• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»RIB yasimbuye CID izaba ikora nka FBI yitezweho kunoza iperereza

RIB yasimbuye CID izaba ikora nka FBI yitezweho kunoza iperereza

Ubwanditsi 15 Nov 2016 Mu Mahanga

Guverinoma yabwiye abadepite ko imikorere y’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza (RIB) rwasimbuye icyitwaga CID muri Polisi y’Igihugu, izarushaho kunoza amapereza no kurwanya ibyaha bikomeye birimo iby’iterabwoba n’iby’ikoranabuhanga.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera Ushinzwe ibyerekeye Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Uwizeyimana Evode, kuri uyu wa Mbere, ni we wagejeje ku Nteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite ishingiro ry’Umushinga w’Itegeko rishyiraho RIB, rikanagena inshingano, ububasha, imiterere n’imikorere byarwo.

Uwizeyimana Evode yasobanuye ko nubwo batafashe buri kimwe cyose ku mikorere ya FBI ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ariko RIB ruzaba ari urwego rukora nka yo nubwo ubushobozi atari bumwe.

Yavuze ko inshingano z’ingenzi uru rwego ruzaba rufite ari ugukumira no kubuza ikorwa ry’ibyaha bishobora guhungabanya umutekano w’igihugu, ibikorwaremezo, abantu n’imitungo yabo; Gukora ipereza rigamije gushakisha, guhagarika no kuburizamo ibyaha biri gukorwa cyangwa bishya;

Gusesengura, gusuzuma no kubika neza amakuru y’ibyavuye mu ipereza n’ibimenyetso; Gushakisha no gufata abenegihugu n’abanyamahanga bakekwaho ibyaha n’abahunze kubera gukora ibyaha hakurikijwe amategeko y’igihugu ndetse n’amategeko mpuzamahanga; Gushyiraho no gushyira mu bikorwa ingamba zigamije kurwanya iterabwoba no gukora iperereza rijyanye na ryo mu rwego rwo kurirwanya;

Guhuza ibikorwa by’imirimo y’Ubugenzacyaha no kunganira Ubushinjacyaha ku bakekwaho ibyaha uretse ku bijyanye no gukurikirana abasirikare bakekwaho ibyaha.

Umunyamabanga wa Leta yabwiye abadepite ko mu mikorere y’uru rwego, izaba itandukanye n’iya CID yasabaga ko uyikoramo aba ari umupolisi. Muri RIB, ho hazajya haba harimo abasivile, bagiye bafite ubumenyi butandukanye.

RIB izaba ikorera muri Minisiteri y’Ubutabera, Uwizeyimana yavuze ko Guverinoma yizeye ko bizanoza akazi k’ubutabera.

Yagize ati “Bizihutisha imikorere y’inzego z’ubutabera, cyane cyane hagati y’Ubushinjacyaha n’Ubugenzacyaha. Iperereza n’ikurikiranacyaha rizajya ryihutishwa”.

Uwizeyimana Evode yakomeje avuga ko uru Rwego rw’Igihugu rw’Iperereza, rwitezweho umusaruro ukomeye, nubwo n’ubusanzwe amaperereza yakorwaga.

Yagize ati ”Turasanga bizafasha igihugu mu guhangana cyane cyane ibyerekeranye n’ikoranabuhanga, n’iterabwoba, bikaba bizoroshya kandi n’itangwa rya serivise zakenerwaga mu Bugenzacyaha.”

Yahamije ko mu ikorwa ry’amadosiye hari ingero zagiye ziboneka zikorwa nabi, uretse n’iz’imbere mu gihugu hakaba n’izoherezwaga mu mahanga zisaba gufata abantu, abayoherejwe bakabonamo inenge.

-4667.jpg

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera Ushinzwe ibyerekeye Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Uwizeyimana Evode

Yavuze ko hari icyaha cyashoboraga kuba, dosiye igakorwa nabi muri CID, bikagorana kuyiburana mu rukiko, kuko iperereza ry’ibanze ibimenyetso bimwe na bimwe byazimiye.

Ishyirwaho rya RIB, asobanura ko ubwigenge bwayo buzatuma n’amadosiye akorwa neza, biturutse no ku bumenyi butandukanye bw’abakoramo.

Akomeza avuga ko nubwo RIB izaba ari yo ifite inshingano z’iperereza ku byaha, ntibikuraho ko hakomeza kubaho ubufatanye bw’inzego mu nzego z’umutekano buzakomeza bukabaho.

Yatanze urugero ko umuntu apakiye urumogi akarwambutsa umupaka, ingabo z’igihugu zishinzwe kurinda imipaka ntizamwihorera. Ibyo bikaba kimwe n’umupolisi wo mu ishmi ryo mu muhanda ubonye icyaha.

Uretse n’izo nzego z’umutekano, n’undi wese yakora inyandiko kugira ngo ibimenyetso bitazimira, noneho bigashyikirizwa RIB, izaba ikoranira hafi n’Ubushinjacyaha.

Hagati aho, Uwizeyimana asobanura gukora neza akazi k’iperereza, kazunganirwa na Rwanda Law Enforcement Academy, hazajya higishwamo amasomo arimo n’amaperereza.

Umushinga w’Itegeko rishyiraho iki kigo, na wo Umunyamabanga wa Leta yawuzaniye rimwe n’uwa RIB.

Umunyamabanga wa Leta yasobanuye ko Rwanda Law Enforcement Academy, ari ikigo na cyo cyitezweho kongera ubumenyi ku bapolisi n’abatari bo . Muri ryo shuri abarisohokamo bakazanahabwa impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza.

Inama y’abaminisitiri yo kuwa 10 Kanama 2016, ni yo yemeje ivugurura ry’Inzego za Polisi y’Igihugu n’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa no guhindura, binashyirwa muri Minisiteri y’Ubutabera. Ni muri iyo nama kandi, hasohotsemo umwanzuro w’ishyirwaho rya ‘Rwanda Investigation Bureau’ na ‘Rwanda Law Enforcement Academy.

Abadepite batoye ishingiro ry’imishinga Guverinoma yabazaniye, ikaba izajya gusuzumirwa muri komisiyo.

Source: Izubarirashe

2016-11-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Police Handball Club yatsinze ES Urumuri

Police Handball Club yatsinze ES Urumuri

Ubwanditsi 26 Sep 2016
Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryagaruje amafaranga asaga miliyoni 400 y’imisoro mu mezi ane ashize

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryagaruje amafaranga asaga miliyoni 400 y’imisoro mu mezi ane ashize

Ubwanditsi 22 Nov 2016
Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi, Smaragde Mbonyintege aritana bamwana na IBUKA na Tom Ndahiro

Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi, Smaragde Mbonyintege aritana bamwana na IBUKA na Tom Ndahiro

Ubwanditsi 30 Jun 2016
Uganda: Umupolisi yafashwe yibye inka 2 azitwaye muri ‘pandagari’

Uganda: Umupolisi yafashwe yibye inka 2 azitwaye muri ‘pandagari’

Ubwanditsi 03 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo  ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda
ITOHOZA

Uganda : Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda

Ubwanditsi 21 Feb 2017
Mu gihe urubanza rwa Paul Rusesabagina  rukomeje, bamwe mu bamushyigikiye cyane b’Abanyamerika bashobora nabo kujyanwa mu  nkiko
Amakuru

Mu gihe urubanza rwa Paul Rusesabagina  rukomeje, bamwe mu bamushyigikiye cyane b’Abanyamerika bashobora nabo kujyanwa mu  nkiko

Ubwanditsi 12 Mar 2021
Perezida Lungu yijeje guta muri yombi abakekwaho jenoside bahungiye muri Zambia
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida Lungu yijeje guta muri yombi abakekwaho jenoside bahungiye muri Zambia

Ubwanditsi 22 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru