Editorial 05 May 2018
RIB yasimbuye CID izaba ikora nka FBI yitezweho kunoza iperereza

RIB yasimbuye CID izaba ikora nka FBI yitezweho kunoza iperereza

Editorial 15 Nov 2016
Ntibitangaje kuba abajenosideri n’abana babo bifuza ko “IBUKA-MEMOIRE ET JUSTICE” isenyuka, kuko uyu muryango ubambika ubusa mu ruhame

Ntibitangaje kuba abajenosideri n’abana babo bifuza ko “IBUKA-MEMOIRE ET JUSTICE” isenyuka, kuko uyu muryango ubambika ubusa mu ruhame

Editorial 03 Dec 2021
Rubavu: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bashyizeho amahuriro 17 yo gukumira ibyaha

Rubavu: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bashyizeho amahuriro 17 yo gukumira ibyaha

Editorial 12 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Gen.Wilson Irategeka wa FLN ruramugera amajanja
INKURU NYAMUKURU

RDC: Gen.Wilson Irategeka wa FLN ruramugera amajanja

Editorial 18 Dec 2019
Umutoza Masudi Djuma watoje Rayon Sports ndetse na AS Kigali yagizwe umutoza wa Dodoma Jiji yo muri Tanzania
Amakuru

Umutoza Masudi Djuma watoje Rayon Sports ndetse na AS Kigali yagizwe umutoza wa Dodoma Jiji yo muri Tanzania

Editorial 25 Feb 2022
Leta y’u Rwanda yibukije Amerika ikibazo nyamukuru ku mutekano muke ukomeje kurangwa mu burasirazuba bwa Kongo
Amakuru

Leta y’u Rwanda yibukije Amerika ikibazo nyamukuru ku mutekano muke ukomeje kurangwa mu burasirazuba bwa Kongo

Editorial 19 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru